Ikipe ya AS kigali yatsinze gorilla igitego kimwe cyatsinzwe na Shaban Hussein Tchabalala ku munota wa 8 w’igice cya mbere, nyuma y’umupira wari uhinduwe neza na Rukundo Denis.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko imikino ya shampiyona yagombaga kubera i Rubavu yasubitswe kubera iruka rya Nyiragongo
Umufaransa Didier Gomes da Rosa uheruka gusezererwa muri Simba SC, yamaze kugirwa umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Mauritania.
Nyuma y’iminsi mike yari ishize atorewe kongera kuba Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC, Umunyamakuru Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya
Amakipe akinira kuri Stade Umuganda y’i Rubavu ntibavuga rumwe n’umwanzuro wa Minisiteri ya Siporo ubasaba gushaka ikindi kibuga bazajya bakiriraho indi mikino
Niyonzima Olivier Sefu ukinira ikipe y’igihugu "Amavubi" yahagaritswe mu Mavubi igihe kitazwi na Ferwafa, aho ashinjwa imyitwarire mibi
Ikipe ya Rayon Sports yasinye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo Tom Transfers Ltd, aho yayihaye imodoka ebyiri
Ikipe y’igihugu "Amavubi" isoje imikino yo guhatanira itike yo kujya mu gikombe cy’isi iri ku mwanya wa nyuma, nyuma yo gutsindwa na Kenya ibitego 2-1
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje impamvu yatumye Rafaël York ava mu mwiherero w’Amavubi adakinnye umukino wa Kenya
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ntiyajyanye n’abandi bakinnyi berekeje muri Kenya kubera impamvu z’umuryango, mu gihe hongewemo abandi bakinnyi babiri
Ikipe ya APR FC yatangaje ko itigeze yimana abakinnyi batatu bayo bari bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi, mu gihe Mashami Vincent we yavuze ko ashima Imana kuba bakize
Mu mukino wo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar, Mali yatsinze u Rwanda ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ikipe ya Rayon Sports n’ikigo cya Canal Plus gicuruza amashusho basinye amasezerano y’umwaka umwe, aho ikipe ya Rayon Sports izajya Canal+ ku makabutura
Rutabayiro Jean Phillippe ukina mu cyiciro cya gatatu muri Espagne, yakoze imyitozo ya mbere mu ikipe y’igihugu y’Amavubi, aho bategura imikino bazahuramo na Mali ndetse na Kenya
Mu rwego rwo gutegura imikino ibiri izahuramo na Mali na Kenya, abakinnyi babiri bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu gihe batatu ba APR FC batitabiriye
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi bagomba gutangira umwiherero wo gutegura umukino wa Mali n’uwa Kenya
Umukino w’umumsi wa 2 wa shampiyona wahuzaga ikipe ya APR FC na Musanze FC urangiye APR FC yegukanye amanota atatu.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona yabaye kuri uyu wa Kabiri, Kiyovu Sports yanyagiwe na AS Kigali ibitego 4-0, indi mikino yabaye amakipe aranganya.
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, isize amakipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona abonye amanota atatu
Nyuma y’umwaka n’amezi arindwi nta bafana bemerewe kwinjira ku bibuga bikinirwaho umupira w’amaguru mu Rwanda, nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid 19 cyugarije u Rwanda n’isi muri Rusange, abafana bagiye kongera kugaruka ku bibuga muri Shampiyona ya 2021-2022 iteganyijwe gutangira kuri uyu wa (…)
Abanya-Uganda Emmanuel Okwi na Muzamir Mutyaba bari bategerejwe muri Kiyovu Sports bamaze gutangira imyitozo kuri uyu wa Kane
Muri tombola ya yo guhatanira kujya mu matsinda ya CAF Confederation Cup ikipe ya APR FC yatomboye RS Berkane yo muri Maroc
Mu birori byiswe Rayon Sports Day, ikipe ya Rayon Sports ntiyabisoje neza nyuma yo gutsindwa na Kiyovu Sports ibitego 2-1
Ikipe ya APR FC yaraye inyagiwe na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia ibitego 4-0, iraza gukomereza mu mikino ya CAF Confederation Cup
Uwayezu François Regis wahoze ari Umunyamabanga mukuru wa Ferwafa yambitse impeta umukobwa bagiye kurushingana bahoze bakorana
Umunyezamu Ndayishimiye Eric bakunda kwita ‘Bakame’ ahamya ko ataje kwicara ku ntebe y’abasimbura mu izamu rya Police FC.
Ikipe ya Rayon Sports ishobora kwemererwa kwakira abafana kuri sitade mu mukino wa gicuti izakinamo n’ikipe hagati ya Mukura Victory Sports na Police FC kuri Stade Amahoro i Remera ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021.
Kuri uyu wa kabiri Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gushyira ahagarahara ingengabihe ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho umukino uba utegerejwe na benshi uhuza APR FC na Rayon Sports, uzakinwa ku munsi wa kane wa shampiyona.
Abakinnyi b’ikipe y’Ingabo z’Igihugu (APR FC) berekeje muri Tunisia aho bagiye gukina umukino wo kwishyura wa CAF Champions League na Étoile Sportive du Sahel.
Mu gihe habura amasaha amake ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge mu Rwanda, Emery Bayisenge ukina hagati muri ba myugariro wakiniraga ikipe ya AS Kigali, utari wabona ikipe kugeza ubu, avuga ko ahazaza he hazamenyekana mu gihe kitarambiranye ariko ko azakomeza gukina umupira.