Rutahizamu wa Liverpool, Roberto Firmino ukomoka muri Brazil, yashyize amarangamutima mu butumwa bubabaje yageneye isi ya ruhago, nyuma yo kudahamagarwa mu ikipe y’igihugu izakina Igikombe cy’Isi 2022.
Ikipe ya Mukura VS nyuma y’imikino itatu(3) idatsinda yabonye intsinzi ku munsi wa munani wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Ugushyingo 2022.
Kalinda Viateur, ni umwe mu bahoze ari abanyamakuru ba Radiyo Rwanda mu ishami ry’imikino mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yamenyekanye cyane muri gahunda yo kogeza ruhago (umupira w’amaguru) akoresheje imvugo yihariye yaje no gushyira mu gatabo yanditse akita ‘Rwanyeganyeze’, imvugo ye isakara no muri bagenzi be (…)
Ikipe y’igihugu ya Cameroon ni imwe mu makipe y’ibihugu atanu azitabira igikombe cy’isi mu gihugu cya Qatar kizatangira taliki ya 20 Ugushyingo uyu mwaka.
Ikipe ya APR FC yanganyije ubusa ku busa n’ikipe ya Espoir Fc i Rusizi, umutoza w’agateganyo Ben Mossa atangaza ko bagowe n’ikibuga kigoranye kugikiniraho
Kuri uyu wa Kane tariki 3 Ugushyingo 2022, myugariro Gerard Pique ukomoka muri Espagne wakiniraga ikipe ya FC Barcelona, yatangaje ko asezeye kuri ruhago ku myaka 35 y’amavuko.
Guhera tariki 20/11 muri Qatar haratangira igikombe cy’isi gihuza ibihugu 32, aho Maroc ari kimwe mu bihugu bihagarariye umugabane wa Afurika
Ku wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, umutoza Ahmed Abdelrahman Adel watozaga ikipe ya Gasogi, mu bwumvikane yatandukanye nayo kubera ikibazo cy’uburwayi, akaba agiye kwivuriza iwabo mu Misiri.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yatsindiwe muri Mali mu mukino wo kwishyura, wabaye ku wa 29 Ukwakira 2022, igitego 1-0 asezererwa mu mikino yo gushata itike y’Igikombe cya Afurika ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Ikipe ya Kiyovu Sports kuri uyu wa Gatandatu yatsinze Musanze FC mu mukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona, wabereye kuri Stade ya Kigali, ibitego 3-0 biyihesha umwanya wa mbere.
Mu mukino wambimburiye indi y’umunsi wa karindwi ya shampiyona, ikipe ya Police FC yatsinze Rwamagana bituma igira amanota 10 kuri 12 mu mikino ine iheruka gukina.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavub’, ishobora gukina umukino wa gicuti n’igihugu cya Sudan mu kwezi k’Ugushyingo 2022.
Umutoza Robertinho utoza ikipe ya Vipers SC muri Uganda uri kuvugwa mu makipe arimo APR FC yo mu Rwanda aranifuzwa n’andi makipe arimo Young Africans yo muri Tanzania.
Mvukiyehe Juvenal wari Perezida w’ikipe ya Kiyovu Sports, yashimangiye ko atigeze akuraho ubwegure bwe kuko ubu arimo gufasha ikipe mu mezi abiri nk’uko yabyemeye mu bwegure bwe.
Ikipe ya Mukura VS yajuririye ibihano yahawe na FIFA byo kwishyura Opoku Mensah wahoze ayikinira, asaga miliyioni 12Frw nyuma yo kuyirega avuga ko yamwirukanye binyuranyije n’amategeko.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abafana ba Rayon Sports bamwifurije isabukuru nziza y’imyaka 65 yizihije tariki 23 Ukwakira 2022.
Kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Espoir FC 3-0, Kiyovu Sports ikura amanota i Huye itsinze Mukura VS 1-0 mu mikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 yanganyije na Mali igitego 1-1 mu mukino ubanza wabereye kuri Stade Huye
Imikino ya shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru yakomeje kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ukwakira 2022, ikipe ya Police FC ikaba yatsinze Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona.
Impuazamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatangaje urutonde rw’abasifuzi bazasifura irushanwa rya CHAN, rugaragaramo abanyarwanda batatu
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryavuze ko umukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyiona Mukura VS izakiramo Kiyovu Sports uzabera i Huye tariki 23 Ukwakira 2022 nk’uko byari biteganyijwe mu gihe hari hasabwe ko wabera i Kigali.
Umukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona biteganyijwe ko Mukura VS izakiramo Kiyovu Sports tariki 23 Ukwakira 2022 ushobora kwimurirwa i Kigali aho kubera i Huye.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 basuye umukecuru Mukanemeye Madeleine usanzwe ufana Mukura VS n’Amavubi
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ikomeje imyitozo yitegura ikipe y’igihugu ya Mali bazakina kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Huye
Ku wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, i Paris mu Bufaransa, rutahizamu uhakomoka Karim Benzema ukinira Real Madrid yo muri Espagne, yegukanye igihembo cya Ballon d’Or ya 2022.
Uwari umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Manuel da Silva Paixão Santos yamaze gutsinda urubanza yaregagamo ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kumwirukana we n’umwungiriza we Paulo Daniel Faria binyuranyije n’amategeko.
Kuri iki Cyumweru tariki 16 Ukwakira 2022, ikipe ya AS Kigali yasezerewe n’ikipe ya Al Nasr muri CAF Confederation Cup, nyuma yo gutsindwa igitego 1-0.
Ikipe ya APR FC yemeje ko yahagaritse umutoza mukuru Adil Erradi Mohamed ndetse na kapiteni wayo Manishimwe Djabel kubera imyitwarire
Perezida Paul Kagame yahuye n’abakinnyi bakanyujijeho mu mupira w’amaguru bari mu Rwanda ahazabera Igikombe cy’Isi cy’abakinnyi bahoze bakomeye muri ruhago (Veteran Clubs World Championship - VCWC), ndetse no mu rugendo ruri kuzenguruka isi.