Abakinnyi bakomoka muri Maroc ikipe ya Rayon Sports iheruka gutizwa na RAJA Cassablanca, bakoze imyitozo yabo ya mbere mu Rwanda
Umukinnyi Muhire Kevin wari umaze iminsi aganira n’ikipe ya Rayon Sports ngo abe yakongera kuyisinyira andi masezerano, yamaze gutangira imyitozo hamwe n’abandi
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 36 batangira umwiherero wo gutegura imikino ibiri izahuza u Rwanda na Uganda
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe muri za miliyoni z’abafana b’Ikipe ya Arsenal hirya no hino ku Isi, baraye bashimishijwe n’intsinzi y’iyo Kipe yatsinze Ikipe ya Tottenham Hotspurs, ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, ikayitsinda ibitego bitatu kuri kimwe (3-1).
Mu mukino wa gicuti wabereye mu karere ka Musanze, ikipe ya Rayon Sports yahatsindiye Musanze FC igitego 1-0
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha umukinnyi AIT LAHSSAINE AYOUB usanzwe ukinira ikipe ya Raja Cassablanca yo muri Maroc
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yo gutegura umwaka w’imikino wa 2021/2022, ifite abakinnyi bakomeje gukoramo igeragezwa harimo n’aba batoza abamaze gushima
Ikipe ya Kiyovu Sports ni imwe mu makipe yo mu Rwanda akomeje kwiyubaka, aho ubu yamaze gusinyisha rutahizamu Pinoki Vuvu Patshelli ukomoka muri Congo.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2021/2022, aho kuri uyu wa Gatanu ikina umukino wa mbere wa gicuti na Musanze FC.
Ikipe ya APR FC itsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabereye i Kigali
Mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, AS Kigali ihanyagiriye iyo muri Comores ibitego 6-0.
Umutoza Masudi Juma wa Rayon Sports yatangaje ko urwego yabonanye abakinnyi bari mu myitozo hari benshi batari ku rwego rw’ikipe ya Rayon Sports.
Uwari Umunyamabanga mukuru wa Ferwafa Uwayezu Francois Regis, yamaze kwegura ku mirimo ye
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, ikipe ya Mogadishu City Club yo muri Somalia na APR FC zinganyije ubusa ku busa.
Abafana b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda batashye ku mugaragaro umuriro w’amashanyarazi bagejeje ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Mudugudu wa Nyentanga, Akagari ka Kigeme, Umurenge wa Gasaka, Akarere ka Nyamagabe.
Ikipe ya APR FC kuri iki Cyumweru irakina umukino ubanza wa CAF Champions League, umukino iza gukina idafite abakinnyi batatu barimo Byiringiro Lague wakomerekeye mu Mavubi
Nyuma yo kuva muri gereza akaza no kwirukanwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Kwizera Olivier yahakanye ko yaba yaratewe umwaku n’umukobwa witwa Shazzy, akavuga ko ari uruhurirane gusa.
Ikipe ya APR FC yamaze kwerekeza muri Djibouti aho igiye gukina umukino wa mbere wa CAF Champions League, ikaba yagiye hamaze kwerekanwa Jacques Tuyisenge nka Kapiteni mushya
Ikipe ya APR FC yatangaje urutonde rw’abakinnyi n’abandi iyi kipe ijyanye muri Djibouti gukina umukino ubanza wa CAF Champions League na Mogadishu City Club
Umunyakenya Frank Ouna Onyango ni we mutoza mukuru wa Musanze FC, wungirijwe na Nshimiyimana Maurice (Maso), aho bamaze gusimyira gutoza iyo kipe, basabwa gutwara igikombe kimwe mu bikombe bikuru bihatanirwa mu Rwanda.
Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali baraye bahagurutse i Kigali, aho berekeje mu birwa bya Comores gukina umukino ubanza wa CAF Confederation Cup.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, umukinnyi w’icyamamare ku isi Cristiano Ronaldo, yagaragaje ibyishimo yatewe no gusubira muri Manchester United, asubiye gukinira nyuma y’imyaka 12 yari amaze ayivuyemo.
Umukinnyi Niyonzima Olivier Sefu uheruka gusezererwa muri APR FC, amaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri AS Kigali
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabajijwe impamvu akomeza gufana ikipe nka Arsenal ihora itsindwa, avuga ko mu gihe inshuti igize ibyago udakwiye kuyita ahubwo uyiba hafi, ari rwo rukundo afitiye Arsenal yahoze itsinda, ubu ikaba iri mu bihe bibi ariko yanga kuyivaho.
Mu mukino wa kabiri wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar, Amavubi anganyije na Kenya igitego 1-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ikipe ya Police FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mukuru mushya witwa Francis Nuttall Elliott, akaba yatozaga ikipe ya St George FC yo muri Ethiopia
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha Lamine Moro wakiniraga Young Africans.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” yatangaje ko ubusabe bwa FERWAFA bwo kuba bakwemererwa abafana ku mukino wa Kenya
Mu mukino wa mbere wo guhatanira itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar, u Rwanda rutsinzwe igitego 1-0 na Mali mu mukino wabereye muri Maroc
Abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda barimo Rafael York ugiye gukinira Amavubi bwa mbere, bakoranye imyitozo n’abandi bakinnyi b’Amavubi muri Maroc