Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire William Togui Mel na myugariro Nduwayo Alex wakiniraga Gasogi United.
Umukinnyi Ntarindwa Aimable wakiniraga Mukura VS hagati mu kibuga yugarira, yumvikanye na Rayon Sports kuzayikinira kugeza mu mpeshyi ya 2027.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umunyezamu Drissa Kouyate ikanongerera amasezerano rutahizamu Biramahire Abeddy.
Amakipe ya Rayon Sports na APR FC azahabwa arenga miliyoni 143 Frw kubera kwitabira imikino Nyafurika.
Ikipe igizwe n’abarimo Emmanuel Arnold Okwi, Hakizimana Muhadjili yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Esperance Football Tournament.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yasubiye ku ivuko , ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi aho yavukiye mu 1993 mu birori byo kwizihiza igihe imaze byateguwe n’abafana bigahuza n’umunsi wo Kwibohora.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Mohamed Chelly ukomoka muri Tunisia wazanywe n’umutoza Afahmia Lotfi.
Rutahizamu ukomoka muri Portugal, Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana ari hamwe n’umuvandimwe we bazize impanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026 igaragaramo Bugingo Hakim, Iraguha Hadji na Fitina Omborenga bavuye kuri Rayon Sports.
Amakipe ya Brazil igizwe na Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjili na Young Boys irimo umunyezamu Kwizera Olivier zasanze Golden Generation na Native Sports muri 1/2 cy’irushanwa rya Esperance Football Tournament.
Umutoza Gatera Musa watozaga Rutsiro FC yasinyiye gutoza ikipe ya AS Muhanga iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo yiganjemo abakinnyi bashya yitegura umwaka w’imikino 2025-2026.
Kuri uyu wa Kabiri, Umunya-Tunusia Ben Moussa El Kebil Abdessattar yasinyiye ikipe ya Police FC nk’umutoza wayo mushya asimbuye Mashami Vincent uheruka gusoza amasezerano.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije abakinnyi babiri bashya, inongerera amasezerano myugariro Serumogo Ally.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya APR FC yerekanye Fitina Omborenga nk’umukinnyi wayo mushya, nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo.
Kuri uyu wa Mbere ikipe ya Musanze FC yakoze inteko rusange yatorewemo Nsengiyumva Richard nka Perezida wayo mushya asimbuye Tuyishimire Placide uheruka kwegura.
Mu gihe ku wa 22 Kamena 2025, APR FC yatangaje Rouf Dao nk’umukinnyi wayo mushya, hakomeje kwibazwa niba uyu musore yaba yasinyiye amakipe abiri icyarimwe nyuma y’uko Singida Black Stars na yo yari yabanje kuvuga ko yayisinyiye.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yerekanye abakinnyi bane b’Abanyarwanda barimo Iraguha Hadji na Bugingo Hakim bakiniraga Rayon Sports, nk’abakinnyi bayo bashya kuva mu mwaka w’imikino wa 2025-2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yerekanye Umunya-Burkina Faso Raouf Merel Dao nk’umukinnyi wayo mushya nyuma y’uko Singida Black Stars yo muri Tanzania yemeje ko yayisinyiye.
Ikipe ya Mukura VS yatandukanye n’uruganda rwa rwayikoreraga imyambaro igatangira gukorana na Gofere yo muri Ethiopia, yashyize hanze iyo izakoresha umwaka w’imikino 2025-2026.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe Gorilla FC yatangaje ko yongereye amasezerano umutoza Kirasa Alain.
Mu gihe mu Rwanda hiriwe havugwa isinya ry’Umunya-Burkina Faso Raouf Dao muri APR FC, ubuyobozi bwa Singida Black Stars yo muri Tanzania bwemeje ko yabusinyiye amasezerano y’imyaka itatu.
Ikipe ya APR FC ikomeje kwitegura umwaka w’imikino 2025-2026 yasinyishije Memel Raouf Dao w’imyaka 21 y’amavuko wifuzwaga na Singida Black Stars yo muri Tanzania.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu karere ka Musanze hasorejwe imikino #UmurengeKagameCup 2025 yari imaze igihe ibera mu gihugu hose
Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’Amavubi, Fitina Omborenga wari umaze umwaka umwe muri Rayon Sports yakoze ikizamini cy’ubuzima mbere yo gusubira muri APR FC yari yavuyemo mu 2024.
Kuri uyu wa Kabiri, Police FC yatangaje ko yongereye amasezerano abakinnyi batatu barimo Mugisha Didier wagiranye ibiganiro na Rayon Sports.
Kuri uyu wa Kabiri, Abanyamuryango ba Musanze FC batumiwe mu Nteko Rusange izaberamo amatora ya Komite Nyobozi nshya izayobora nyuma y’uko Perezida na Visi Perezida beguye.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatangaje ko Umunya-Maroc Abderrahim Taleb w’imyaka 61 y’amavuko ariwe mutoza wayo mushya mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa.
Mu ngengabihe y’umwaka w’imikino mu mupira w’amaguru wa 2025/2026, APR FC iratangira icakirana na Rayon Sports mu mukino w’igikombe kiruta ibindi "Super Cup"
Ikipe igizwe n’abakinnyi barimo Haruna Niyonzima, Muhadjili Hakizimana yatangiranye intsinzi mu Irushanwa rya Esperance Football Tournament ryateguwe n’umusifuzi mpuzamahanga Ishimwe Claude "Cucuri".