Umutoza Masudi Juma wa Rayon Sports yatangaje ko urwego yabonanye abakinnyi bari mu myitozo hari benshi batari ku rwego rw’ikipe ya Rayon Sports.
Umukino wa nyuma w’amatsinda wagombaga guhuza u Rwanda na Senegal urasubitswe mu gihe amakipe yari yamaze kugera ku kibuga.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Volleyball, irasubira mu kibuga kuri uyu wa Kane aho ikina umukino wa nyuma w’amatsinda na Senegal
Francine Niyonsaba yamaze guca agahigo ku isi mu kwiruka metero ibihumbi 2000 mu irushanwa rya Boris Hanzekovic Memorial akoresheje iminota 5 n’amasegonda 21.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Volleyball itsinze Maroc amaseti 3-1 mu mukino w’umunsi wa mbere w’igikombe cya Afurika cy’abagore kiri kubera mu Rwanda
Uwari Umunyamabanga mukuru wa Ferwafa Uwayezu Francois Regis, yamaze kwegura ku mirimo ye
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, ikipe ya Mogadishu City Club yo muri Somalia na APR FC zinganyije ubusa ku busa.
Abafana b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda batashye ku mugaragaro umuriro w’amashanyarazi bagejeje ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Mudugudu wa Nyentanga, Akagari ka Kigeme, Umurenge wa Gasaka, Akarere ka Nyamagabe.
Mu mukino wa 1/4 wahuzaga u Rwanda na Maroc, urangiye u Rwanda rutsinzwe amaseti 3-0, ruhita runasezererwa.
Ikipe ya APR FC kuri iki Cyumweru irakina umukino ubanza wa CAF Champions League, umukino iza gukina idafite abakinnyi batatu barimo Byiringiro Lague wakomerekeye mu Mavubi
Mu mukino usoza iy’amatsinda wabaye kuri uyu wa Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda amaseti atatu kuri abiri, rusoza ku mwanya wa mbere
Ikipe y’amagare y’abakobwa ya Bugesera, (Bugesera Cycling Team ‘BCT’), ku wa Kane tariki 9 Nzeri 2021, mu rwego rwo kwizihiza imyaka ibiri imaze ibayeho, yahawe imyambaro mishya ndetse n’ibikoresho bijyana n’amagare, ibihawe na sosiyete ya Jibu nk’umuterankunga wayo mukuru.
Mu mukino wa kabiri w’igikombe cya Afurika cya Volleyball, u Rwanda rutsinze Burkina Faso mu mukino wa kabiri w’itsinda A.
Nyuma yo kuva muri gereza akaza no kwirukanwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Kwizera Olivier yahakanye ko yaba yaratewe umwaku n’umukobwa witwa Shazzy, akavuga ko ari uruhurirane gusa.
Ikipe ya APR FC yamaze kwerekeza muri Djibouti aho igiye gukina umukino wa mbere wa CAF Champions League, ikaba yagiye hamaze kwerekanwa Jacques Tuyisenge nka Kapiteni mushya
Itsinda ry’abakinnyi n’abatoza bari bahagarariye u Rwanda mu mikino Paralempike yabereye i Tokyo mu Buyapani, biyemeje kwegukana umudali mu mikino Paralempike ya 2024
Ikipe ya APR FC yatangaje urutonde rw’abakinnyi n’abandi iyi kipe ijyanye muri Djibouti gukina umukino ubanza wa CAF Champions League na Mogadishu City Club
Ku munsi wa mbere w’imikino y’igikombe cya Afurika muri Volleyball, ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu buryo bworoshye yatsinze u Burundi amaseti atatu ku busa
Umunyakenya Frank Ouna Onyango ni we mutoza mukuru wa Musanze FC, wungirijwe na Nshimiyimana Maurice (Maso), aho bamaze gusimyira gutoza iyo kipe, basabwa gutwara igikombe kimwe mu bikombe bikuru bihatanirwa mu Rwanda.
Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali baraye bahagurutse i Kigali, aho berekeje mu birwa bya Comores gukina umukino ubanza wa CAF Confederation Cup.
Muri tombola y’amatsinda y’igikombe cya Afurika cya Volleyball kizabera mu Rwanda, u Rwanda rwatomboye itsinda ririmo u Burundi na Uganda.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, umukinnyi w’icyamamare ku isi Cristiano Ronaldo, yagaragaje ibyishimo yatewe no gusubira muri Manchester United, asubiye gukinira nyuma y’imyaka 12 yari amaze ayivuyemo.
Umukinnyi Niyonzima Olivier Sefu uheruka gusezererwa muri APR FC, amaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri AS Kigali
Ikipe y’igihugu ya Tunisia yegukanye igikombe cya AfroBasket 2021 cyari kimaze ibyumweru bibiri kibera mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabajijwe impamvu akomeza gufana ikipe nka Arsenal ihora itsindwa, avuga ko mu gihe inshuti igize ibyago udakwiye kuyita ahubwo uyiba hafi, ari rwo rukundo afitiye Arsenal yahoze itsinda, ubu ikaba iri mu bihe bibi ariko yanga kuyivaho.
Mu mukino wa kabiri wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar, Amavubi anganyije na Kenya igitego 1-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ikipe ya Police FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mukuru mushya witwa Francis Nuttall Elliott, akaba yatozaga ikipe ya St George FC yo muri Ethiopia
Uwitwa Hakizimana Félicien wo mu karere ka Rulindo ni we wegukanye umwanya mu irushanwa rya Duathlon ryabereye mu karere ka Nyanza kuri uyu wa Gatandatu.
Umukinnyi w’amagare, Ishimwe Patrick, wakiniraga Club ya Cine Elmay yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 4 Nzeri 2021, azize impanuka.
Uganda yasezerewe na Cap-Vert, uyu ukaba ari umukino Perezida Kagame yakurikiranye. Ni umukino wasozaga indi yose ya ¼, umukino watangiye saa kumi n’ebyiri zuzuye.