Ku wa gatandatu, iya 20 Nzeri, umuntu wese ufite igare yahawe rugari, yerekeza kuri Kigali Convention Centre maze afatanya n’abandi urugendo mu muhanda uzakoreshwa muri Shampiyona y’isi y’amagare yatangiye i Kigali kuri iki cyumweru.
Umubiligi Remco Evenepoel yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu gusiganwa n’igihe mu bagabo, atwaye ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Kuri iki Cyumweru, Marlen Russel yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu bagore mu gusiganwa n’igihe.
Kuri iki Cyumweru hatangiye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, ibereye bwa mbere muri Afurika ikabera mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru muri BK Arena hafunguwe ku mugaragaro Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda kugeza ku wa 28 Nzeri 2025.
Kuva kuri iki Cyumweru tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025, Umujyi wa Kigali uzakira shampiyona y’ Isi y’ Amagare igiye kubera muri Afurika ku nshuro ya mbere aho iya 2025 izahuza ibihugu 110, bihagarariwe n’ abakinnyi barenga 919, bari mu byiciro bitandukanye mu bagabo n’abagore.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire uri mu basiganwe byo kwishimisha mbere y’uko kuri iki Cyumweru Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 itangira, yavuze ko yabonye kunyoga igare bitoroshye, ibigaragaza ko iyi shampiyona ashishikariza Abanyarwanda gukurikira izaba ikomeye.
Umubiligi, Remco Evenepoel w’imyaka 25 y’amavuko, ukinira ikipe ya Soudal–Quick-Step, yageze i Kigali aho aje guhatana muri shampiyona y’ Isi y’ Amagare 2025 izaba kuva tariki 21 kugeza 28 Nzeri 2025.
Abakinnyi 23 bazahagararira u Rwanda muri shampiyona y’Isi y’Amagare yo mu muhanda 2025 ndetse n’abatoza babo bavuga ko bafite ikizere cyo kwitwara neza bagakora amateka yiyongera ku kuba u Rwanda rwakiriye iri rushanwa.
Abashinzwe gutegura irushanwa mpuzamahanga ry’umukino w’amagare rizatangira kuri iki cyumweru rikamara iminsi irindwi rica mu mihanda inyuranye ya Kigali, barasaba abatuye umujyi wose kumva neza aya mahirwe y’imbonekarimwe, kugira ngo bazacuruze, bafane, bereke abashyitsi ko u Rwanda ari igihugu cy’ubudasa.
Kubura k’umuriro w’amashanyarazi kwa hato na hato kwagaragaye mu mezi ashize gushingiye ahanini ku mashini zitanga Megawatt 30 zakuwe ku muyoboro w’igihugu w’amashanyarazi nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi babifitiye ububasha.
Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar, ufite shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare ya 2024, ndetse akaba na nimero ya mbere ku Isi muri uyu mukino, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yageze i Kigali aho yitabiriye iyi shampiyona, itegerejwe kuva ku wa 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025.
Habura amasaha macye u Rwanda rugakora amateka yo kuba igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye shampiyona y’Isi y’Amagare imaze imyaka 103 ikinwa kinyamwuga, aho izamara icyumweru ikinirwa mu Mujyi wa Kigali.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe hasigaye iminsi itarenga 50, imyiteguro yo kwakira Irushanwa ry’Isi ryo Gutwara Amagare ‘2025 UCI Road World Championships’, rizabera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri, amashuri yo muri Kigali azafunga ndetse n’abakozi bose bakazakorera mu rugo.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’umukino wo gusiganwa ku igare “Bugesera Cycling Team” nyuma y’imyaka 6 ishinzwe ubu yamaze kubona umufatanyabikorwa uzayiha miliyoni 50 y’amafaranga y’u Rwanda
Ikundabayo Roben ukinira ikipe ya Muhazi Cycling Generation na Nzayisenga Valentine ukinira Benediction Club, begukanye Isiganwa ry’Amagare ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ryakinwe ku wa 27 Mata 2025.
Fabien Doubey ni we wegukanye isiganwa mpuzamahanga "Tour du Rwanda 2025" yari imaze iminsi umunani ibera mu Rwanda
Nahom Araya ukinira ikipe y’igihugu ya Eritrea ni we wegukanye ka Nyanza-Kigali, kasorejwe Canal Olympia ku musozi wa Rebero, nyuma yo gusiga abarimo Mugisha Moise bari bahanganye
Umubiligi Duarte Marivoet w’imyaka 20 ukinira ikipe ya UAE Emirates Team ni we wegukanye agace Rusizi-Huye
Mu gace ka kane ka Tour du Rwanda kakinwaga bava Rubavu berekeza mu karere ka Karongi, Umufaransa Joris Delbove ni we ukegukanye.
Brady Gilmore ukinira ikipe ya Israel-Premier Tech wari wegukanye agace k’ejo ni nawe wegukanye agace Musanze-Rubavu
Umukinnyi Brady Gilmore ukinira ikipe ya Israel-Premier Tech ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorejwe i Musanze.
Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan ni wegukanye umunsi wa kabiri wa Tour du Rwanda, mu gace kavaga i Gicumbi basoreza mu mujyi wa Kayonza
Aldo Taillieu, umubiligi w’imyaka 19 ukinira ikipe ya Lotto Development Team, yegukanye agace ka Prologue yakoresheje 3’48", aho umuntu asiganwa ku giti cye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri iki Cyumweru yatangije isiganwa mpuzamahanga Tour du Rwanda rizenguruka u Rwanda
Amakipe aturuka hanze y’u Rwanda aje gukina Tour du Rwanda 2025 yamaze kugera mu Rwanda.
Abashinzwe gutegura isiganwa "Tour du Rwanda" bamaze gutangaza urutonde rwose rw’abakinnyi bazayitabira, ndetse na numero buri wese azaba yambaye
Isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda, ku nshuro ya 17 rigiye kongera gukinirwa ku butaka bw’u Rwanda nk’ibisanzwe.
Abategura Tour Du Rwanda ndetse n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), bahumurije abazitabira isiganwa ngarukamwaka ry’amagare, ko umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo (DRC), igihugu gihana imbibi n’u Rwanda ko ntaho bihuriye n’u Rwanda bityo ko isiganwa rya Tour Du Rwanda ry’uyu mwaka, rizaba nta (…)
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi "UCI" yatanze umucyo ku bimaze iminsi bivugwa ko shampiyona y’isi y’amagare itakibereye mu Rwanda