Mu mikino ya ½ cy’irangiza yabereye mu karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba, APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda mu rwego rw’abagabo, nizo zabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma mu irushanwa rigamije kurwanya Malariya ryeteguwe n’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye n’Imbuto (…)
U Rwanda rwafashe umwanya wa mbere, runabona itike yo kuzakina ¼ cy’irangiza, ruzakina na Tanzania ku wa Mbere tariki ya 3/12/2012, nyuma yo gutsinda Eritrea ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma mu itsinda wabereye i Lugogo kuri uyu wa gatandatu.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball y’ingimbi zitarengeje imyaka 17 izatangira imyitozo mu cyumweru gitaha, yitegura irushanwa rizahuza amakipe y’ibihugu byo mu karere ka Gatanu, rizabera mu Rwanda muri Mutarama umwaka utaha.
Amavubi arasabwa gutsinda umukino wa gatatu ari nawo wa nyuma akina na Eritrea kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kugira ngo yizere gukomeza muri ¼ cy’irangiza, Nyuma yo gutsindwa na Zanzibar 2-1 mu mukino wa kabiri mu itsinda.
Lionel Messi na Andres Iniesta bakinira FC Barcelona na Cristiano Ronaldo wa Real Madrid nibo bazatoranywamo umukinnyi wa mbere ku isi akazahabwa umupira wa zahabu ( Ballon d’or 2012).
Mu mukino wayo wa kabiri wo mu itsinda, u Rwanda rwatsinzwe na Zanzibar ibitego 2-1 kuri Namboole Stadium kuwa kane tariki 29/11/2012. Uwo mukino wabereye ku kibuga cyangiritse cyane kubera imvura yatumye gihinduka amazi n’ibyondo bikabije.
Ku wa gatandatu tariki 01/12/2012 nibwo irushanwa rya Volleyball rigamije kurwanya Malaria rizaba rigeze muri ½ cy’irangiza, umukino ukomeye cyane ukazahuza APR VC na KVC.
Kapiteni wa Rayon Sport Karim Nizigiyimana bakunze kwita ‘Makenzi’ yemeye guheba amafaranga yibwe n’uwari ushinzwe kurinda abakinnyi ba Rayon Sport, ndetse yemera gukomeza gukinira iyo kipe, nyuma y’aho byavugwaga ko natishyurwa ayo mafaranga n’ubuyobozi bwa Rayon Sport ashobora no kuyisezeramo.
Nyuma y’uko umukinnyi w’ikipe ya Zambiya akomerekejwe n’abafana b’ikipe ya Afurika y’Epfo ubwo bakinaga umukino wa gicuti wabaye tariki 14/11/2012, polisi y’icyo gihugu yafashe ingamba zo kuzarinda amakipe yose amasaha 24 kuri 24.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Kenya, James Nandwa, yirukanye abakinnyi babiri ( Paul Were na Kevin Omondi) batorotse hoteli mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 27/11/2012, bakajya mu kabari batahuka basinze ndetse banafite abagore.
Nyuma yo gutsinda Malawi ibitego 2-0, ikipe y’u Rwanda yatangiye gushyirwa ku rutonde rw’amakipe ashobora gutwara igikombe cya CECAFA, ariko Umutoza wayo Milutin Micho avuga ko hakiri kare cyane kuba umuntu yatanga amahirwe ku ikipe abereye umutoza.
Ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya Gatsibo (Gatsibo Football Academy) ribifashijwemo na sosiyete y’itumanaho ya Airtel, rigiye kugirana ubucuti n’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza.
Mu marushanwa yakozwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, ikipe ya Les Onze du Dimanche niyo yatwaye igikombe mu makipe y’abakuze mu karere ka Muhanga.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yatangiye irushanwa rya CECAFA yitwara neza itsinda Malawi ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Namboole Stadium i Kampala ku wa mbere tariki 26/11/2012.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Protais Mitali, arasaba amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda (federations) gufatira urugero ku ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ryateguye neza irushanwa ryo kuzenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) ryasojwe ku cyumweru tariki 25/11/2012.
Umunyafurika y’Epfo, Lill Daren, ni we wegukanaye isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ ryasojwe ku cyumweru tariki 25/11/2012. Intera yose hamwe ya kilometero 894 yarayirangije akoresheje amasaha 22 iminota 43 n’amasegonda 41.
Ally Bizimana wahoze atoza Mukura FC ubu akaba ari umutoza wungurije muri Rayon Sport akomeje gutunga agatoki akarere ka Huye kuba karamwambuye amafaranga miliyoni 2 n’ibihumbi 100 y’umushahara.
Umunya Afurika y’Epfo Lill Darren ni we wongeye kwegukana umwanya wa mbere ahita anahabwa umwambaro w’umuhondo uhabwa umukinnyi umaze gusiga abandi bose kuva isiganwa ryatangira. Ku umunsi wa karindwi w’isiganwa rya Tour du Rwanda, ryakomeje kuwa wa Gatandatu tariki ya 24/11/2012.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yageze ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda tariki 22/11/2012 aho igiye kwitabira irushanwa ya CECAFA rizabera i Kampala kuva tariki 24/11 kugeza tariki ya 8/12/2012.
Ubwo abasiganwa muri Tour du Rwanda basesekararaga mu karere ka Musanze kuri uyu wa Kane tariki 22/11/2012, umunya-Eritrea Merhawi Kudus niwe wahise wambara umwambaro w’umuhondo, ugenerwa uwakoresheje igihe gito kuva irushanwa ryatangira.
Mu isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare (Tour of Rwanda) ryabaye kuri uyu wa kabiri tariki 20/11/2012, kuva i Kigali kugera mu karere ka Muhanga, nta mu nyarwanda waje mu myanya 10 ya mbere.
Mu rugendo ikipe ya Nyanza City Veterans yagiriye mu gihugu cy’u Burundi tariki 17/11/2012, bamwe bavuyeyo barwaniye mu modoka ngo kubera ubusinzi. Iyo kipe yari igiye gukina umukino wa gicuti na bagenzi babo b’Abarundi.
Urubyiruko rukina umukino wa Karate rwo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera rutangaza ko rudatera imbere mu bumenyi bw’uwo mukino kubera ko batuye mu cyaro kandi n’ubuyobozi bukaba butabitaho.
Kuri iki cyumweru tariki 18/11/2012, akarere ka Huye kasezereye akarere ka Nyamagabe mu mukino w’umupira w’amaguru haba mu bakobwa no mu bahungu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango wa FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe.
Umunya-Canada, Pelletier Roy Remi, yegukanye umwanya wa mbere mu gusiganwa ku giti cye intera ngufi ‘prologue’ ya kilometero 3,5 mu irushanwa rya tour du Rwanda ryatangiye tariki 18/11/2012. Umunyarwanda Adiren Niyonshuti yaje ku mwanya wa gatatu.
Ku nshuro ya karindwi, ikipe ya Al Ahli yo mu Misiri yegukanye igikombe gikinirwa n’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), nyuma yo gutsinda Esperance de Tunis ibitego 2-1.
Abarimu bagiye kwigisha abanyeshuri umukino wa sitball maze abafite ubumuga babashe gukina n’abandi mu bihe by’ikiruhuko. Mbere wasangaga abana bafite ubumuga biga ku bigo by’amashuri bifite gahunda y’uburezi budaheza, babura imikino bahuriraho n’abandi.
Amakipe abiri y’abasheshakanguhe bo mu mujyi wa Muhanga (Les Onze du Dimanche na Magic FC) azwiho guhangana bikomeye, kuburyo atajya akina umukino wa gicuti kubera ishyaka ryo kwanga gutsindwa riyaranga.
Isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) ry’uyu mwaka rizaba kuva ku cyumweru tariki 18/11/2012 kugeza tariki 25/11/2012, rizitabirwa n’amakipe 12 aturuka mu bihugu 10 byo hirya no hino ku isi.
Kuva tariki 15/11/2012, hari kuba amarushanwa ahuza amakipe atandatu harimo ayo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri, mu rwego rwo kwigaragariza abashinzwe kugurisha abakinnyi i Burayi abakinnyi bafite impano.