Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, buratangaza ko n’ubwo nta gihe runaka cyatangwa, ngo hari icyizere ko muri ako karere bazongera bakagira ikipe y’umupira w’amaguru iri mu cyiciro cya mbere.
Amakipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yaraye atsinzwe mu mikini ibiri yakinnye ku cyumweru tariki ya 08/09/2013 i Cotonou muri Benin n’i Nice mu Bufaransa. Ikipe nkuru yatsinzwe ibitego 2 ku busa mu mukino gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi 2014, naho ikipe y’abari munsi y’imyaka 20 itsindwa na Canada 1-0 mu mikino (…)
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, kuri icyi cyumweru tariki ya 08/09/2013, irakina umukino wayo wa mbere n’igihugu cya Canada mu irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophonie 2013) irimo kubera i Nice mu Bufaransa.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 20, bwana Richard Tardy avuga ko imyitozo yakoze imwemerera kwitwara neza imbere y’ikipe ya Congo Brazzaville bakina kuri uyu wa gatanu tariki ya 6/9/2013, ku munsi wa mbere w’imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaranda, Jeux de la Francophonie.
Umunya-Brasil Kaka Ricardo Izecson Santos Leite, wakiniraga Real Madrid yerekeje mu ikipe yahozemo ya AC Milan ku buntu nubwo yari yaraguzwe miliyoni 67€ ubwo yerekezagamuri Real Madrid muri 2009.
Bwa mbere mu Rwanda kuri icyi cyumweru tariki 01/09/2012, haraba umukino w’igikombe kiruta ibindi ‘Super Cup” gihuza Rayon Sport na AS Kigali kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuva saa cyenda n’igice.
Umunya-Cameroun Samuel Eto ‘Fils’, wakiniraga ikipe ya Anzhi Makhachkala mu Burusiya, kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 yasinye amasezerano y’umwaka umwe yo gukinira ikipe ya Chelsea, akazahabwa miliyoni 7 z’ama pounds muri icyo gihe.
Kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, mu mugi wa Monaco mu Bufaransa habereye tombola y’uko amakipe azahura mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League 2013/2014).
Shangazi Rugina, wamenyekanye cyane mu Rwanda kubera gukunda imikino cyane cyane umupira w’amaguru, yitabye Imana ku wa gatatu tariki 28/08/2013 azize uburwayi.
Bamwe mu banyamuryango b’ikipe ya La Jeunesse bavuga ko ikipe yabo izitabira shampiyona ya 2013/2014, bitandukanye n’ibyo umuyobozi wayo John Uwintwari yandikiye FERWAFA avuga ko ikipe abereye Umuyobozi itazakina shampiyona itaha ndetse ikaba yari yamaze gusimbuzwa Etincelles yari yaramanutse mu cyiciro cya kabiri.
Ubuyobozi bw’ikipe ya La Jeunesse bwatangaje ko ikipe yabo itazitabira shampiyona y’uyu mwaka izatangira tariki 21/09/2013, kubera ko ari nta mikoro ifite, nyuma y’aho sosiyete yitwa Tinco yayiteraga inkunga isheshe amasezerano bari bafitanye.
Karekezi Olivier wari kapiteni w’ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yahagaritse burundu kuyikinira nyuma y’imyaka 13 yari ayimazemo kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri uyu mwaka wa 2013.
Mu rwego rwo gutegura neza shampiyona ndetse n’amarushanwa mpuzamahanga, ikipe ya Rayon Sport iri mu biganiro by’uko yakina imikino ya gicuti n’amakipe yo mu karere harimo Yanga yo muri Tanzania na Vital’o yo mu Burundi.
Nyuma y’aho umutoza wa Rayon Sport atangarije ko akeneye abakinnyi babiri bakina ku busatirizi, iyo kipe irimo kugerageza ba rutahizamu babiri Ngunga Robert na Cyubahiro Jacques uwo bazashima akazahita asinya amasezerano.
Ubwo shampiyona zo mu bihugu by’i Burayi zatangiraga mu mpera z’icyumweru gishize, amakipe asanzwe azwi ndetse yanatwaye ibikombe bya Shampiyona muri saison yashize iwayo, yatangiye yigaragaza cyane.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze ibitego 3-0 ikipe ya Police FC mu mukino wa gicuti wabereye i Remera ku wa gatanu tariki 16/8/2013.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 azifashisha mu irushanwa rizahuza ibigugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ( Jeux de la Francophonie), rizabera i Nice mu Bufaransa kuva tariki ya 6-15/09/2013.
Umunyarwanda Haruna Niyonzima, ukinira ikipe ya Yanga Africans F.C yo mu gihugu cya Tanzaniya yagiriwe icyizere n’umutoza Ernie Brandts cyo kuba kapiteni wungirije w’iyo kipe ikomeye kandi ifite abakunzi benshi muri icyo gihugu.
Ikipe y’u Rwanda yongeye gutsindirwa i Kigali, ubwo Malawi yayitsindaga igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatatu tariki ya 14/8/2013.
Umutoza w’Amavubi, Eric Nshimiyimana, aratangangaza ko mu mukino wa gicuti uhuza u Rwanda na Malawi kuri uyu wa gatatu tariki 14/08/2013, azaba afite intego yo gutegura ikipe izahagararira u Rwanda mu myaka itaha, kuko yamaze gusezererwa mu marushanwa yose yitabiriye muri uyu mwaka.
Umunyezamu w’ikipe y’u Rwanda Amavubi Ndoli Jean Claude na Rutahizamu wayo Meddie Kagere ntabwo bazakina umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda na Malawi uzabera i Kigali ku wa gatatu tariki 14/08/2013.
Mu rwego rwo kwitegura shampiyona itaha no kumenyereza abakinnyi bashya, ikipe ya Police FC izakina umukino wa gicuti n’ikipe ya KCC yo muri Uganda ku cyumweru tariki ya 11/8/2013 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Ku rutonde rw’abakinnyi 22 b’ikipe y’u Rwanda bahamagawe n’umutoza Eric Nshimiyimana kugirango bitegure gukina umukino wa gicuti na Malawi, hagaragayemo abakinnyi bashya ndetse n’abaherukaga guhamagarwa kera.
U Rwanda rwazamutseho imyanya itatu ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru, rushyirwaho n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) buri kwezi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport ishakisha cyane ruyahizamu w’Amavubi Meddie Kagere, buratangaza ko igihe cyose uyu mukinnyi azaba atabonye itike akinamo hanze y’u Rwanda, bagomba kuzahita bamugura kuko bamwifuza cyane.
Ikipe y’ u Rwanda izakina umukino wa gicuti n’iya Malawi tariki 14/8/2013, mu rwego rwo gufasha amakipe yombi kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzajjya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Ikipe ya La Jeunesse ishobora kudakina shampiyona itaha, nyuma y’aho Sosiyete yitwa Tinco yayiteraga inkunga yamaze guhagarika inkunga yayiteraga, bigatuma benshi mu bakinnyi bayikinagamo bigira mu yandi makipe.
Shyaka Jean na Rutayisire Egide bahagarutswe amezi atatu mu ikipe ya Musanze FC kubera ko bagiye gukinira ikipe yo mu Burundi yo mu cyiciro cya kabiri yitwa Unité FC ku buryo butemewe n’amategeko agenda umupira w’amaguru.
Abakinnyi bakomoka ku mugabane w’Afurika, Gervinho na Marouane Chamakh bagiye kuva mu ikipe ya Arsenal bakerekeza mu ikipe ya AS Roma yo mu Butaliyani na Crystal Palace yo mu Bwongereza.
Umutoza witwa Ntibategwa Mohamed niwe wagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Bugesera FC, akaba yatoranyijwe mu batoza bagera kuri batandatu bahataniraga ako kazi.