Ubuyobozi bw’ishyirahamwe bw’umukino w’intoki wa Basketball (FERWABA) buratangaza ko butifuza amakipe adaharanira guhangana n’andi mu marushanwa.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda itsinzwe umukino wa kabiri muri CECAFA, aho itsinzwe ibitego 3-1 na Zanzibar kuri Kenyatta Stadium y’i Machakos.
Nyuma yo gutsindwa na Kemya ibitego 2-0 mu mukino wa mbere, umutoza Antoine Hey yatangaje ko nta mukinnyi wabanjemo uza kubanzamo ku mukino wa Zanzibar.
Kuri uyu wa 4 Ukuboza 2017, ikipe ya Rayon Sports yatangije uburyo bushya abashaka kureba imikino yayo, bazajya bishyurira rimwe imikino Rayons Sport izakina mu mwaka, yaba mu gikombe cya Shampiyona ndetse n’igikombe cy’amahoro.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade Bukhungu habereye umukino ufungura amarushanwa ya CECAFA 2017, aho Kenya yatsinze u Rwanda ibitego 2-0
Mu mukino ufungura amarushanwa ya CECAFA ari kubera muri Kenya, u Rwanda rwatsinzwe ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Bokungu Stadium mu gace ka Kakamega
Kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngarukakwezi yitiriwe “Car Free Day”.
Karekezi Olivier umutoza wa Rayons Sports wari umaze ibyumweru birenga bibiri ari mu maboko y’ubugenzacyaha yarekuwe kandi ngo azakomeza kuba umutoza mukuru w’iyi kipe ashakirwe umutoza wungirije.
Abanyarwanda babiri bakina muri Dimension data yo muri Afurika y’epfo bamaze guhabwa andi masezerano y’umwaka muri iyi kipe yabigize umwuga yo muri Afurika y’epfo
Ikipe ikomeje kwitwara neza muri Cote d’Ivoire, aho itsinze ishuri ry’umupira w’amaguru ryitwa WAFA ryo muri Ghana
Antoine Hey, umutoza w’Amavubi yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bazitabira imikino ya CECAFA, irushanwa rihuza amakipe ari mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati.
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira w’amaguru muri Afurika riri kubera muri Cote d’ivoire, yatsinze umukino wayo wa mbere.
Nshuti Dominique Savio umaze igihe mu mvune yo gukuka ukuboko yatangaje byinshi bimwerekeyeho birimo kuba akumbuye abafana ku kibuga muri shampiyona.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abakinnyi ba Golf (Golf Club),buratangaza ko bugiye gusana ikibuga cya Golf kibe mpuzamahanga aho ngo bizabatwara amafaranga asaga Miliyoni 90 z’Amanyarwanda.
Life Fitness Academy, ikigo cy’Abanyamerika kigiye gutangiza mu Rwanda ikigo gihugura abifuza kugira ubumenyi ku bijyanye no kubaka umubiri n’ikoreshwa ry’ibikoresho byo mu nzu zikorerwamo siporo (Gyms).
Umukino w’umunsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda wahuzaga APR FC na Mukura VS warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Umukino w’umunsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda wahuje APR FC na Mukura VS wabereye kuri Stade Amahoro iriho abafana mbarwa.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Antoine Hey aratangaza ko irushanwa rya CECAFA rizafasha amavubi kurushaho kwitegura CHAN.
Umukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wahuzaga Kiyovu na Marines umaze gusubikwa bitewe n’imvura nyinshi yaguye umusifuzi agafata uwo mwanzuro, kuko bitari bigishobotse ko ukomeza.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Ugushyingo 2017 Antoine Hey utoza Amavubi, yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha muri CECAFA.
Mutangampundu Esther wakinaga umukino wo gusiganwa ku magare mu ikipe ya Les Amis Sportifs y’i Rwamagana yitabye Imana kuri uyu wa Kane, azize impanuka y’imodoka yagoganye nayo ari mu myitozo amanuka kuri Buranga mu Karere ka Musanze.
Kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2017 APR yanganije na Police Fc 0-0 bituma itakaza umwanya wa mbere yari iriho wahise ufatwa na Kiyovu Sport.
Polisi y’igihugu ibicishije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yatangaje ko abakinnyi Mukunzi Yannick na Rutanga Eric bakinira ikipe ya Rayons Sport nta cyaha bakurikiranweho bamaze no kurekurwa bagataha, nyuma yo kubazwa amakuru ajyanye n’ibyaha uwari umutoza wabo Karekezi Olivier akurikiranyweho.
Nyuma y’ifungwa ry’umutoza mukuru wa Rayons Sport Karekezi Olivier n’ifungwa ry’abakinnyi babiri bakomeye bayo, Mukunzi Yannick na Rutanga Eric ryabaye, Rayon Sports yasabye abakunzi bayo kuyiba hafi ariko ntibivange mu mikorere y’inzego z’umutekano.
Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017, akaba abaye Umunyarwanda wa gatatu uyegukanye, nyuma ya Valens Ndayisenga na Jean Bosco Nsengimana.
Nsengimana Jean Bosco ukinira Team Rwanda ni we kugeza ubu uhabwa amahirwe yo kwegukana Moto yatanzwe n’uruganda nyarwanda ruteranya moto
Umunyarwanda Areruya Joseph ni we ukomeje kuyobora abandi muri Tour du Rwanda 2017, aho arusha Eyob Metkel umukurikiye amasegonda 35
EYOB Metkel ukinira ikipe ya Dimension Data Ni we wegukanye agace kabanziriza akanyuma ka Tour du Rwanda gasoreje i Nyamirambo kuri Stade Regional i Nyamirambo
Ibibumbano bya SKOL biri mu ishusho y’abantu batwaye amagare byakorewe muri Portugal biri mu bikomeje gutangaza abantu muri Tour du Rwanda.