Imikino y’umunsi wa kane muri Shampiona ya Volleyball, isize IPRC y’Amajyepfo iyoboye urutonde, aho ikurikiwe na Gisagara iri gukina umwaka wa mbere muri Shampiona
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 muri Volleyball, u Rwanda kuri uyu wa Kane rurakina na Kenya itsinda ibone itike y’igikombe cy’isi.
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Séminaire Karubanda, Rwanda Revenue, UTB na GS Officiel de Butare ni zo zegukanye imyanya ya mbere
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu anatoza Volleyball muri Petit Seminaire ya Karubanda, abize muri icyo kigo bageze ku mukino wa nyuma uba kuri iki cyumweru
Nyuma y’iminsi amarushanwa yo Kwibuka Rutsindura wahoze akina akanatoza Volleyball, kuri uyu wa Gatandatu no ku cyumweru arasubukurwa i Huye
Mu mikino isoza Shampiona y’icyiciro cya mbere muri Volleyball izwi nka "Carré d’As", Rwanda Revenue na INATEK (UNIK) ni zo zegukanye ibikombe.
Mu mikino ya Playoffs yabereye i Kirehe muri shampiyona ya Volleyball,ikipe ya UNIK yahoze yitwa INATEK yatsinzwe n’amakipe yose itwara igikombe nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya mbere.
Ikipe ya Rwanda Revenue Authority yatsinze Shams yo mu Misiri maze ihita ibona itike yo gukina 1/2 mu gikombe cy’Afurika kiri kubera muri Tunisa
Kuri uyu wa kane nibwo imikino ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika y’abagore ikomeza, aho Rwanda Revenue ihura na Elshams yo mu Misiri ku i Saa Kumi n’imwe
Ikipe ya Rwanda Revenue ihagarariye u Rwanda ihagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Afurika kiri kubera muri Tunisia, itsinze Ndejje ya Uganda ihita ibona itike ya 1/4
Ikipe ya Rwanda Revenue authority irasabwa gutsinda umukino umwe ikerekeza muri 1/4 mu gikombe cy’Afurika kiri kubera muri Tunisia
Nyuma y’uko amakipe azakina igikombe cy’Afurika cya Volleyball mu bagore ashyiriwe mu matsinda,ikipe ya Rwanda Revenue irakina umukino wa mbere kuri uyu wa gatandatu
Mu mukino utari witabiriwe cyane nk’uko byari bimaze iminsi bigenda,APR yatsinze Rayon Sports amaseti 3-0 muri Shampiona ya Volleyball mu mukino wabereye Petit Stade Amahoro
Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports idakiniye umukino wa Shampiona wagombaga kuyihuza na Kirehe taliki ya 20/02/2016,ngo ishobora gufatirwa ibihano
Hagamijwe kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wahoze ayobora ishuri GSOB, muri iri shuri habaye imikino ya Volleyball kuva tariki 13-14 Gashyantare 2016.
Ikipe y’inteko ishinga amategeko yatsinze EALA yerekeza ku mukino wa nyuma mu mikino ihuza inteko zishinga amategeko muri Afrika y’ibirasirazuba
Intara ya Rhénanie Palatina irashima imibanire myiza ifitanye n’akarere ka Kirehe iyo ntara ikizeza akarere kuyishakira ikipe yagirana umubano n’ikipe ya Kirehe.
Mu ikipe y’igihugu ya Volleyball igomba kwerekeza mu mikino nyafurika izabera muri Congo-Brzzaville,byatunguranye ubwo Ndamukunda Flavien na Ntagengwa Olivier batagaragayemo
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volleyball,yatsinze ikipe y’igihugu ya Kenya bigoranye amaseti 3-2,mu rwego rwo guhatanira imyanya kuva ku wa 5 kugeza ku wa 7 mu gikombe cy’Afrika kiri kubera muri Egypt.
Ku munsi wa kabiri w’igikombe cy’Afrika,u Rwanda rwatsinze umukino warwo wa mbere,aho bihimuriraga ku birwa bya Maurice (Mauritius),nyuma y’aho bari batsindiwe ku mukino wa mbere na Maroc.
Ku munsi wa mbere w’igikombe cy’Afrika mu mukino w’intoki wa Volleyball kiri kubera muri Egypt,ikipe y’igihugu y’u Rwanda ntiyabashije kwivana imbere ya Maroc,aho yayitsinze amaseti atatu ku busa
Nyuma yo gushyirwa mu itsinda rya mbere rigaragaramo ibihugu bisanzwe bikomeye,umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball Paul Bitok yatangaje ko kugira ngo babashe gukomeza byibuze bibasaba gutsinda imikino itatu muri iryo tsinda,aho bagomba guhera kuri Maroc kuri uyu wa gatatu
Imikino ya Kamarampaka“Playoffs” ya Volleyball ihuza amakipe ane yitwaye neza mu cyiciro cya mbere cya Shampiyona kuri iki cyumweru tariki 05 Nyakanga 2015 yabereye mu karere ka Kirehe birangira amakipe yose uko ari ane atakaje amanota.
Ikipe ya INATEK VC yahagaritse umuvuduko w’ikipe ya Rayon Sports VC yari imaze gukina imikino 18 kuva uyu mwaka wa 2015 itaratsindwa,aho yayitsindaga amaseti 3-1 mu mukino w’ikirarane wabereye mu karere ka Ngoma kuri uyu wa Gatandatu
Shampiona y’umukino w’intoki wa Volleyball irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho imikino ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo yamaze gushyirwa mu cyumweru gitaha.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutsinda APR Volleyball Club ku mukino wa nyuma w’irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994,nyuma yo kuyitsinda Amaseti 3-2 mu mukino wabereye kuri Petit Stade Amahoro kuri iki cyumweru.
Ku mataliki ya 06 na 07/06/2015 mu Rwanda harabera irushanwa ryo kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,aho mu mukino w’Intoki wa Volleyball by’umwihariko baza guhemba amakipe atatu ya mbere haba mu Bagabo ndetse no mu Bagore
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mukino w’intoki wa Volleyball irakomeza mu mpera z’iki cyumweru aho amakipe ahanganiye ku mwanya wa mbere ariyo Rayon Sports na INATEK ziza kuba zisobanura mu mukino uzabera muri INATEK
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakatishije itiki yo kwerekeza mu mikino nyafurika (All African games)izabera muri Congo Brazza-Ville ihagarariye akarere ka gatanu nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu amaseti atatu kuri abiri.
Ikipe y’igihugu ya Kenya, imwe mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’akarere ka Gatanu rizabera mu Rwanda kuva 02/05 kugeza 06/05/2015 yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi izazana mu Rwanda.