Ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatanu ku kibuga cya Shyorongi aho isanzwe initoreza, mu rwego rwo gutegura shampiyona izatangira tariki 01/05/2021
Abatoza 18 b’Abanyarwanda batangiye amahugurwa bakoreshwa n’ikipe ya Paris Saint-Germain, hazavamo bane bazatoza mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint-Germain rizatangira mu Rwanda
Abayobozi b’ikipe ya APR FC baganirije abakinnyi mbere yo gutangira umwiherero, aho zimwe mu ntego bihaye zirimo gutwara igikombe no kugira umubare munini mu ikipe y’igihugu “Aamavubi”
Uwari Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Sekamana Jean Damascène, yatangaje ko yeguye kuri uyu mwanya.
Tariki 01 Gicurasi 2021 ni bwo hatangira shampiyona bundi bushya, aho amakipe 16 akina icyiciro cya mbere yamaze kugabanywa mu matsinda ane y’amakipe ane buri tsinda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ubu amakipe yose yemerewe ibyumweru bibiri byo kongeramo abakinnyi
Mu nama yahuje amakipe yo mu cyiciro cya mbere kuri uyu wa Kabiri, yemeje ko shampiyona izakinwa mu matsinda ane guhera tariki 01/05/2021
Amakipe ya AS Kigali na Police Fc zasubukuye imyitozo nyuma yo guhabwa uburenganzira n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa” rikomeje ibikorwa byo gusura amakipe ngo harebwe uburyo shampiyona y’icyiciro cya mbere yasubukurwa.
Abakandida batatu barimo Ivan Minnaert ni bo bamaze kumenyekana bari guhatanira umwanya w’Umuyobozi wa Tekinike usimbura Habimana Hussein utarongerewe amasezerano
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” bari i Douala muri Cameroun bamaze kugera i Kigali nyuma yo kunganya na Cameroun bakabura itike ya CAN
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent, yatangaje ko yababajwe n’imisifurire ndetse n’ibyo bakorewe na Cameroun yari yatangaje ko abakinnyi batatu banduye COVID-19
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yabuze itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, nyuma yo kunganya na Cameroun naho Cap-Vert igatsinda Mozambique
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Mashami Vincent aratangaza ko uyu munsi ari umunsi Amavubi agomba gukora amateka amaze imyaka 17 adakorwa, yo kwitabira igikombe cya Afurika
Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwemeje ko icyiciro cya nyuma kizakinwa tariki ya 16 Gicurasi 2021 i Kigali mu Rwanda muri Kigali Arena kikazitabirwa n’amakipe 12.
Kuri uyu wa Kabiri i Douala muri Cameroun harabera umukino uhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu gushaka itike ya CAN 2021 izabera muri Cameroun umwaka utaha
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Mashami Vincent, aratangaza ko ikipe ayoboye yiteguye kwitwara neza idategereje ibizava mu mukino wundi wo mu itsinda
Ikipe ya Mukura Victory Sports yemeje ko umunya-Argentine ari we mutoza w’iyi kipe mu gihe cy’imyaka ibiri
Abakinnyi 23 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” bahagrutse i Kigali kuri uyu wa Gatanu berekeza i Douala muri Cameroun aho bagiye gukina umukino wa nyuma mu itsinda F
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda, Mashami Vincent, yatangaje abakinnyi 23 ahagurukana na bo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2021 berekeza muri Cameroun gukina umukino w’umunsi wa Gatandatu wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun muri 2021.
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye n’uruganda rwa Rayon Sports afite agaciro k’amafaranga arenga Miliyoni 200 Frws buri mwaka.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Haruna Niyonzima, yatangaje ko igihe Amavubi yabona itike ya CAN ashobora gusezera kuko yumva ntacyo ataba yarayahaye
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi itsinze Mozambique igitego 1-0 cyatsinzwe na Byiringiro Lague winjiye mu kibuga asimbuye.
Umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu Amavubi Kwizera Olivier ntakina umukino uhuza Amavubi na Mozambique kubera ikarita itukura yahawe muri CHAN
Bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” batangaje ko bafite icyizere cyo kwitwara neza ku mukino uzabahuza na Mozambique, bikabaha icyizere cyo kwerekeza muri CAN.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryanyomoje amakuru yatangajwe na CAF avuga ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda izatangira tariki 15/04/2021.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo mu mupira w’amaguru mu Rwanda izasubukurwa ku itariki 15 Mata 2021 bikaba biteganyijwe ko izasozwa muri Kamena uyu mwaka.
Rutahizamu Meddie Kagere na Yannick Mukunzi baraye biyongereye ku bandi bakinnyi bari mu myitozo y’ikipe y’igihugu Amavubi iri gutegura umukino wa Mozambique n’uwa Cameroun.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Mozambique yahamagaye abandi bakinnyi barimo kapiteni wabo Dominguez nyuma y’abagaragaweho COVID-19 ndetse no kubura barindwi bakina i Burayi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021 ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru i Burayi (UEFA) habereye umuhango wa Tombola ya 1/4 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi.