Ikipe y’igihugu y’u Rwanda inganyije na Guinea igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita ibona inota rimwe kuri 12 amaze gukinirwa.
Bimenyerewe ko mu mikino y’ibihugu, yaba amarushanwa cyangwa se iya gicuti, igomba kubimburirwa n’indirimbo zubahiriza ibihugu.
Rayon Sports yamuritse umwenda izaserukana muri shampiyona ya 2018/2019 ugaragaraho umuterankunga mushya witwa BONANZA.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi Haruna Niyonzima, aratangaza ko abifuza ko asezera mu ikipe y’iguhugu atari cyo gihe cyo gusezera
Nyuma yo gutsindwa imikino itatu ibanza mu gushaka itike ya CAN 2019, Mashami Vincent yatangaje ko azakora impinduka ku ikipe izabanzamo bakina na Guinea Conakry
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Mashami Vincent aratangaza ko Amavubi yiteguye urugamba rwo guhangana n’Inzovu za Guinea Conakry.
Abafana ba Gicumbi FC bahangayikishijwe n’umusaruro iyo kipe izatanga muri shampyiona y’ikiciro cya mbere, mu gihe igifite abakinnyi ihemba ibihumbi 20Frw ku kwezi.
Mu mukino w’igikombe kiruta ibindi, APR yegukanye igikombe itsinze Mukura ibitego 2-0, mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu
Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Umuganda, harabera umukino w’igikombe kiruta ibindi hagati ya APR Fc na Mukura Vs
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize ahagaragara ingengabihe y’imikino ya shampiyona umwaka 2018-2019 aho ikipe ya APR FC ifite igikombe giheruka izakira Amagaju ku itariki 19 ukwakira 2018, kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.
Umutoza Ivan Minnaert wasezerewe muri Rayon Sports, yamaze kwerekanwa mu ikipe ya Al-Ittihad agiye kubera Umuyobozi wa Tekiniki
Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) utoza ikipe ya Rayon Sports ni umugabo ufite amateka akomeye atari azwi na benshi. Nyuma yo kwitwara neza mu mezi 4 amaze mu Rwanda, KT Radio, Radio ya Kigali Today yaramusuye bagirana ikiganiro aho yahishuyemo amakuru menshi benshi batari bazi ku buzima bwe .
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye ku nshuro ya gatatu itsinze APR Fc igitego 1-0 kuri Stade Amahoro
APR yatsinze Etincelles na Rayon Sports itsinze AS Kigali nizo zizahurira ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’Agaciro
Ku munsi wa mbere w’irushanwa ryiswe Agaciro Championship, AS Kigali irahura na Rayon Sports ku matara ya Stade Amahoro
Ikipe ya Gicumbi ubwo yerekezaga i Kigali ije gukina umukino wo guhatanira kujya mu cyiciro cya mbere na Sorwathe, ikoreye impanuka ahitwa Kigoma
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yahamagaye ikipe y’igihugu y’abakinnyi 27 igomba kwitegura Guinea Conakry
Umunyezamu Ndayishimiye Eric “Bakame” yakoze imyitozo mu ikipe ya AS Kigali, mu gihe habura amasaha atagera kuri 48 ngo iyo kipe icakirane na Rayon Sports.
Mu gihe hagiye kuba irushanwa ry’Agaciro rihuza amakipe ane ya mbere muri Shampiyona ishize, Umuyobozi ushinzwe ishoramari mu Kigo cya Agaciro Developmeny Fund, Mugabe Charles, yavuze ko intego y’iyi mikino atari ugucuruza ahubwo intego zayo ari ubukangurambaga.
Rayon Sports isezerewe mu mikino ya CAF Confederation Cup, nyuma yo gutsindwa ibitego 5-1 na Enyimba mu mukino wo kwishyura
Abakinnyi 42 barimo abahungu 34 n’abakobwa 8 nibo bamaze gutoranywa kuzagira ikipe y’akarere ka Nyagatare y’umukino wa karate.
Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika n’umwaka utaha w’imikino muri rusange yamaze kugura abakinnyi 2 b’Abarundi aribo Andre Kotoko na Ismael Wilonja.
Ikipe ya APR Fc yegukanye Shampiona na Mukura yatwaye igikombe cy’Amahoro, zigiye guhatanira igikombe kiruta ibindi kizabera i Rubavu
Abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports bahagurutse i Kigali basezeranyije abafana ko bagiye kwitwara neza muri Nigeria, bagasezerera Enyimba Fc kuri iki cyumweru
Gicumbi FC ifite amahirwe yo kuzamuka mu makipe ane arimo Pepiniere FC, Miroplast na SORWATHE FC, azahura kugira ngo yishakemo izasimbura Intare CF yamaze kwikura muri shampiyona.
Rayon Sports inganyije na Enyimba yo muri Nigeria 0-0, mu mukino ubanza wa 1/4 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha (RIB) cyataye muri yombi abayobozi babiri ba FERWAFA barimo Umunyamabanga mukuru wayo Uwayezu Francois Regis n’umuyobozi ushinzwe amarushanwa Eric Ruhamiriza.
Myugariro wakiniraga AS Kigali Iradukunda Eric uzwi nka Radu, yamaze kwerekeza muri Rayon Sports.
Nyuma y’iminsi yari amaze akina yararangije amasezerano, Manishimwe Djabel yamaze kumvikana na Rayon Sports ngo akomeze kuyikinira
Amavubi atsinzwe umukino wa kabiri mu gushaka itike ya CAN 2019, aho atsinzwe ibitego 2-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo