Shema Ngoga Fabrice uheruka gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, akaba yanaherekeje Amavubi mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 azakina na Nigeria na Zimbabwe yavuze ko gutsindwa bitari mu byo abara kuko iyo uherekeje ikipe, uba utwaye igihugu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri saa mbili n’iminota 55, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda "Amavubi" irahaguruka i Kigali yerekeza muri Nigeria aho igiye kuhakinira umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 mbere yo gusura Zimbabwe muri Afurika y’Epfo.
Kuri iki Cyumweru ikipe ya Mukura VS yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu ikorana n’Ikigo cy’Ubwishingizi cya BK Insurance cya Banki ya Kigali.
Kuri uyu wa Gatandatu, Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kugeza mu 2029.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’Umunya-Cameroon Asanah Nah wayikiniye amezi atanu.
Abarundi Rukundo Abdul Rahman ‘PaPlay’ n’umunyezamu Ndikuriyo Patient batandukanye na Rayon Sports ku bwumvikane nyuma yo gusesa amasezerano.
Kuri uyu wa Gatatu hatangajwe uko amakipe azahura muri shampiyona 2025-2026 aho Rayon Sports izatangira ikina na Kiyovu Sports, ikacyirwa na APR FC mu Ugushyingo 2025.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwategetse ko abasivile 23 barimo abanyamakuru Rugaju Reagan, Ishimwe Ricard, Mucyo Antha n’umuvugizi w’abafana ba APR FC Jangwani bakurikiranweho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe barekurwa by’agateganyo.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye irushanwa ry’inkera y’abahizi ryateguwe na APR FC yaribayemo iya nyuma.
Ikipe ya Police FC itsinze APR FC mu irushanwa ry’inkerayabahizi ibitego 3-2 bituma amahirwe yo kwegukana iri rushanwa yiteguriye ayoyoka burundu.
Mu gihe isigaje umukino umwe mu irushanwa ry’Inkera y’Abahizi ryateguwe na APR FC, ikipe ya AS Kigali yiyongereye amahirwe yo kuryegukana nyuma yo gutsindira AZAM FC igitego 1-0 kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kane.
Abanyamuryango ba Rayon Sports batumijwe n’Inama y’Ubutegetsi mu nama y’Inteko Rusange isanzwe y’uyu muryango iteganyijwe tariki 7 Nzeri 2025.
Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bwatangaje ko iya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yanganyirije na AS Kigali igitego 1-1 kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino wa kabiri wayo mu irushanwa yateguye yise Inkera y’Abahizi, ariko umukino uza kurangira APR FC itsinzwe kuri penaliti 4 kuri 5 ya AS Kigali.
Ikipe ya AZAM FC yo muri Tanzania, yatsinze ikipe ya Police FC penaliti 4-3 nyuma yo kunganya igitego 1-1, mu minota 90 y’umukino isanzwe mu mukino w’Irushanwa ryiswe Inkera y’Abahizi.
Ikipe ya Flying Eagles Karate Club yegukanye irushanwa rya Zanshin Karate Championship 2025 mu bakiri bato ryasojwe kuri iki Cyumweru.
Mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, ikipe ya APR FC itsinze Power Dynamos yo muri Zambia ibitego 2-0, byatsinzwe na rutahizamu ukomoka muri Burukinafaso, Djibril Aouttara.
Amakipe ya APR FC na Power Dynamos yo muri Zambia, amaze kugera kuri Stade Amahoro i Remera ahagiye kubera umukino wa gicuti uhuza aya amakipe yombi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Kamwna 2025, Diviziyo ya kabiri y’Ingabo za Uganda (UPDF) yatsindiye iy’u Rwanda (RDF) penaliti 8-7, mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Ubworoherane mu Karere ka Musanze.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Kanama 2025, mu Karere ka Musanze kuri stade Ubworoherane, habereye umukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wahuje Ingabo z’u Rwanda (RDF), Diviziyo ya kabiri, n’Ingabo za Uganda (UPDF) na zo za Divizyo ya kabiri, umukino wabanjirijwe n’akarasisi.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Young Africans yatsinze Rayon Sports ibitego 3-1 kuri Stade Amahoro mu mukino wa gicuti w’ibirori bya Rayon Sports Day 2025 "Umunsi w’Igikundiro ", bityo yegukana igikombe cyagenewe uyu munsi,
Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila wari umaze imyaka ibiri akinira APR FC yerekeje muri mukeba wayo Rayon Sports.
Mu gihe Rayon Sports yitegura kwakira Young Africans mu mukino wa gicuti uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, Aba Rayons n’abakunzi ba ruhago batangiye gusesekara muri Stade Amahoro.
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League 2025-2026 uzayihuza na Pyramids FC wegejwe inyuma ho icyumweru kubera shampiyona y’isi y’Amagare izabera mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kane, Haruna Niyonzima wakiniye Young Africans imyaka itandatu yakoranye imyitozo n’iyi kipe iri kwitegura umukino wa gicuti na Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu.
Shema Ngoga Fabrice,Umukandida rukumbi uri kwiyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda yavuze ko imwe mu migabo n’imigambi afite uko ikipe itwaye shampiyona y’icyiciro cya mbere izajya ihembwa miliyoni 80 Frw zivuye kuri 25 Frw.
Ikipe ya Young Africans iri mu Rwanda kuva ku munsi wejo ku wa Gatatu, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ruruhukiyemo imibiri y’abasaga ibihumbi 250 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Irerero rya Dream Team Academy ryinjiye mu mikoranire n’irya JOSCEEFA muri gahunda yo guha imyitozo yihariye abakinnyi batandukanye kuri serivisi yishyurwa, haherewe ku bakiri bato bazaba bari mu biruhuruko mu Ukuboza 2025.
Umufana ukomeye cyane wa APR FC n’Amavubi, Munyaneza Jacques(Rujugiro ), yasezeranye na Uwimana Dovine mu bukwe bwacuranzwemo indirimbo z’iyi kipe yihebeye.
Ikipe ya APR FC ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, yatomboye Pyramids FC mu ijonjora ry’ibanze Total Energies CAF Champions League.