Ku wa gatandatu tariki 01/12/2012 nibwo irushanwa rya Volleyball rigamije kurwanya Malaria rizaba rigeze muri ½ cy’irangiza, umukino ukomeye cyane ukazahuza APR VC na KVC.
APR Volleyball Club mu rwego rw’abagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu rwego rw’abagore, nizo zegukanye igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Carré d’AS), yasozwe ku cyumweru tariki 21/10/2012 kuri stade ntoya i Remera.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012, nibwo hatangira irushanwa rihuza amakipe ane yabaye aya mbere muri shampiyona ya volleyball (Carre d’As) mu bagabo no mu bagore.
Ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball kuwa mbere tariki 03/09/2012 yasoje urugendo rwayo mu mikino Paralempike irimo kubera i London mu Bwongereza.
Ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball iri i Londres mu Bwongereza mu mikino Paralympique ikinwa n’abamugaye izatangira tariki 29/08/2012, ngo ntabwo yizeye kuzegukana umudari bitewe n’amakipe akomeye ari kumwe nayo mu itsinda.
Ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball y’abakobwa batarengeje imyaka 19, yabonye itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Canada, nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu irushanwa nyafurika ryasorejwe i Lome muri Togo tariki 01/07/2012.
Amarushanwa y’umukino wa Volleyball ukinirwa ku mucanga (Beach Volley) yaberaga mu karere ka Rubavu yarangiye u Rwanda rwegukanye umwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Algeria.
U Rwanda rwatsinzwe na Afurika y’Epfo mu mukino wa mbere wa Beach Volleyball mpuzamahanga y’abagore irimo kubera i Rubavu, ruhita rusezererwa. Rusigaje gukina imikino yo guhatanira imyanya myiza mu irushanwa.
Ubwo imikino mpuzamahanga ya Beach Volleyball y’abagore iza kuba itangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa kane tariki 24/05/2012 i Rubavu, ikipe y’u Rwanda ni yo itangira amarushanwa ikina na Afurika y’Epfo.
Mu mikino ya nyuma y’amajonjora mu irushanywa rihuje amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, ikipe y’abagore ya Rwanda Revenue Authority (RRA) yabonye itike ya ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya KCB amaseti 3-1.
Ikipe ya Volleyball y’abakobwa ya Rwanda Revenue Authority, igiye guhaguruka mu Rwanda yerekeza muri Kenya, yiyemeje kuzitwara neza mu marushanwa azahuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore, ku mugabane wa Afurika.
Ikipe ya APR Volleyball Club yatahukanye umwanya wa 10 mu mikino yahuzaga amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, yaberaga i Sousse muri Tunisia.
APR Volleyball Club ihagarariye u Rwanda i Sousse muri Tuniziya mu mikino uhuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, ikomeje gushakisha uko yagera muri ¼ cy’irangiza, nyuma yo gutsinda umukino umwe mu mikino ibiri imaze gukina.
Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda bakina mu gihugu cya Algeria, baravuga ko hari amakipe y’i Burayi na Aziya ari kubarambagiza ku buryo bashobora kwerekeza mu Bufaransa, cyangwa se mu Buyapani, bitewe n’uburyo bakomeje kwigaragaza.
U Rwanda rwatorewe gutegura no kwakira imikino ya nyuma ihuza amakipe y’ibihugu by’Afurika mu mukino wa Volleyball y’abagore iteganyijwe kuba muri Gicurasi uyu mwaka.
Umukinnyi w’ikipe ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda akaba n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Adolphe Mutoni, aratangaza ko niba nta gihindutse mu minsi ya vuba ashobora kwerekeza mu gihugu cy’ubufaransa kwivuza imvune yagize mu ivi kuko kwivuza mu Rwanda byananiranye.
Urwunge rw’amashuri rya Butare (GSO Butare) rwateguye irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari umuyobozi w’iryo shuri, Padiri Kayumba Emmanuel. Iryo rushanwa rizaba mu mpera z’iki cyumweru.
Abakinnyi ba Volleyball bakiri batoya cyane cyane abakiri mu mashuri bashimishijwe n’irushanwa ryo kurwanya Malaria ryateguwe n’ishyirahamwe ry’umukino waVolleyball mu Rwanda ifatanyije na Imbuto Foundation kuko bahavanye ubumenyi bwinshi no gutinyuka amarushanwa.
Nyuma yo kubona Visa ibemerera kujya gukina mu gihugu cya Algeria, Kwizera Pierre Marshal na Ndamukunda Flavien, bazahaguruka mu Rwanda kuri icyi cyumweru, tariki 05/02/2012, bagiye gukinira Al Milia yo muri icyo gihugu.
Umukinnyi ukinira ikipe y’igihugu ya volley ball ndetse n’iya Nyanza Volleyball, Kwizera Pierre Marshal, ubu arimo gushakisha ibyangombwa ngo ajye gukina muri Algeria.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye na Imbuto Foundation bateguye amarushanwa ya Volleyball mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo gukangurira abaturage kurwanya Malaria bakoresha inzitiramubu.
Ikipe ya Ndamukunda Flavien na Mutesi Leon niyo yegukanye igikombe mu marushanwa ya Beach volley yabereye i Karongi tariki 24/12/2011.
APR volleyball Club y’abagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) ni zo zegukanye igikombe cya Shampiyona na Carré d’As kuri iki cyumweru mu mikino yabereye kuri Petit Stade i Remera.
Nyuma y’imikino y’amajonjora yatangiye muri Werurwe, impaka z’abegukana ibikombe bya shampiyona muri volleyball zirakemuka mu mpera z’iki cyumweru. Amakipe 4 ya mbere , mu bagabo n’abagore arahatanira imyanya ine ya mbere. Imikino izatangira ku wa gatandatu tariki ya 22 Ukwakira 2011 isaa munani, isozwe ku cyumweru.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Ukwakira 2011 mu nzu y’imikino y’abamugaye i Remera hatangiye imyitozo y’ikipe y’igihugu ya sitting volleyball aho barimo kwitegura imikino nyafurika izabera i Kigali.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball yo ku mucanga yamaze gusezererwa mu mikino yaberaga muri Maroc, igamije gushaka itike yo kuzakina imikino Olympique izabera i Londres mu mwaka utaha.
Amakipe 2 ya APR y’abagore ndetse n’abagabo ni yo yegukanye agace ka 5 ka shampiyona ya Volleyball ndetse kakaba ari nako ka nyuma.