Nyuma yo gutsinda ikipe ya Sunrise bagasanga ikipe ya Mukura ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, buri mukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports yemerewe agahimbazamusyi ka 700,000Frw, nibaramuka begukanye iki gikombe.
Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro Rayon ifashijwe na Sefu na Kevin itsinze Sunrise 2-0 isanga Mukura ku mukino wa nyuma.
Ikipe ya Rayon Sports yafatiwe ibihano na CAF birimo ihazabu y’amafaranga n’ibihano byo gusiba imikino Nyafurika iri imbere ku bakinnyi bayo batatu ari bo Yannick Mukunzi ,Christ Mbondi n’Umuzamu Ndayisenga Quassim nyuma y’imirwano yakurikiye umukino wayihuje na USM ALGER.
Ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu zamaze gutumizwa na Ferwafa ngo zisobanure ikibazo zagonganiyemo cya Ambulance.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugera muri Algeria inahakorera imyitozo, aho yasanze USM Alger nayo yakajije imyitozo irimo n’iy’ingufu.
Mu mikino isoza CECAFA y’abagore yaberaga mu Rwanda, Kenya yatsinze u Rwanda, Tanzania inyagira Ethiopia
Ikipe ya APR FC yabonye itike ya ½ mu gikombe cy’amahoro aho yasezereye ikipe ya Police FC iyitsinze ibitego 3 ku busa, mu mukino wo kwishyura wabereye kuri stade Amahoro.
Mu mukino w’umunsi wa gatatu wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, u Rwanda rwanganyije na Uganda ibitego 2-2.
Marines Fc ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Ishimwe Christian, ku mupira waturutse muri koruneri ukamusanga inyuma y’urubuga rw’amahina, maze atera ishoti rikomeye umunyezamu Kassim ntiyamenya aho umupira unyuze.
Rutahizamu wa Musanze Fc Wai Yeka, yerekeje mu ikipe yitwa Alliance FC yazamutse mu cyiciro cya mbere muri Tanzania
Mu mukino wa kabiri wa CECAFA y’abagore iri kubera mu Rwanda, Ethiopia inyagiye Amavubi ibitego 3-0, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu mukino ubanza wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, APR Fc inganyije na Police Fc 0-0 mu mukino wabereye Kicukiro.
Nshuti Innocent w’imyaka 20 wakiniraga APR Fc, yasinye imyaka itatu muri Stade Tunisien yo muri Tunisia.
Ku munsi wa mbere wa CECAFA y’abagore iri kubera mu Rwanda, Amavubi atsinze Tanzania igitego 1-0, bituma ararana amanota atatu.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze burahakana ko bwaba bwarasabye abakinnyi ko bagabanya imishahara bahabwaga kubera kugabanuka kw’ingengo y’imari
Nyuma y’ukwezi Myugariro w’Amavubi Bayisenge Emery asinyiye ikipe ya USM Alger yo mu gihugu cya Algerie, Umutoza wayo Thierry Froger atangaje ko batakimukeneye biteguye no kumurekura akishakira Indi kipe.
Ikipe ya Rayon Sports itsinzwe na USM Alger ibitego 2-1, mu mukino wa gatatu w’amatsinda ya CAF Confederation Cup.
Amakipe agomba kwitabira CECAFA y’ibihugu izabera mu Rwanda guhera ku itariki 19 kugeza tariki 27 Nyakanga 2018 , yamaze kugera mu Rwanda yose.
U Bufaransa bwegukanye igikombe cy’isi cya kabiri butsinze Croatia, nyuma y’imyaka 20 bwegukanye icya mbere.
Ikipe y’igihugu y’u Buligi itwaye umwanya wa gatatu mu gikombe cy’isi nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego bibiri ku busa, mu mukino wo guhatanira uyu mwanya waberaga Saint Petersburg.
Amavubi y’abagore akomeje imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo bitegura imikino ya CECAFA y’abagore izabera hano mu Rwanda.
Ku nshuro ya mbere Croatia ibashije kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1.
Azam yasezereye Gor Mahia na Simba yasezereye JKU yo muri Zanzibar, nizo zizakina umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup kuri uyu wa Gatanu.
Ikipe y’igihugu y’Ubufaransa itsinze Ububiligi, igera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi kiri kubera mu Burusiya
Ikipe ya Rayon Sports inyagiwe ibitego 4-2 na Azam Fc, ihita isezererwa muri CECAFA Kagame cup
Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzania, Rayon Sports itsinze Lydia Ludic y’i Burundi ihita ibona itike ya 1/4 cy’irangiza
Mu mukino wa nyuma usoza imikino y’icyiciro cya kabiri, Intare Fc yatsinze Muhanga yegukana igikombe cy’icyiciro cya kabiri
Mu mukino Rayon Sports yari itegerejeho kubona itike ya 1/4, yishyuwe mu minota ya nyuma na AS Ports yo muri Djibouti
Umukino wa nyuma w’icyiciro cya kabiri ugomba guhuza Intare Fc na Muhanga, uraba kuri uyu wa Gatatu hizihizwa umunsi wo Kwibohora
Ikipe ya Rayon Sports na Sosiyete y’ubucuruzi ya Airtel-Tigo basinyanye amasezerano y’ubufatanye y’igerageza azamara amezi atandatu