Mu banyarwanda bakina hanze, Ally Niyonzima na Meddie Kagere nib o babashije kwitwara neza, mu gihe hari abandi batakandagiye mu kibuga
Umunyarwanda Emile Bikorabagabo yagiye kwiga mu gihugu cy’u Bushinwa none uyu munsi arakina mu cyiciro cya kabiri mu ikipe ya Yumeng FC mu Ntara ya Jiangsu mu gace bita Changzhou city hafi y’Umujyi wa Shangai.
Ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint Germain rigomba gutangizwa mu Rwanda, byemejwe ko rizubakwa mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo.
Ikipe ya APR FC imaze gutangaza ko yasinyishije Jacques Tuyisenge amasezerano y’imyaka ibiri, ni nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Petro Atletico yo muri Angola
Mu kiganiro umukuru w’abafana ba Kiyovu akaba n’umuvugizi wayo yagiranye na KT RADIO, yavuze ko Gasogi United nubwo yavukiye mu mujyi bizayigora gufata umujyi nk’uko Kiyovu yabigezeho, anavuga ko nta bibazo biri muri Kiyovu ahubwo ku bwe ngo Kiyovu Sports ni umukobwa mwiza ushakishwa na bose.
Ikipe ya Rayon Sports yasabwe kwishyura umukinnyi Kakule Mugheni Fabrice wari warayireze muri Ferwafa, bigakorwa bitarenze iminsi itanu
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeza ko igiye kujyana ikirego cyayo muri CAF, nyuma yaho FERWAFA ibahaye umwanzuro batishimiye.
Umuyobozi w’Ikipe ya Bugesera FC, Gahigi Jean Claude, ari mu maboko y’Ubushinjacyaha, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Alex Harlley ukomoka muri Togo, akaba na mwishywa wa Emmanuel Adebayor wari uherutse gusinyira ikipe ya Rayon Sports, yamaze guhindura gahunda zo gusinyira Rayon Sports.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA”, ryamaze gutangaza amabwiriza agomba kubahrizwa n’amakipe mbere y’uko shampiyona itangira.
Ikipe ya Rayon Sports n’umutoza Ivan Minnaert batangaje ko ikibazo bari bafutanye bagikemuye, ariko ntibagira icyo bavuga ku bihano iyi kipe yari yarafatiwe
Se wa Bukuru Christophe ukinira APR FC yitabye Imana kuri iki Cyumweru azize uburwayi, bikaba byatangajwe n’ikipe ya APR FC
Umunsi wa mbere wa Shampiyona y’u Bwongereza wahiriye ikipe ya Arsenal, Liverpool na Crystal Palace zegukanye intsinzi. Ikipe ya Arsenal na Fulham ni zo zafunguye shampiyona mu mukino wabereye kuri Stade ya Craven Cottage.
Ikipe ya Mukura Victory Sports yasinyanye amasezerano n’ibigo bya Hyundai na Volcano Express, ikazajya ihabwa Miliyoni 70 Frws buri mwaka
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasubitse itangira ry’amarushanwa yaryo arimo Shampiyona ya 2020/21 yagombaga gutangira tariki 30/10/2020.
Ikipe ya Kiyovu Sports yahakanye ibaruwa yavugaga ko yatumijeho inteko rusange idasanzwe, ko ahubwo hagomba kubanza gushyirwaho Komisiyo y’amatora
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi ’UCI’ yahannye Patrick Schelling wabaye uwa gatatu muri Tour du Rwanda azira kunywa imiti itemewe.
Umunyezamu Bashunga Abouba wamenyekanye mu makipe nka Rayon Sports, Bandari yo muri Kenya na Buildcon yo muri Zambia kuri ubu akaba aharutse gisinya amasezerano mu ikipe ya Mukura Victory Sports, yavuze ko ikipe ya Mukura Victory Sports ari yo aha amahirwe kurusha andi makipe ku gikombe cya shampiyona ya 2020-2021.
Ikipe y’Isonga yandikiye Ferwafa iyisaba kudaha ibyangombwa abakinnyi babiri barimo Iradukunda Axel na Hakizimana Adolphe kuko hari ibyo ibona Rayon Sports itubahirije
Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha Patrick SIbomana amasezerano y’imyaka ibiri, aba umukinnyi wa karindwi iyi kipe isinyishije
Murenzi Abdallah wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yasabye abakunzi ba Rayon Sports gushyira hamwe, anatangaza ko abona imbere hari ibisubizo byiza kuri Rayon Sports.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwandikira FERWAFA isaba ko ibihano yahawe na Ferwafa byo kutandikisha abakinnyi byasubikwa
Akanama gashinzwe imyitwarire muri FERWAFA katangaje ko ikipe ya Rayon Sports itemerewe kugira umukinnyi mushya yandikisha, igihe cyose itarishyura umutoza Ivan Minnaert.
Perezida wa Republika Paul Kagame yavuze ko ibibazo biri muri Rayon Sports yabyumvise kandi ko yabishinze Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, akaba yizeye ko biri mu nzira zo gukemuka.
Ikipe ya Rayon Sports yandikiye Ferwafa iyisaba ko yahindura umwaznuro yafashe ku makipe azahagararira u Rwanda, ikaba yaboneka muri ayo makipe abiri.
Gasogi United yatangaje ko yaraye isinyishije TUYISENGE Hakim uzwi ku izina rya Dieme, akaba yakiniraga ikipe ya Etincelles
Umukinnyi ufatwa nka nimero ya mbere ku isi muri iki gihe mu mupira w’amaguru, Lionel Messi, yatangaje ko atakivuye mu ikipe ya FC Barcelona.
Abandi bakinnyi batatu ba Paris Saint Germain basanzwemo Coronavirus, nyuma y’abandi barimo Neymar yari yaragaragayeho
Ikipe y’impunzi z’abarundi ziba mu Rwanda, yandikiye Ferwafa isaba kuba yakwemererwa gukina shampiyona y’icyiciro cya kabiri ndetse n’andi marushanwa
Ikipe ya APR FC yamaze kwemeza ko umukinnyi wayo Bukuru Christophe yafatiwe ibihano n’ikipe kubera ktubahiriza ibyo basabwe n’umutoza mu gihe cya COVID19