Abashinzwe gutegura isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda bamaze gutangaza inzira za Tour du Rwanda 2019 izaba itandukanye n’izindi zose zabayeho.
Umukinnyi w’ikipe ya Fly Cycling Club Mugisha Moise yegukanye irishanwa rya Karongi Challenge, rimwe mu ma siganwa agize amarushanwa ngarukamwaka ya Rwanda Cycling Cup.
Mu matora yabereye ku kicaro cy’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Bufaransa FF Cyclisme Aimable Bayingana usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare mu Rwanda, yatorewe kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare muri Francophonie ku rwego rw’isi .
Mu isiganwa ry’amagare rizwi nka Rwanda Cycling Cup, Manizabayo Eric niwe wegukanye agace Musanze-Rubavu
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare baraye bakoreye impanuka mu gihugu cya Cameroun aho yari iri kwitabira irushanwa rya Grand Prix Chantal Biya ariko Imana ikinga akaboko.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho igiye gukina irushanwa rya Colorado Classic ritangira uyu munsi ahitwa Vail muri Colorado.
Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.
Mugisha Samuel w’imyaka 20 yatwaye Tour du Rwanda 2018, nyuma yo gusoza etape ya 8 ku mwanya wa 8 asizwe amasegonda 6 na Azzedine Lagab wayitwaye i Nyamirambo.
David Lozano wabaye uwa 65 mu isiganwa rya Milan-San Remo muri Werurwe uyu mwaka, yatwaye etape ya 7 yasorejwe mu mujyi wa Kigali rwagati.
Bereket Desalegn Temalew wo muri Ethiopia yegukanye etape ya 6 ya Tour du Rwanda yavaga Rubavu yerekeza mu Kinigi.
Julian Hellmann yongeye guhesha ikipe ya Embrace the World intsinzi ubwo yatwaraga etape ya gatanu ya Tour du Rwanda muri sprint i Rubavu.
Team embrace the World yongeye kubona intsinzi muri Tour du Rwanda 2018 binyuze ku Munyamerika Rugg Timothy watsindiye i Karongi kuri etape ya kane.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data yegukanye agace ka Kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Mujyi wa Huye.
Umunya Algeria Azzedine Lagab ukinira ikipe ya Groupement Sportif des Pétroliers yo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda kakiniwe i Rwamagana.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda FERWACY, ryamaze gushyira ahagaragara aho irushanwa rya Tour du Rwanda 2018 rizamara icyumweru rizanyura. Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe burakangurira buri Munyarwanda kuzarikurikirana ari nako bashyigikira amakipe atatu ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda rimaze gushyira ahagaragara abakinnyi bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2018.
Rugambwa Jean Baptiste wari umuyobozi akaba n’umutoza wa Les Amis Sportif, imwe mu makipe yo gusiganwa ku magare yo mu Karere ka Rwamagana, yahitanywe n’impanuka kuri iki cyumweru
Munyaneza Didier uherutse kwegukana shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yashimangiye imbaraga ze muri iyi minsi yegukana irushanwa rya nyuma ritegura Tour du Rwanda ryatangiriye i Karongi rigasorezwa i Rubavu.
Nsengimana Bosco ukinira ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu yabaye uwa mbere mu isiganwa rya mbere ritegura Tour du Rwanda ryavaga i Musanze ryerekeza i Karongi rinyuze i Rutsiro.
Mu mpera z’icyumweru Abakinnyi bitegura guhagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda baritegura bakina amasiganwa abiri azanyura mu Karere ka Rutsiro.
Ikipe y’amagare igizwe n’abakinnyi batandatu berekeje mu Bubiligi mu myitozo izamara ukwezi kuva taliki 5 Nyakanga kugeza taliki 30 Nyakanga 2018.
Munyaneza Didier wakiniraga ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu arerekeza mu ikipe ya Tirol yo muri Autriche kuri uyu wa mbere
Areruya Joseph yegukanye shampiyona y’igihugu mu gusiganwa n’igihe (Contre la montre) yerekezaga i Rwamagana.
Mu nzira zatangajwe za Tour du Rwanda 2018, hagaragayemo inzira nyinshi nshyshya zitari zimenyerewe mu masiganwa yandi yatambutse
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare bari barerekeje muri Cameroun baraye bageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, aho banegukanye iri siganwa
Mu isiganwa ryaberaga muri Cameroun, Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana arisoje ari we uri ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana niwe ukomeje kuyobora isiganwa ribera muri Cameroun, aho ayoboye urutonde rusange kugeza ubu.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Senegal bakiriye ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare bayishimira uko yitwaye muri Tour du Senegal