Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iratangaza ko mu minsi mike izatangira gukwirakwiza mu Rwanda hose uburyo bwa interineti bwitwa 4G ngo buzatuma interineti izajya yihuta ku muvuduko ukuby einshuro icumi uboneka mu Rwanda iki gihe.
Ikigo cy’Abayapani cyitwa GS YUASA International Ltd cyazobereye mu gukora ibikoresho by’amashanyarazi cyagaragarije abatuye akarere ka Rwamagana ibikoresho bitanga amashanyarazi aturuka ku zuba, bakwifashisha mu kubona urumuri n’amashanyarazi bakoresha mu buzima bwa buri munsi.
Abakozi 25 biganjemo aba leta barangije amahugurwa bahabwaga ku kubika no gukoresha inyandiko zitandukanye, bifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga bahugurwagamo n’ikigo cy’ikoranabuhanga Victor Technologies (VT).
Isosiyete ya Microsoft yasinyanye amasezerano na Minisiteri y’Uburezi yo guhindura ireme ry’uburezi. Aya masezerano azanazamura guhanga udushya mu burezi n’imikoranire hagati y’umurezi n’umunyeshuri mu Rwanda.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arashishikariza abayobozi bo muri iyo ntara gukoresha uburyo bwa “e-Document” bufasha abantu kohererezanya ndetse bakanabika inyandiko mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga kandi ikazanatuma amafaranga baguraga impapuro bayazigama agakora ibindi.
Sosiyete y’itumanaho rya telefoni zigendanwa, Tigo yatangije uburyo bwo gufasha abakiri ba yo bo mu Rwanda na Tanzaniya kohereza no kwakira amafaranga.
Ikompanyi ya Microsoft Corp. yashyizeho akanama ngishwanama ku mugabane wa Afurika (Microsoft 4Afrika Advisory Council) harimo n’Umunyarwandakazi Akariza Keza Gara. Aka kanama kazaba gashinzwe kumvikanisha ibibazo by’urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika.
Abaturage batuye akarere ka Ruhango, bishimira ko ubuyobozi bwabo bwabahaye television kuko nta kibazo cy’ubwigunge bakigira, kuko iyo bakitse imirimo yabo bajya ku biro by’imirenge bakareba amakuru ndetse n’ibiganiro bitandukanye.
Uko u Rwanda rukomeza gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga, niko n’Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye bakomeza kugendana naryo hanavumburwa ubumenyi buhanitse mu kuryifashisha mu kwihangira imirimo.
Mu bukangurambaga ku ikoranabuhanga bwabereye mu murenge wa Nyungo akarere ka Rubavu, Minisiti w’urubyiruko n’ikoranabuhanga yasobanuye ikoranabuhanga yifashishije interuro eshatu zigira ziti: “Ikoranabuhanga ni urufunguzo, Ikoranabuhanga ni ibanga ry’ejo hazaza, ikoranabuhanga ni ubukungu”.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) kiratangaza ko abantu badakwiye kugira impungenge ku ikoreshwa ry’uburyo bugezweho bwo gusakaza amajwi n’amashusho bwa digital, kuko buzanye ibyiza gusa ku bakoresha televiziyo.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma kasheje umuhigo wo kwiyubakira inyubako z’ibiro by’utugali twose tugize aka karere zijyanye n’igihe, utu tugali twose ngo tuzanashyirwamo televiziyo zizajya zifasha abaturage kureba amakuru yo hirya no hino.
Koperative ya Coopte Mulindi ihinga icyayi ivuga ko ikoranabuhanga rya interinete ryatumye babona inkunga ya miliyoni 133 yo guhinga icyayi.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batuye mu duce twegeranye n’igihugu cy’u Burundi baravuga ko rimwe na rimwe bahamagara cyangwa bahamagarwa amafaranga yabo akagenda nk’aho bahamagaye mu kindi gihugu kuko baba bakoresha umunara wo mu Burundi.
Bamwe mu bafatabuguzu ba MTN bagerageje gushyira amakarita yo guhamagara muri telefoni zabo bikanga, baratangaza ko batishimiye uburyo byabiciye gahunda kandi n’iyi sosiyete ntibisegureho ku gihe.
Abatuye centre ya Kabeza mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, batangaza ko biteguye kubyaza umusaruro ikigo cyubatswe n’idini ya Islam bakamenya ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Amamiliyoni y’abatuye ku mugabane wa Afurika batagira umuriro w’amashanyarazi aho batuye ngo bashobora kutazongera guhangayikishwa no kubura umuriro muri telefoni zabo zigendanwa kuko hamaze kumurikwa ikoranabuhanga rizajya rikoreshwa mu gushyira umuriro muri telefoni hakoreshejwe imirasire y’izuba n’iyo ryaba ari rike kandi (…)
Nyuma y’igihe kigera ku mezi 6 amazu n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bikorera ahazwi nka BDC (Business Development Centers) bidakoreshwa, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba inzego z’urubyiruko gusaba no gupiganirwa gukoresha ibyo bikoresho.
Abakoresha umurongo wa internet ya MTN bifashishije modem zo mu bwoko bwa 2G bamaze iminsi nta internet babona kubera ikibazo kitarabasha kumenyekana.
Kuri uyu wa 06/11/2013, Imboni z’ikoranabuhanga mu mirenge 17 igize akarere ka Nyamagabe zasoje amahugurwa y’iminsi ibiri yari agamije kuzifasha gukarishya ubwenge mu ikoranabuhanga, zisabwa gufasha abandi mu mirenge zikoreramo nabo bakarikoresha mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko igiye kongera imbaraga mu ikoranabuhanga n’itumanaho rijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, harimo kunyuza amakuru n’amatangazo mu bitangazamakuru no muri telefone zigendanwa, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibiribwa uhagije abaturarwanda no gusagurira amasoko.
Ikoranabuhanga ryifashisha telephone zigendanwa ngo ryaba ririmo rigenda rihindura imyitwarire imwe imwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri mu karere ka Rulindo.
Abaturage b’i Gahanga mu Kagari ka Mulinja bashimishishwe n’uko bagiye kujya bamenya amakuru yo mu gihugu no hanze yacyo nyuma y’uko Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kibashyikirije Television ndetse na Decoderi bizabafasha kujya birebera imbonankubone ibibera mu Rwanda no ku isi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe n’umuyobozi wa gahunda ya mudasobwa imwe kuri buri mwana(One Laptop per Child/OLPC) ku rwego rw’isi, Rodrigo Arboleda, bemeranyijwe ko iyi gahunda igiye kwagurirwa mu bindi bihugu by’Afurika, hamwe no gukomeza kuyigeza ku bana bose mu Rwanda.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bitabirirye inama yiswe Transform Africa isuzuma inyungu z’ikoranabuhanga (ICT), hifashishijwe umurongo mugari wa Internet yihuta cyane (4G LTE), bifuza ko ICT yatangwa ku baturage nk’uko amashanyarazi n’amazi biri mu bikorwaremezo by’ibanze bikenerwa n’abaturage mu byo bakora buri munsi.
Akarere ka Nyamasheke ngo gashyize imbere gahunda yo kwigisha abaturage ikoranabuhanga ku buryo hazakorwa ubukangurambaga mu baturage bose kandi kugeza ku rwego rw’umurenge hakaba hazashyirwaho “Icyumba Mpahabwenge” kizabafasha kubona ubumenyi bw’ibanze ku ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko kuva u Rwanda rwashyiraho gahunda yo guteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), hari byinshi bimaze guhinduka mu mibereho y’abaturage cyane cyane ibiganisha ku bukungu.
Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zirateganya ko mu gihe kitarenze imyaka 5 zizajya zifashisha imashini zikora nk’abantu (Robots) mu bintu bitandukanye harimo gutwara ibintu no kurwana ku rugamba.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangiza uburyo bwo kubyaza ingufu za biyogazi ibisigazwa byo mu gikoni kuko ngo aribyo biboneka mu ngo hafi ya zose z’Abaturarwanda, mu rwego rwo kunganira izindi ngufu zikoreshwa mu Rwanda nka kimwe mu bisubizo byazasimbura gukoresha inkwi mu guteka.
Guha abanyeshuli umwanya wo gutekereza ku byo bigishwa nibyo bikangurirwa abarezi muri rusange cyane abigisha amasomo ngiro, ni nyuma y’aho abanyeshuli biga amasomo ya mudasobwa mu ishuli ryisumbuye rya Nyagatare babashije gukora inzogera y’ikigo yikoresha hatiyambajwe umuntu usona.