• Manchester United ni yo kipe ikize kurusha ayandi ku isi

    Manchester United bakunze kwita ‘Red Devils’ ni yo kipe ifite amafaranga menshi kurusha andi makipe yose y’umupira w’amaguru ku isi; nk’uko byashyizwe ahagaragara mu cyegeranyo gikorwa na Forbes Magazine buri mwaka.



  • Etincelles yasezereye umutoza wayo by’agateganyo

    Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles bwatangaje ko bwahagaritse by’agateganyo umutoza wayo Sogonya Hamis ‘Cishi’ kubera kudatanaga umusaruro uhagije. Ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye, Hamis yayishyikirijwe tariki 18/04/2012.



  • U20: Tardy n’abasore be bahagurukanye icyizere bajya muri Namibia

    Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yahagurutse i Kigali kuri uyu wa kane tariki 19/04/2012 saa tanu za mu gitondo, yerekeza i Windhoek aho izakina na Namibia kuri uyu wa gatandatu mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Algeria umwaka utaha.



  • U20: Tardy afite icyizere cyo kuzasezerera Namibia

    Umutoza w’ikipe y’umupira w’amaguru y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, Richard Tardy, aratangaza ko ikipe ye ifite ubushobozi bwo kuzasezerera Namibia mu mikino ibiri bazakina mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika cya 2013.



  • Mukura itangiye kugenda isigara inyuma mu guhatanira igikombe cya shampiyona

    Nubwo yarangije umwaka wa 2011 iri ku mwanya wa mbere ndetse na nyuma yabwo igakomeza kugaragaza ko ifite intego yo kwegukana igikombe cya shampiyona, muri iyi minsi yegereza umusozo wa shampiyona, ikipe ya Mukura irimo kugaragaza intege nkeya mu gihe andi makipe makuru arimo kurwanira igikombe.



  • APR FC yasatiriye Police F.C ku mwanya wa mbere

    APR FC yagabanyije amanota irushwa na mukeba wayo Police FC ku cyumweru tariki 15/04/2012 ubwo yatsindaga La Jeunesse ibitego 3-0.



  • Abafana bari babucyereye

    Amagaju na Mukura byaguye miswi

    Mukura VS yongeye gutungura abafana bayo kuri uyu wa gatandatu ubwo yatakazaga amanota 2 ku kibuga cy’ikipe y’Amagaju. Uyu mukino umaze kumenyererwa nka deribi (Derby) yo mu majyepfo warangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi.



  • Shampiyona yasubukuwe nyuma y’icyumweru cy’icyunamo

    Nyuma yo guhagarika imyidagaduro yose mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994, mu mpera z’iki cyumweru shampiyona irakomeza ku munsi wayo wa 21.



  • Amazu yo kuri pisine. Hirya yayo ugana ibumoso niho hahoze sitade igiye kuvugururwa

    Huye: Hari amazu agomba gusenywa ngo sitade yubakwe

    Kugira ngo sitade yo mu mujyi wa Huye yagurwe nk’uko biteganyijwe mu ivugururwa ryayo, inzu y’ubucuruzi ya koperative COPABU ndetse n’aho bita kuri pisine byegereye iyo sitade bigomba kuvanywaho. Sitade nshya izaba igera ku ruzitiro rw’inyubako y’ibiro by’akarere ka Huye.



  • APR FC yirangayeho isezererwa na ESS bitunguranye

    APR FC yazezerewe na Etoile Sportive du Sahel (ESS) itsinzwe ibitego 3 kuri 2 mu mukino wo kwishyura wa 1/16 cy’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, wabereye kuri Stade Olympique de Sousse muri Tuniziya tariki 06/04/2012.



  • ESS iri mu bibazo by’urudaca izakina na APR FC kuri uyu wa gatanu

    Etoile Sportive du Sahel (ESS) ifite bibazo bikomeye muri iyi minsi, izakina na APR FC tariki 06/04/2012 kuri stade Olympique de Sousse muri Tunisiya umukino wo kwishyura wa 1/16 mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.



  • U17 igiye kwitegura amajonjora y’igikombe cy’Afurika

    Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izatangira imyitozo tariki 15 Mata mu rwego rwo kwitegura hakiri kare imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc muri 2013.



  • Police FC iri mu nzira yo gutwara igikombe nyuma yo gutsinda AS Kigali

    Police FC yongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali tariki 31/03/2012.



  • Umukino wa AS Kigali na APR wahujwe n’isozwa ry’ukwezi kw’umugore

    Ubwo mu Rwanda haza kuba hasozwa ukwezi kwahariwe umugore kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, kuri icyi cyumweru tariki 01/04/2012, haranabera umukino uzahuza amakipe y’abagore ya AS Kigali na APR FC.



  • Shampiyona ya Primus National League irakomeza muri iyi weekend

    Police FC ishaka igikombe igiye guhatana na AS Kigali irwanira kudasubira mu cyiciri cya kabiri.



  • Karekezi yatsinze ibitego 3, ahesha APR intsinzi imbere ya Etincelles

    Ibitego 3 bya Olivier Karekezi byahesheje intsinzi APR FC, ubwo yatsindaga Etincelles ibitego 3 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu tariki 28/03/2012.



  • Bernnd Kraus yirukanwe nyuma yo kunganya na APR FC

    Bernnd Kraus, Umudage watozaga Etoile Sportive du Sahel (ESS) yo muri Tuniziya, yirukanywe nyuma yo kunganya na APR FC ubusa ku busa mu mukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.



  • Inter de Milan yirukanye umutoza Claudio Ranieri

    Ikipe ya Inter Milan yo mu kiciro cya mbere mu Butaliyani (Serie A) yirukanye umutoza wayo, Claudio Ranieri nyuma yo gutsindwa na Juventus de Turin ibitego 2 ku busa tariki 25/03/2012.



  • U20: U Rwanda rugiye gukina na Gabon imikino ya gicuti

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 izaba iri muri Gabon kuva tariki 02-07/04/2012 aho izakina imikino ya gicuti n’ikipe yaho y’abatarengeje imyaka 20, mu rwego rwo kwitegura imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Afurika.



  • Police FC yongereye amahirwe yo gutwara igikombe nyuma yo gutsinda Kiyovu

    Mu gihe habura imikino 7 ngo shampiyona irangire, Police FC ikomeje kongera amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2 kuri 1 ku cyumeru tariki 25/03/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.



  • APR FC yananiwe gutsindira Etoile du Sahel i Kigali

    APR FC yananiwe gukoresha amahirwe yabonye yo gutsinda Etoile du Sahel yo muri Tuniziya, mu mukino ubanza wa 1/16 cy’irangiza mu guhatanira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo, umukino wabereye kuri stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/03/2012.



  • APR FC irakina na Etoile du Sahel idafite Mbuyu Twite

    APR FC irakina na Etoile Sportive du Sahel (ESS) idafite myugariro igenderaho Mbuyu Twite kuko yabonye amakarita abiri y’umuhondo mu mikino yabanje. Umukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo uraba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 kuri stade Amahoro i Kigali.



  • Etoile Sportive du Sahel yageze i Kigali

    Abakinnyi 19 b’ikipe ya Etoile Sportive du Sahel yo muri Tuniziya, barangajwe imbere n’umutoza wayo Bernd Krauss bageze ku Rwanda aho baje gukina na APR FC umukino wa 1/16 wa Champions League.



  • Rwanda U20 yatsinze Uganda mu mukino wa gicuti

    Kuri uyu wa gatatu tariki 21/03/2012, ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze iya Uganda ibitego bibiri ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Nakivubo Stadium i Kampala muri Uganda.



  • Umutoza wa Nigeria niwe uzahitamo aho umukino afitanye n’u Rwanda uzabera

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryahaye umutoza w’ikipe y’igihugu, Stephen Keshi, uburenganzira busesuye bwo guhitamo ahantu hazakirwa umukino wo kwishyura hagati ya Nigeria n’u Rwanda.



  • Ghana yirukanye umutoza wayo, Goran Stevanovic

    Nyuma yo gusezererwa mu mikino ya ½ kirangiza mu gikombe cy’Afrika cy’ibihugu, umutoza watozaga ikipe y’igihugu ya Ghana, Umunyaseribiya Goran Stevanovic, kuri uyu wa mbere tariki 19/03/2012 mu masaha y’igicamunsi yasezerewe ku kazi ke.



  • Ubutumwa bw

    Abakinnyi hirya no hino ku isi bakomeje kwifuriza Muamba gukira

    Abakinnyi, abatoza ndetse n’abakunda umupira w’amaguru ku isi bakomeje gusengera Patrice Muamba bamwifuriza gukira, dore ko amerewe nabi cyane mu bitaro byitwa London Chest Hospital biri i Londres.



  • Etincelles yatsindiye Kiyovu Sport i Kigali

    Etincelles FC yasanze Kiyovu Sport mu rugo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo iyihatsindira ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabaye ku cyumweru tariki 18/03/2012.



  • U20 iratangira kwitegura umukino wo kwishyura na Uganda kuri uyu wa mbere

    Richard Tardy, umutoza w’ikipe y’igihugu y’abaterengeje imyaka 20 yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 azitabaza mu mukino wa gicuti wo kwishyura afitanye na Uganda uzabera i Nakivubo muri Uganda ku wa gatatu tariki 21/03/2012.



  • Police FC yagumye ku mwanya wa mbere nubwo yanganyije na APR FC

    Police FC ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere nyuma yo kunganya na APR FC ubusa ku busa, mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabaye tariki 17/03/2012 kuri stade Amahoro i Remera.



Izindi nkuru: