Nyuma yo gufungura icyicaro cya FIFA cy’akarere mu Rwanda, bimwe mu byo Ferwafa ivuga izungukiramo harimo isubukurwa ryo kubaka Hotel ya Ferwafa imaze imyaka hafi itanu yubakwa
Minisiteri ya Siporo yatangaje ko mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru izaba yasubukuwe
Abayobozi ba Rayon Sports basobanuye bimwe mu bibazo bimaze iminsi bivugwa muri Rayon Sports, mu kiganiro bagiranye na RBA kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gashyantare 2021.
Ishyirahamwe ry’abahoze bakinira Amavubi bagaragaje ibyifuzo birindwi bafata nk’ingenzi mu guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda
Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gashyantare 2021 ku cyicaro cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) giherereye mu mujyi wa Cairo mu Misiri habereye tombola igaragaza uko amatsinda y’irushanwa rya CAF Confederation Cup ateye mu mwaka wa 2020/2021.
Umunyarwanda Cassa Mbungo André utoza ikipe ya Bandari Fc yo muri Kenya yahawe igihembo gihabwa buri cyumeru umutoza witwaye neza muri shampiyona ya Kenya
Umutoza w’ikipe ya AS Kigali Eric Nshimiyimana, yatangaje ko abantu batashingira ku mikinire y’ikipe y’igihugu ngo bumve ko Emery Bayisenge byatuma abanzamo muri AS Kigali
Ikipe ya AS Kigali inganyije na CS Sfaxien igitego 1-1, ihita isezererwa mu mikinoya CAF Confederation Cup
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse na APR FC Jacques Tuyisenge, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we yanambitse impeta
Kuri uyu wa Gatanu Perezida wa FIFA Gianni Infantino yafunguye ku mugaragaro ishami rya FIFA riri mu mujyi wa Kigali
Rutahizamu w’ikipe y’Amavubi na APR FC Jacques Tuyisenge yasabye umukunzi we kuzabana akaramata arabimwemerera
Ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwasohotse uyu munsi, igihugu cya Maroc cyegukanye CHAN kiri mu bihugu byazamutse cyane, mu gihe u Rwanda rwagumye ku mwanya rwariho
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ikipe ya CS Sfaxien ni bwo yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wo kwishyura na AS Kigali, umukino utegerejwe kuri uyu wa Gatandatu
Umutoza w’ikipe ya Etincelles yo mu Karere ka Rubavu, Colum Shaun Selby, yasezeye ku mirimo yo kuba umutoza mukuru w’iyi kipe.
Ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2021, abakozi ba APR FC basezeye kuri Lt Gen Jacques Musemakweli witabye Imana tariki ya 12 Gashyantare 2021.
Ikipe ya AS Kigali iheruka gutsindirwa muri Tunisia ibitego 4-1, yageze mu Rwanda yose nyuma yo kuvugwaho ko hari abakinnyi batorotse.
Mu gihe shampiona y’icyiciro cya mbere hashize amezi abiri ihagaritswe, ubu hari gutekerezwa uburyo yazasubukurwa mu ntangiriro za Werurwe uyu mwaka
Ikipe ya AS Kigali itsindiwe muri Tunisia na CS Sfaxien ibitego 4-1 mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup
Mu myitozo ya nyuma ya AS Kigali, Kalisa Rachid yongeye kuvunika bituma ataza gukina umukino uri buhuze iyi kipe na CS Sfaxien yo muri Tunisia ku i Saa Kumi za Kigali
Amakipe atandukanye mu Rwanda ndetse n’abandi basportifs muri rusange, bifatanyije mu kababaro n’umuryango wa Lt Gen Jacques Musemakweli ndetse n’uwa APR FC yabereye umuyobozi mu myaka ishize.
Ikipe ya AS Kigali nyuma y’urugendo rurerure rwatumye inyura na Turukiya, yaraye ikoze imyitozo ya mbere muri Tunisia yitegura umukino uzayihuza na CS Sfaxien kuri iki Cyumweru.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gashyantare 2021, uwari uhagarariye Minisiteri ya Siporo yasobanuye ko abakinnyi b’Amavubi bazahabwa agahimbazamusyi kadasanzwe ariko kari mu byiciro.
Abahoze bakinira Amavubi nyuma yo gushinga ishyirahamwe ribahuza, bandikiye ibaruwa ifunguye Minisiteri ya Siporo bayereka ibyifuzo bigamije iterambere ry’umupira w’amaguru.
Ikipe ya AS Kigali yaraye ihagurutse i Kigali yerekeza muri Tunisia, aho ibanza guca Istanbul muri Turukiya, ikaba igiye gukina umukino ubanza wa CAF Confederation Cup na CS Sfaxien
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikipe y’Igihugu Amavubi ku Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021, umutoza mukuru Mashami Vincent yagaragaje imbogamizi bagize ndetse n’icyo bifuza ngo bazitware neza kurushaho mu bihe biri imbere.
Amakipe ya Mali na Maroc zageze ku mukino wa nyuma wa CHAN, ni zo zihariye ibihembo ziniganza mu ikipe y’abakinnyi 11 beza ba CHAN 2020.
Ikipe ya Maroc ni yo yegukanye igikombe cya CHAN cyaberaga muri Cameroun, nyuma yo gutsinda Mali ibitego bibiri ku busa
Mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi, Perezida Kagame yasabye abakinnyi kureka kugendera ku myemerere irimo ubujiji, anavuga impamvu yatumye umutoza Dragan Popadic asezera.
Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yahuye n’abagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, abashimira uko bitwaye muri CHAN 2020, ndetse agira n’ibyo abasaba kugira ngo bazitware neza mu minsi iri imbere.
Kuri iki Cyumweru tariki 7 Gashyantare 2021, saa tatu z’ijoro za Kigali kuri Stade Ahmadou Ahidjo mu murwa mukuru wa Cameroon, Yaounde harabera umukino wa nyuma wa CHAN 2020 uhuza Mali na Morocco.