Umutoza Antoine Hey utoza Amavubi yandikiwe ibaruwa na Ferwafa imusaba gutanga ibisobanuro byo kuba yarataye akazi atabimenyesheje abakoresha be
Ikipe y’Isonga FC yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagomba gutangira umwiherero bitegura irushanwa mpuzamahanga yatumiwemo muri Cote D’ivoire.
Guhera ku itariki ya 24 Ukwakira 2017 ikipe ya Rayon Sports ntiyemerewe gukorera imyitozo ku kibuga cyubatswe n’umuterankunga wayo Skol.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 15 bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2017.
Tariki ya 23 Ukwakira ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kuko bawizihizaho isabukuru y’amavuko ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Umukinnyi w’umunyarwanda Jacques Tuyisenge byavugwaga ko azaza muri APR Fc mu kwa mbere, yasinye imyaka ibiri muri Gor Mahia
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volley Ball imaze gutsindwa na Algeria mu gikombe cy’Africa bituma izahura na Misiri ya mbere muri Africa.
Mu Rwanda abasaga 250 bamaze gusoza amasomo ya Kaminuza mu ishami rya Siporo, ndetse benshi banabarizwa mu bikorwa bitandukanye bya Siporo hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Karere ka Huye na Gisagara harabera isiganwa ry’imodoka rigamije kwibuka Gakwaya wahoze asiganwa mu modoka.
Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent atangaza ko icyo abwiye abakinnyi atoza bagikurikiza akaba ariyo mpamvu bakomeje kubona intsinzi.
Ikipe ya Police Fc niyo ibashije gutsinda Amagaju yari ataratsindwa aho yayitsinze ibitego bine kuri kimwe.
Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bateranye batora komite nshya, aho batoye Paul Muvunyi wigeze no kuyobora iyi kipe ku mwanya wa Perezida.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ryavaga i Rubavu ryerekeza i Musanze, Patrick Byukusenge wa Benediction Club ni we ubaye uwa mbere.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 bituma Rayon Sports ibura amahirwe yo gusatira mukerab wayo APR FC.
Igice cya mbere cy’isiganwa ry’amagare ritegura Tour du Rwanda 2017 cyagukanwe n’umukinnyi w’amagare wabigize umwuga ariwe Samuel Mugisha.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryasinye amasezerano y’ubufatanye na BRALIRWA agamije guteza imbere uwo mukino mu Rwanda no hanze.
Ikipe ya APR Hc ihagarariye u Rwanda yatsinzwe umukino wa mbere na Esperance Sportive de Tunis yo muri Tunisia mu mukino wa mbere wabaye kuri uyu wa Gatanu.
Eric Dusingizimana umaze kuba icyamamare ku isi nyuma yo guca agahigo ko kumara amasaha 51 akina Cricket ataruhutse ahamya ko gukina Cricket yabitewe no gukunda imibare.
Ikipe ya APR handball Club yamaze kugera i Tunis muri Tunisia aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika muri uyu mukino
Ubuyobozi bw’ikipe y’umukino w’intoki wa Basketball REG BBC buratangaza ko bwamaze gusezerera abari abatoza b’iyo kipe bwiha intego yo kwegukana igikombe cy’irushanwa ry’akarere ka gatanu.
Abari bagize Komite y’ikipe ya Kirehe bose bamaze gukurwaho n’ubuyobozi bw’akarere nyuma y’aho ikipe itari gutanga umusaruro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA (Rwanda Revenue Authority) kirasaba FERWAFA ko amakipe ataratanga imisoro yayitanga bitarenze mu kwezi k’Ukwakira 2017.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA buratangaza ko amakipe y’abari n’abategarugori nayo agiye kujya akinira igikombe cy’amahoro.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri ya SHampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR Fc yanganyirije i Rubavu na Marines
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda arashinja Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) kutayaha ubufasha buhagije.
Umukinnyi wa Tennis,Havugimana Olivier usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu agaragaza imvune abakinnyi ba Tennis mu Rwanda bahura na zo kubera amikoro make.
Seninga Innocent utoza ikipe ya Police Fc yiteguye kwitwara neza imbere y’ikipe ya Mukura bazakina kuri uyu wa Gatanu i Huye
Harabura ukwezi kuzuye ngo Tour du Rwanda 2017 itangire, Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto meza yaranze Tour du Rwanda 2016