Shema Ngoga Fabrice,Umukandida rukumbi uri kwiyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda yavuze ko imwe mu migabo n’imigambi afite uko ikipe itwaye shampiyona y’icyiciro cya mbere izajya ihembwa miliyoni 80 Frw zivuye kuri 25 Frw.
Ikipe ya Young Africans iri mu Rwanda kuva ku munsi wejo ku wa Gatatu, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ruruhukiyemo imibiri y’abasaga ibihumbi 250 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Irerero rya Dream Team Academy ryinjiye mu mikoranire n’irya JOSCEEFA muri gahunda yo guha imyitozo yihariye abakinnyi batandukanye kuri serivisi yishyurwa, haherewe ku bakiri bato bazaba bari mu biruhuruko mu Ukuboza 2025.
Umufana ukomeye cyane wa APR FC n’Amavubi, Munyaneza Jacques(Rujugiro ), yasezeranye na Uwimana Dovine mu bukwe bwacuranzwemo indirimbo z’iyi kipe yihebeye.
Ikipe ya APR FC ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, yatomboye Pyramids FC mu ijonjora ry’ibanze Total Energies CAF Champions League.
Ikipe ya Rayon Sports yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania mu mikino ya Total Energies CAF Confederation Cup 2025-2026.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yamuritse umwambaro izajya ikoresha yakiriye imikino mu mwaka w’imikino 2025-2026.
Kuri uyu wa gatanu mu Karere ka Bugesera kuri stade Bugesera, ubuyobozi bw’aka karere ndetse n’ikipe ya Bugesera FC, basinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Poultry East Africa Limited.
Kuri uyu wa Gatanu, Ikipe ya Rutsiro FC yasezeye rutahizamu Habimana Yves wasinyiye Rayon Sports.
Kuri uyu wa Gatanu, Rutahizamu w’Umunya-Uganda, Emmanuel Okwi yasinyiye ikipe ya Police FC.
Ikipe ya Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Gorilla FC mu karere ka Ngoma igitego 1-0 mu mukino wa kabiri muri itatu iteganya gukina mbere yo kwakira Yanga SC mu Munsi w’Igikundiro tariki 15 Kanama 2025.
Kuri uyu wa Gatatu, ubuyobozi bwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) bwatangaje Jules Karangwa yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa wayo.
Komite Nyobozi nshya y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda, iheruka gutorwa ivuga ko izibanda mu gukorera abanyamuryango ishyira imbere imiyoborere myiza ndetse ikanibanda mu gusigasira impano ziri muri uyu mukino.
Umuyobozi w’Ikipe ya APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko atazi niba ubwoba ari bwo bwatumye kugeza ubu Rayon Sports yaranze kuzitabira igikorwa cyiswe Inkera y’Abahizi bayitumiyemo n’andi makipe atandukanye arimo AZAM FC.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yatandukanye n’umutoza Seninga Innocent wari umaze iminsi 20 atangije imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026, izakomezwa na Lomami wamaze gusinya amasezerano nk’umutoza wungirije.
Kuri uyu wa Kabiri, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda(RDF) bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bukurikiranye mu butabera, aba ofisiye babiri hamwe n’abasivile 20 bakurikiranweho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.
Kuri uyu wa Kabiri, Mugisha Bonheur ukina hagati mu kibuga yugarira yatangajwe nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Al Masry SC mu Misiri avuye muri Stade Tunisien yo muri Tunisia, nyuma yo kwifuzwa na Esperance Sportive de Tunis nayo yo muri iki gihugu.
Mukanemeye Madeleine wari umukunzi ukomeye wa Mukura VS n’umupira w’amaguru muri rusange yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Ikipe ya APR FC yatangaje ko izakina na Power Dynamos yo muri Zambia, ku Munsi w’Igitinyiro uteganyijwe tariki 17 Kanama 2025.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports ibifashijwemo na Bigirimana Abedi na Mohamed Chelly yatsinze Gasogi United ibitego 2-0, mu mukino wa gicuti wabereye mu Karere ka Nyanza.
Mu gihe habura amasaha macye ngo imikino ihuza amabanki (Banks) umwaka wa 2025 itangire ku nshuro ya gatandatu, umubare munini w’abakinnyi bahoze bakina nk’ababigize umwuga, biganje muri iri rushanwa.
Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango wa Rayon Sports ihagarariwe na Paul Muvunyi yatumije Inteko Rusange igomba kuba muri Kanama 2025, Perezida w’Umuryango Twagirayezu Thaddée asubiza ko nta mwanya wo kuyitegura uhari yashyirwa muri Nzeri 2025.
Mu gihe Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino 2025-2026, iravugwamo kutumvikana hagati y’ubuyobozi bwayo bukomeje kwitana ba mwana, haba mu miyoborere no mu kibuga mu gihe nyamara bwaje bwitezweho ibisubizo birambye.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze AS Muhanga yagarutse muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere uyu mwaka, ibitego 4-0, mu mukino wa gicuti wabereye kuri Sitade ya Muhanga kuri uyu wa 27 Nyakanga 2025.
Nyuma y’uko ku wa 25 Nyakanga 2025, itsinda ryari rikuriwe na Hunde Walter ryivanye mu matora y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kubera kubura ibyangombwa, Rurangirwa Louis wari kuzayobora imisifurire yatabaje Perezida Paul Kagame avuga ko harimo uburiganya.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje Umurundi Abedi Bigirimana nk’umukinnyi wayo mushya nyuma y’ibiganiro byari bimaze amezi abiri.
Hunde Rubegesa Walter n’itsinda yari afatanyije na ryo kwiyamamamariza kuzayobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda mu matora ateganyijwe muri Kanama 2025, bakuyemo kandidatire yabo.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Muhazi United yemeje Rubona Emmanuel nk’umutoza wayo mushya.
Amakipe ya Rutsiro FC na Rayon Sports yumvikanye na Rayon Sports ku igurwa rya rutahizamu Habimana Yves.