Nyuma y’ikipe ya Rayon Sports yatangiye itsinda Gasogi United ibitego 2-1, ku wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2023, shampiyona ya “Rwanda Premier League yarakomeje hakinwa n’ubundi imikino y’umunsi wa mbere.
Ikipe ya Muhazi United yahize ari Rwamagana yamuritse abakinnyi izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2023/2024, yiha intego zo kuza mu makipe atandatu ya mbere
Mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali Pelé Stadium mu irushanwa rya CAF Champions League mu mukino w’ijonjora ry’ibanze, ikipe ya APR FC yanganyije na Gaadiidka FC yo muri Somalia igitego 1-1 mu mukino ubanza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwateguye inama ihuza abafatanyabikorwa bakorera muri aka Karere mu kubereka ibikorwa bya Etincelles FC no kuyishyigikira mu marushanwa ya shampiyona.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze iya Gasogi United ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, ihita inafata umwanya wa mbere. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu Triki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium.
Kuri uyu wa Gatanu kuri Kigali Pele Stadium saa moya z’ijoro ikipe ya Gasogi United irakira Rayon Sports mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024.
Ikipe ya Rayon Sports yabonye umutoza mushya wungirije, Mohamed Wade, ugiye gusimbura Rwaka Claude wajyanywe mu ikipe y’abagore.
Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ukinwa umuntu agenda bisanzwe, ugakinwa n’abakuze, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi (World Nations Cup) kizabera mu Bwongereza, kikaba kizaba kibaye bwa mbere.
Aruna Majaliwa ntabwo yagaragaye mu mukino w’Igikombe kiruta ibindi 2023, Rayon Sports yatsinzemo APR FC 3-0 ku wa Gatandatu, kubera ko atari yabona ibyangombwa byuzuye.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsinze APR FC ibitego 3-0, mu mukino w’igikombe kiruta ibindi (Super Cup 2023), wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Umunya-Senegal akaba n’umukinnyi w’ikipe ya Al Nassr FC, Sadio Mane, ni we uyoboye abandi bakinnyi b’umupira w’amaguru b’Abanyafurika bahembwa amafaranga menshi.
Kuri uyu wa Gatandatu saa cyenda z’amanywa kuri Kigali Pelé Stadium hateganyijwe umukino w’Igikombe kiruta ibindi ‘Super Cup’, uhuza APR FC na Rayon Sports aho abatoza ku mpande zombi bavuga ko uza kuba ari umukino ukomeye.
Manishimwe Djabel wari kapiteni wa APR FC, ari mu muryango winjira mu ikipe ya Mukura VS nk’intizanyo.
Ku wa 5 Kanama 2023, ubwo Mukura VS yizihizaga imyaka 60 imaze ibayeho, umunyezamu wayo Ssebwato Nicholas yongeye kwerekana ko ari umwe mu beza akuramo penaliti ya rutahizamu wa APR FC.
Umunya-Espagne Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi, kuri uyu wa 8 Kanama 2023 yasezeye ku mirimo ye.
Ku wa Mbere tariki 7 Kanama 2023, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko Kalisa Adolphe Camarade ari we Munyamabanga Mukuru waryo.
Ikigega Iterambere Fund gicungwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibigega by’Imigabane ku Ishoramari mu Rwanda (Rwanda National Investment Trust-RNIT), gikomeje kwegera aba siporutifu mu rwego rwo gukomeza kubashishikariza ibyiza byo kwizigamira, bateganyiriza ejo hazaza kandi bidasabye gushora byinshi, Rayon Sports ikaba ishima (…)
Ibirori by’umunsi w’igikundiro kubakunzi ba Rayon Sports byasojwe nabi nyuma yo gutsindwa na Police Kenya 1-0.
Ku wa Gatandatu tariki 05 Kanama 2023 kuri Sitade Mpuzamahanga ya Huye, ikipe ya Mukura VS yanganyije na APR FC mu mukino wa gicuti wari wateguwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 60 Mukura VS imaze ibayeho.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Kanama 2023 ubwo ikipe ya Mukura VS yizihizaga VS imyaka 60 ibayeho ubuyobozi bwatangaje ko mu ngamba nshya harimo gutwara shampiyona ndetse no gutangiza ikipe y’abagore mu byiciro bitadukanye by’imyaka.
Kuri uyu wa Kane tariki 3 Nyakanga 2023, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije umukinnyi ukina hagati mu kibuga, Rashid Kalisa wakiniraga AS Kigali.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Umunye-Congo, Héritier Luvumbu yayigarutsemo, nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe w’imikino wa 2022-2023 yari afite.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe ya APR FC yatsinze Marine FC ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti byatsinzwe na Victor Mbaoma.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri yanganyije na Gorilla FC 1-1 mu mukino wa gicuti wa kabiri wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Mu gihe habura iminsi 17 ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ya 2023-2024 itangire, amakipe arimo Police FC yatangiye gukina imikino ya gicuti mu rwego rwokwitegura umwaka w’imikino.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina na Kenya Police FC ku munsi w’Igikundiro nyuma y’uko Loto-Popo FC yo muri Benin itabonetse.
Iradukunda Bertrand wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports, yasinyiye Musanze FC amasezerano y’imyaka ibiri, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 30 Nyakanga 2023.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize ahagaragara uko amakipe azahura muri shampiyona ya 2023-2024. Ni shampiyona izatangira tariki ya 18 Kanama 2023, gahunda yashyizwe hanze na FERWAFA igaragaza ko ku munsi wa mbere ikipe ya Rayon Sports izakirwa na Gasogi United kuri Kigali Pelé Stadium saa moya (…)
Kuri iki Cyumweru kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino wa gicuti na Vital’o FC banganya 2-2.
Gatera Edmond usanzwe ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA, yagizwe Umuvugizi n’ushinzwe Itumanaho mu ikipe ya Mukura Victory Sport yo mu Karere ka Huye.