Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 09 Gicurasi 2015, mu karere ka Musanze haratangira isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ryo mu misozi rizwi ku izina rya Africa Continental Mountain Bike Championships.
Mu gihe u Rwanda rugiye kwakira bwa mbere Isiganwa ry’amagare rikinirwa mu misozi (2015 Africa Continental Mountain Bike Championships), Ikipe y’u Rwanda ikomeje imyiteguro ikomeye mu karere ka Musanze aho irushanwa rizabera.
Aleluya Joseph, umukinnyi usiganwa ku magare w’imyaka 19 ukinira Amis Sportifs y’i Rwamagana, niwe wegukanye irushanwa rya mbere ryiswe Kivu Race. Iri rushanwa niryo rya mbere mu marushanwa 10 agize Rwanda Cycling Cup 2015 izarangira mu kwezi kwa 10/2015.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye irushanwa ngarukakwezi ryiswe “Rwanda Cycling Cup” rigizwe n’amarushanwa icumi azajya aba buri kwezi.
Umunyarwanda Adrien Niyonshuti ukina mu ikipe y’ababigize umwuga ya MTN Qubeka ibarizwa mu gihugu cy’Afrika y’Epfo ari mu ikipe izitabira irushanwa rizwi ku izina rya Coppi e Bartalli rizaba kuva kuri uyu wa kane.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Amagare, Hadi Janvier akomeje kwitwara neza mu marushanwa ari kubera mu gihugu cy’Algerie (Grand Tour d’Algerie) aho yaje ku mwanya 2 mu gace gasoza isiganwa rya Tour international d’Annaba.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri kwitabira amarushanwa mpuzamahanga ya Tour du Cameroun, Bintunimana Emile yegukanye agace ka kabiri k’iri siganwa ku cyumweru tariki ya 15 Werurwe 2015.
Hadi Hanvier, umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’amagare yegukanye irushanwa mpuzamahanga rya Grand Prix de la Ville d’Oran ryakinwe ku wa 10/03/2014 muri Algeria.
Umukinnyi Gasore Hategeka ukina mu ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe Eastern Circuit ryavaga Kigali ryerekeza i Nyagatare, kuri uyu wa gatandatu tariki 7/3/2015.
Mu rwego rwo gufasha abakinnyi kumenyera gukora amarushanwa menshi ashoboka, ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryashyizeho gahunda yo kuzajya hakorwa nibura irushanwa rimwe buri kwezi.
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda bakiranywe icyubahiro ubwo bageraga mu Rwanda baturutse mu gihugu cya Gabon mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana yegukanye umwanya wa mbere mu basiganwa ku magare batarengeje imyaka 23, mu gihe ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa mbere mu makipe yo muri Afurika mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Umusore w’umunyarwanda Hadi janvier yatwaye igihembo cy’uwagaragaje imbaraga mu guhatana mu isiganwa ku magare rya la Tropicale Amissa Bongo.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana w’imyaka 22 yabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’irushanwa rizenguruka Gabon ryitwa La Tropicale Amissa Bongo ririmo abakinnyi batarengeje imyaka 25.
Nyuma y’ubuhanga yagaragaje mu mikino nyafurika iri kubera muri Afurika y’epfo, umunyarwandakazi Girubuntu Jeanne d’Arc yasabiwe kujya kwitoreza mu busuwisi.
Nyuma yo kwegukana umudari wa Silver mu mikino Nyafurika ibera muri Afurika y’epfo, umutoza Jonathan Boyer asanga umukinnyi Valens Ndayisenga afite Impano idasanzwe mu mukino w’Amagare.
Umunyarwanda w’imyaka 20 Ndayisenga Valens, ni we wegukanye umwanya wa kabiri mu bakinnyi batarengeje imyaka 23, basiganwaga ku giti cyabo kuri uyu wa gatatu tariki 11/2 muri shampiyona ya Afurika y’amagare ikomeje kubera muri Afurika y’epfo.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare ikomeje guhatana n’ibind bihugu muri shampiyona nyafurika muri uyu mukino yakinwaga umunsi wayo wa kabiri kuri uyu wa kabiri tariki 10/2/2015.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yarangije gusesekara mu gihugu cya Afurika y’epfo aho igiye kwitabira shampiyona nyafurika muri uyu mukino izatangira ku wa mbere tariki 9/2/2015 ikageza tariki 14/1/2015.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi UCI, yarangije kwemeza ko Ntiyamira Jean Sauveur azaba umwe mu basifuzi(comissaire) bo muri shampiyona ya Afurika izabera muri Afurika y’epfo kuva tariki ya 9-14/2/2015.
Irushanwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryabimburiye ayandi ya 2015 muri Afurika, ritumye u Rwanda rutangirana umwanya wa kabiri kuri uyu mugabane mu mukino w’amagare, umwanya uruhesha itike yo kujya mu mikino olimpike izabera I Rio de Janeiro muri Brazil.
Munyamahoro Jean Claude ni we waraye yegukanye isiganwa ngarukamwaka ry’umukino w’amagare rigiye kujya rutegurwa n’akarere ka Gisagara, nyuma yo kurangiza ibirometero 65 byakinwaga kuri iki cyumweru akoresheje 02h30’2”.
Cycling Club for All (CCA) ikorera i Huye ifatanyije n’akarere ka Gisagara bateguye isiganwa ryo gushaka abana bafite impano mu mukino w’amagare rizaba ku cyumweru tariki 25 mutarama 2015.
Ndayisenga Valens uzwi nka Rukara yakoresheje iminota 10 n’amasegonda 47 maze yegukana agace kabanziriza utundi mu isiganwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryatangiye kuri uyu wa gatatu.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare batangaza ko batazi impamvu badafatwa nk’abandi bo mu yindi mikino bahagararira igihugu cyabo aho kugeza ubu bibaza cyane kuri ejo habo nyuma yo kuva muri uyu mukino.
Abakinnyi batandatu bagize ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare bari bwerekeza mu Misiri kuri uyu wa mbere mu isiganwa rizenguruka iki gihugu rizwi nka Tour of Egypt rizatangira tariki 14 Mutarama rigasozwa tariki 18/1/2015.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye imyitozo ikaze kuri uyu wa 02/01/2015 yitegura isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu cya Misiri (Tour Of Egypt) riteganyijwe muri uku kwezi kwa mbere.
Umukinnyi usiganwa ku magare mu Rwanda Ndayisenga Valens ari mu bakinnyi batanu banyuma bazatoranywamo umukinnyi w’umunya Afurika witwaye neza mu magare muri 2014.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, baheruka kwitwara neza muri Tour du Rwanda bakayitsindira, abemerera kubafasha mu bibazo ikipe y’igihugu ihura nabyo byatumaga ititegura neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwageneye ishimwe ry’amafaranga ibihumbi 200 umukinnyi Ndayisenga Valens uherutse kwegukana Tour du Rwanda ya 2014.