Abaturage bo mu karere ka Rutsiro barashima Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kuba cyarabageneye uko bakwigishwa mudasobwa kandi kibasanze mu karere iwabo aho batuye.
Abaturage bo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi nyuma yo kumurikirwa umunara wa Tigo ngo bagiye kujya bahamagara biboroheye ndetse banagure ibikorwa byabo by’ubucuruzi babashe kwiteza imbere.
Abanyarwanda bazatangira guhabwa inyandiko z’inzira z’abajya mu mahanga zikoranye ikoranabuhanga mu mwaka wa 2016 kandi nizo zizasimbura izari zisanzwe zikoreshwa iki gihe.
Guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha Abanyarwanda baratangira gukoreha interineti igezweho ku rwego rw’isi mu kunyaruka ya 4G LTE, itegerejweho kwihutisha imirimo yakorwaga no korohereza urubyiruko kwihangira udushya.
Mu gihe akarere ka Nyamasheke kashyizeho uburyo abayobozi bose bashobora gutamanaho ku buryo bworoshye bikihutisha akazi, bamwe mu bayobozi batuye mu mirenge ya Nyabitekeri na Karambi, bari barahejwe kuri iri tumanaho bahuriraho (user group) ngo baba bagiye gusubizwa.
Abaturage batuye mu kagari ka Rutabo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kubaho badakoresha itumanaho uko bikwiye bitewe nuko agace batuyemo katabamo umunara n’umwe w’isosiyete zikorera mu gihugu rwagati.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 19 y’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho ku Isi (ITU), kuwa gatatu tariki ya 22/10/2014, yerekanye intambwe u Rwanda rwateye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu nzego zose mu kurushaho kwihutisha (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu nama yiswe “Smart Rwanda days” yari imaze iminsi ibiri ibera i Kigali yiga ku ikoranabuhanga; yasabye abashoramari kubyaza umusaruro ibikorwaremezo biriho by’ikoranabuhanga mu rwego rwo gufasha abaturage kuva mu bukene no kuzamura ubukungu bw’ibihugu.
U Rwanda rwishimiye ko ibitekerezo biva mu nama mpuzamahanga yiswe Smart Rwanda ibera i Kigali kuva tariki 02-03/10/2014, bizafasha abayitabiriye guhanga ishoramari rishya mu gukoresha ikoranabuhanga, bashingiye ku bimaze kugerwaho mu iterambere ry’ikoranabuhanga no korohereza ishoramari mu Rwanda.
Ubusanzwe nyuma yo kuvana umutobe mu matunda, ibisigazwa (imbuto) byarajugunywaga ariko ubu aho ikoranabuhanga rigeze Enterprise Urwibutso ibibyaza amavuta yo kurya.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Philbert Nsengimana, atangaza ko u Rwanda rwanyuze mu nzira ndende kuva mu mwaka w’i 2000, aho rwari ruherekeje ibindi bihugu bya Afurika mu ikoranabuhanga ariko ubu rukaba rubiyoboye kandi rugikomeza kwiyubaka.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-East) rivuga ko rishishikajwe no kwigisha abanyeshuri imyuga itandukanye irimo n’ikoranabuhanga rigezweho.
Ishuri Rikuru rya Tumba College of Technology rifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) ryashyikirije ibigo by’amashuri bitanu byo mu Karere ka Musanze mudasobwa 96 n’ibikoresho bijyana nazo bifite agaciro ka miliyoni hafi 24 .
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) n’Ishuri nyafurika riri mu Rwanda ryigisha itunganyamakuru ririmo sinema (ADMA), bagaragaje ko uburyo bwo gukora filimi bitwa motions capture ari amahirwe yo gushora imari muri sinema, ndetse n’abiga muri ADMA bakaba bagomba gushaka ibyo kuvugaho, kandi ngo ni byinshi.
Abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza batangaza ko umwe mu mihigo bihaye ari ugukoresha imbuga nkoranyambaga (Social Media) bagaragaza ibyiza by’u Rwanda kandi bananyomoza amakuru y’ibihuha akunze kunyuzwa kuri izo mbuga.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuli abanza mu rwunge rw’amashuri rwa Nemba I, bamaze kumenya gukoresha mudasobwa, ku buryo hari ibintu bashobora gukoreraho birimo no gukoreraho umukoro baba bahawe n’abarimu babo.
Abakora umwuga wo gufotora batangaza ko iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda ryatumye akazi kabo mu cyaro karushaho kugenda neza ndetse bakabona n’inyungu.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwandacell, yagiranye amasezerano n’indi icuruza ikoranabuhanga ryo kureba televiziyo mu buryo bugezweho, Star Times; ko uwifuza kugura ikarita yo kureba televiziyo zitandukanye zo ku isi ashobora kwifashisha amafaranga afite kuri konti ye ya mobile money.
Abana bato biga ikoranabuhanga ririmo no gukoresha umurongo wa internetbavuga ko kwiga ikoranabuhanga bituma babasha kongera ubumenyi bifashishije internet mu gihe bahawe umukoro wo gukorera mu rugo ndetse no kumenya amakuru anyuranye.
Abana 33 bo mu mashuri banza arindwi mu murenge wa Kibungo basoje amasomo ku ikoranabuhanga bahawe mu mushinga ICT 4 KIDS w’ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo.
Umugabo witwa Niyigena Emmanuel utuye mu kagari ka Kazabe mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma yo gusezererwa mu Ngabo z’Igihugu agasubira mu buzima busanzwe yahisemo kwimenyereza imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga kuko yari afite ikibazo cy’akaboko kadakora neza agasanga atashobora ubuhinzi.
Bamwe mu rubyiruko kimwe n’abakuze bagana ibigo byigisha ikoranabuhanga mu karere ka Rulindo, basanga ibi bigo bibafasha kumenya gukoresha mudasobwa kuko muri iki gihe gukoresha mudasobwa bigenda byitabirwa mu rwego rwo kwiteza imbere mu ikoranabuhanga.
Mu rwego rwo kwihutisha imitangire ya serivisi ndetse n’akazi muri rusange, hifashijwe ikoranabuhanga, ubu utugari twose uko ari 73 mu karere ka Nyabihu, twagejejweho mudasobwa “laptops”.
Minisiteri ishinzwe iby’ikoranabuhanga (MYICT) hamwe n’inzego byakoranye mu kuva mu buryo bwa gakondo bwo kureba televiziyo (analogue), batangaje ko uburyo bushya bwo kureba televiziyo hakoreshejwe umurongo mugari (digital), bugeze ku kigero gishimishije, ariko ngo abatunze televiziyo baracyari bake.
Ikigo cyitwa BETTER THAN CASH Alliance gikorana n’Umuryango w’abibumbye, kirifuza ko mu Rwanda hatezwa imbere guhererekanya amafaranga hakoreshejwe telefone, ku buryo ngo atari ngombwa gukoresha amafaranga mu kugura ibintu no kwishyurana, aho Leta n’ibindi bigo ngo bihombera mu ihererekanya ry’amafaranga anyuzwa mu ma banki.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi ubwo basozaga amahugurwa y’iminsi ibiri kuri uyu wa 20/07/2014 bafashe ingamba zirimo no guhugura abaturage gukoresha ikoranabuhanga cyane mu bice by’icyaro.
Ikigo cy’itumanaho cya Tigo cyamaze kumvikana na banki KCB ko ubu umukiliya wabo agiye kuzajya yihitiramo ikimworoheye mu gukoresha konti ya banki akoresheje telefoni ndetse n’umukiliya wa Tigo cash akaba yakoresha amafaranga ye anyuze mu byuma ATM bya banki KCB.
Bahigana Martin wasoje amahugurwa y’ikoranabuhanga mu kigo cy’urubyiruko cyo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko nyuma yo kwitegereza agasanga akarere ke karasigaye inyuma mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agiye gushinga cyber cafe ya mbere muri ako karere.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yumvikanye na Banki za KCB na I&M Bank (yahoze yitwa BCR), ko umuntu ufite telefone irimo amafaranga kuri mobile money, ubu ashobora kuyabikuza yegereye icyuma gitanga amafaranga (ATM) cya I&M; ndetse akaba anashobora kohereza no kubikuza amafaranga kuri konti za KCB.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kigiye kumara ibyumweru bibiri birenga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza cyigisha urubyiruko rwo muri iki gice cy’icyaro ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa.