Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Kigali buratangaza ko bugiye guhindura izina ry’iyi kipe ikitwa Kigali FC.
Ahmad Ahmad wari warahagaritswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, yemerewe gukomeza guhatanira umwanya wa Perezida wa CAF
Umukinnyi wo hagati uheruka gukinira Rayon Sports, Nizeyimana Mirafa yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Zanaco FC yo muri Zambia.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iheruka gusezererwa mu marushanwa ya CHAN 2020 yaberaga muri Cameroun, igomba guhita itangira indi mikino myinshi ifite mu mwaka wa 2021.
Mu gihe amarushanwa ta CHAN abera muri Cameroun atarasozwa, bamwe mu bakinnyi bagiye bigaragaza kuva igitangira batangiye kubona amakipe mu bindi bihugu
Amakipe y’ibihugu bya Morocco na Mali ni yo azakina umukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru tariki ya 07 Gashyantare 2021.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryategetse ikipe ya AFC Leopards kwishyura Habamahoro Vincent amafaranga asaga Miliyoni 15 Frws cyangwa igafatirwa ibihano
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu akaba na rutahizamu wa APR FC, Jaques Tuyisenge, agiye kumara hagati y’ibyumweru bine na bitandatu hanze y’ikibuga nyuma yo kugira imvune.
Ikipe ya Rayon Sports igiye kugabanya umushahara wahabwaga abakinnyi n’abakozi bitewe no kuba ibikorwa bya siporo birimo shampiyona byarahagaze kubera COVID-19
Ikipe ya AS Kigali ikomeje kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na CS Sfaxien, yakoreye imyitozo kuri Stade Amahoro aho yasuwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent yatangaje ko yababajwe no kuba basezerewe, ariko batajya kurega VAR ahubwo ari ugutegura imikino iri imbere
Mu mukino wa ¼ waberaga kuri Stade Limbe, urangiye ikipe y’igihugu ya Guinea “Syli Nationale” itsinze Amavubi y’u Rwanda igitego 1-0
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ni bwo Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs bwahagaritse amasezerano y’abakinnyi ndetse n’abakozi kubera COVID-19.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” n’iya Guinea “Syli Nationale”, barakina umukino wa ¼ cy’irangiza ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, aho buri ruhabnde rwashyize imbaraga nyinshi muri uyu mukino
Ikipe y’Igihugu ya Cameroon na Mali zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 mu irushanwa rya CHAN 2020 rikomeje kubera mu mijyi itandukanye yo mu gihugu cya Cameroon.
Ikipe ya Musanze FC yahawe umuvugizi mushya ari we Uwihoreye Ibrahim usanzwe ashinzwe ubuzima bwa buri munsi bwa Musanze FC (Team Manager).
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Nsabimana Eric ndetse na Iradukunda Bertrand bari baravunitse, bagarutse mu myitozo mu gihe Manzi Thierry hagitegerejwe icyemezo cya muganga.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent, aratangaza ko n’ubwo bagiye gukina n’igihugu gikomeye, ariko intego ari ukubatsinda bakerekeza muri ¼.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) izacakirana na Guinea mu mikino ya 1/4 cy’irushanwa ry’ibihugu rihuza abakinnyi bakina imbere (CHAN). Mu gihe Morocco yabaye iya mbere mu itsinda ryarimo u Rwanda izahura na Zambia.
Rutahizamu w’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’Igihugu Amavubi, Sugira Ernest, yijeje Abanyarwanda ko ikipe y’igihugu Amavubi izakora ibishoboka byose kugira ngo itware igikombe cya CHAN byakwanga bakagera ku mukino wa nyuma.
Nyuma y’uko ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru Amavubi yegukanye intsinzi mu mukino wo gushaka itike ya 1/4 cy’irushanwa rya CHAN rihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, abayobozi n’abandi bantu batandukanye batanze ubutumwa bashimira akazi gakomeye iyo kipe yakoze.
Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’Amaguru, Amavubi, ibonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho nyuma yo gutsinda Togo ibitego 3-2.
Sogonya Hamisi Kishi Umutoza w’inararibonye mu Rwanda, avuga ko amanota atatu yanyuze Amavubi mu myanya y’intoki bitewe n’uko binjiye mu kibuga batekereza ko ubushobozi bwabo buri munsi y’ubw’ikipe ya Uganda, ari cyo yise “kwikanga baringa”.
Rutahizamu w’Amavubi na Gasogi United Iradukunda Bertrand, yakuwe ku rutonde rw’abaza gukina umukino wa nyuma mu matsinda uhuza Amavubi na Togo
Amakipe ya Congo Brazzaville na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 cya CHAN ikomeje kubera muri Cameroon.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze gutangaza urutonde rw’abasifuzi 35 bazasifura igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 ruriho umunyarwanda umwe.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Mutarama 2021 ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi irakina umukino wa nyuma mu itsinda. Uwo mukino uratuma Amavubi amenya niba yerekeza i Kigali cyangwa i Yaoundé.
Amakipe ya Cameroon na Mali yaraye akatishije itike yo gukina imikino ya 1/4 cya CHAN 2020.
Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) Rwatubyaye Abdul yerekeje mu ikipe ya FC Shkupi yo muri shampiyona ya Macedonia aho yasinye amasezerano y’umwaka n’amezi atandatu.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 24/01/2020, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yahagurutse Douala yerekeza Limbe ahazabera umukino wa nyuma mu itsinda C.