Umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, Rayon Sports yagombaga kwakirwamo na Al Hilal Benghazi muri Libya, wasubitswe kubera ibiza.
Kuri uyu wa Gatatu ,Umuyobozi w’Ikipe ya APR FC Lt Col Richard Karasira yavuze ko koko abakozi bayo batatu bafunzwe kubera ibirimo amarozi bakurikiranyweho. Ibi Umuyobozi Mukuru yabyemereje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cy’iyi kipe ku Kimihurura aho abajijwe impamvu ikipe itigeze ibitangaza ku (…)
Umusifuzi mpuzamahanga Uwikunda Samuel ni we munyarwanda ugaragara ku rutonde rw’abasifuzi impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatangaje bagiye kwitegura igikombe cya Afurika 2023.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya aho igiye gukina umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup 2023-2024.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda isoje imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku mwanya wa nyuma, nyuma yo kunganya na Senegal i Huye
Ku wa Gatanu tariki 8 Nzeri 2023, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Kiyovu Sports 3-0 ku mukino wa nyuma w’Irushanwa rya RNIT Savings Cup, ryasorejwe kuri Kigali Pelé Stadium inakuraho imyaka ine yari imaze itayitsinda.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko kujya gukina n’ikipe ya Al Hilal Benghazi mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup bizatwara arenga Miliyoni 70 Frw. Ibi byatangajwe na Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidèle, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru aho yavuze ko urugendo barwiteguye neza.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yageze mu Karere ka Gisagara kuri uyu wa Kane tariki 07 Nzeri 2023 aho igiye gucumbika ikomeza kwitegura umukino uzayihuza na Senegal.
Ikipe ya Rayon Sports ubwo yasusurutsaga abatuye i Nyanza mu Majyepfo ihakinira n’ikipe ya Al-Merrikh SC yo muri Sudan tariki ya 3 Nzeri 2023, abakunzi ba Rayon Sports bahabwa umukoro wo kurwanya ihohoterwa mu miryango n’irikorerwa abangavu.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ku munsi wayo wa kabiri yakoze imyitozo ikomeza kwitegura Sénégal mu mukino usoza imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023.
Muri Espagne, Guverinoma igiye gusaba urukiko rwa siporo guharika Perezida wa Federasiyo y’umupira w’amaguru muri icyo gihugu, Luis Rubiales, nyuma yo gusoma ku munwa umukobwa w’umukinnyi, akamusomera mu ruhame, abikoze ku ngufu batabyemeranyije.
Amakipe ane arimo Rayon Sports na Kiyovu Sports agiye guhurira mu irushanwa ryateguwe mu rwego rwo gushishikariza abantu kwizigamira, rigatangirira i Ngoma kuri uyu wa Kabiri
Kuri iki Cyumweru,ikipe ya Police FC yakiriye Mukura VS kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona banganya 1-1.
Kuri uyu wa Gatandatu ku bibuga bitandukanye hakiniwe imikino itanu y’umunsi wa gatatu wa shampiyona waranzwe no gutsindwa 4-0 kwa Kiyovu Sports.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Musanze yatsinze umukino wa gatatu yikurikiranya
Kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nzeri 2023, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije n’Amagaju FC igitego 1-1, mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Umunya-Norvège, Erling Halaand, yahembwe nk’umukinnyi mwiza i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2022-2023, Pep Guardiola ahembwa nk’umutoza mwiza.
Abakinnyi 25 bagiye kwitegura umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 uzahuza Amavubi na Senegal ku wa 9 Nzeri 2023, bahamagawe. Ni abakinnyi bahamagawe n’abatoza b’agateganyo bayobowe na Gérard Buscher bashyizweho nyuma y’uko uwari umutoza mukuru Carlos Alos Ferrer asezereye, uyu Mufaransa akaba afatanyije (…)
Ku wa Kane tariki 31 Kanama 2023 i Monaco mu Bufaransa habereye tombola y’amatsinda ya UEFA Champions League 2023-2024 yasize Manchester United ihuriye mu itsinda rimwe na Bayern Munich.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles yo mu Karere ka Rubavu, butangaza ko bwatangiye gutegura inzira yo kwitunga nyuma y’uko amafaranga ikoresha iyahabwa n’Akarere ka Rubavu, kandi hari igihe aba adahagije.
Ku wa 29 Kanama 2023, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere(RDB) na Minisiteri ya Siporo, basobanuye icyo u Rwanda ruzungukira mu masezerano y’imyaka itanu ruheruka gusinyana n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage.
Nyuma y’impaka z’aho umukino w’u Rwanda na Senegal ugomba kubera, byemejwe ko uzabera mu Rwanda
Ku wa Mbere tariki 28 Kanama 2023, ikipe ya APR FC yatsindiye Police FC kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0, mu mukino wayo wa mbere wa shampiyona ya 2023-2024.
Guverineri Mushya w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yaryohewe n’intsinzi y’ikipe ya Musanze FC, nyuma y’uko itsinze iya Bugesera 1-0, mu mukino wabereye kuri sitade Ubworoherane tariki 26 Kanama 2023.
Ikipe ya Rayon Sports inganyije na Gorilla FC 0-0, mu mukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona, umukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage yasinyanye amasezerano y’imyaka itanu n’u Rwanda agamije guteza imbere umupira w’amaguru n’ubukerarugendo
Ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ‘Rwanda Premier League’ yarakomeje, ahakinwe imino 4 ku ngengabihe isanzwe, aho amakipe ya Musanze FC, Sunrise FC, Mukura VS&L na Kiyovu Sports yitwaye neza.
Ikipe ya APR FC isezereye ikipe ya Gaadiidka FC yo muri Somalia ku giteranyo cy’ibitego 3-1 nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino wo kwishyura.
Umutoza w’Ikipe yo muri Saudi Arabia ya Al-Hilal witwa Jorge Jesus yavuze ko Umunya-Brazil w’icyamamare mu by’umupira w’amaguru, Neymar Junior, agomba gutegereza nibura ukwezi kumwe akabona gutangira muri iyo kipe ye nshya, kubera ko afite imvune.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n’umurundi Eric Mbirizi wari uyimazemo umwaka, impande zombie zikaba zabyumvikanyeho