Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), gitangaza ko gifasha kandi kizakomeza gufasha abiga ubugeni ku Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Bisi zose zikorera mu Mujyi wa Kigali zamaze gushyirwamo uburyo bwo kwishyura hifashishijwe ikarita ya Tap&Go yari amaze kumenyerwa na benshi.
Jack Ma, Umuherwe w’Umushinwa muri bizinesi, yemereye urubyiruko rw’Abanyafurika imishinga itatu minini, irimo amahugurwa muri sosiyete ye n’inkunga yo kuzamura bizinesi ku bafite imishiga myiza.
Ikigo cya KLab cyatangiye kwigisha abana bari mu cyigero cy’imyaka itanu bari kwiga ikoranabuhanga ririmo gukora imbuga za internet.
U Rwanda rwatangije ku mugaragaro iyubakwa ry’ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga (ICT Innovation Center), kizafatwa nk’isoko ry’udushya mu ikoranabuhanga mu Rwanda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bibiri byo muri Rwamagana bahamya ko nyuma yo guhabwa interineti y’umwaka wose bizatuma bakoresha neza ikoranabuhanga rya “Urubuto”.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Ubuholandi cy’Iterambere (SNV) na Kompanyi yo mu Bubiligi ikora ibijyanye no kubyaza ingufu z’amashanyarazi mu mazi ndetse na IPRC Kigali, muri IPRC Kigali basoje amahugurwa y’abatekinisiye mu kubyaza amazi ingufu z’amashanyarazi.
U Rwanda rurateganya gushyiraho ikigo kigamije gutegura no kwirinda ibitero by’ikoranabuhanga bikorerwa kuri internet na mudasobwa.
Korea Telecom Rwanda Network (KtRN), ikompanyi icuruza interineti izwi nka 4G LTE, yatangije ku mugaragaro uburyo bw’iminara ikoresha ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba.
Ikinyarwanda kiri mu ndimi nyinshi zikoreshwa gake mu ikoranabuhanga rya Internet ari yo mpamvu harimo gushakwa uko cyakwiyongera.
Mu Rwanda hagiye gutangira inama ya Transform Africa, ikazibanda ku inozwa rya gahunda yiswe “Smart Cities” igamije kugira imijyi Nyafurika itanga serivisi yifashishije ikoranabuhanga.
Abanyeshuri 12 biga iby’ikoranabuhanga i Kigali bamuritse imodoka bakoze itwarwa n’ingufu z’imirasire y’izuba, igatwara abantu batatu, igenda ku muvuduko wa kilometero 50 mu isaha.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’inzego zitandukanye, irashaka uko ikoranabuhanga ryagera ku baturarwanda bose bageze igihe cyo kurikoresha.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe kubaka ubushobozi muri Afurika (ACBF) bwerekanye ko u Rwanda ruza ku mwanya wa gatatu mu gukoresha ikoranabuhanga muri Afurika.
Abayobozi b’amashuri n’ababyeyi, ni bamwe mu bishimiye ikoranabuhanga “urubuto” rya Banki ya Kigali (BK), riha ababyeyi amakuru y’uburezi bw’umwana ku ishuri.
Abantu 146 barimo abashinzwe kubungabunga umutekano bahawe impamyabumenyi mpuzamahanga mu ikoranabuhanga zatanzwe n’ikigo mpuzamahanga cyitwa ICDL (International Computer Driving Licence).
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri ryatangiye gupima ubutaka ryifashishije akadege katagira umupilote kazwi nka “Drone” kaguzwe i Toulouse mu Bufaransa.
Umuyobozi wa Microsoft muri Afurika y’Iburasirazuba n’Iy’Uburengerazuba, Sebuh Haileleul, avuga ko gahunda ya SMART Classroom yihutishije imikoranire hagati y’abarimu n’abanyeshuri.
Imirenge SACCO igiye guhuzwa ishyirwemo umurongo wa interineti kuburyo umunyamuryango wazo azajya abasha gukoresha konti ye aho ari hose mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame avuga ko ahazaza h’isi hashingiye ku cyizere internet itanga, ariko bikazashoboka ari uko za guverinoma, ibigo n’abaturage bitahirije umugozi umwe.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya Lycée de Rusatira baratangaza ko banezerewe kubera ko ikigo cyabo cyahawe mudasobwa zizabafasha kwiga neza ikoranabuhanga.
Tuyisenge Kagenza Moise utuye i Nyagatare akora amatara yahiye akongera kwaka kuburyo aho atuye nta tara rishya ngo barijugunye.
Kompanyi yo mu Busuwisi “WISeKey”, mu Nama Mpuzamahanga yiswe “Mobile World Congress” i Barcelone muri Espagne yatangaje ko igiye kubaka i Kigali ikigo cy’icyitegererezo mu guhererekanya amakuru ku bantu n’ibyabo.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda yiswe Digital Ambassadors, izatuma Abanyarwanda bagerwaho n’ikoranabuhanga biyongeraho miliyoni eshanu.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangiye igikorwa cyo gukangurira abakiriya bayo kwitabira gukoresha amakarita y’ikoranabuhanga (Smart cash Card), abarinda kugendana amafaranga menshi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragarije isi ko iterambere u Rwanda rugezeho rurikesha gahunda rwihaye yo gushyira ikoranabuhanga muri serivisi zitangirwa mu gihugu.
Abunzi bashyiriweho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bubafasha kohereza raporo ku ikemurwa ry’ibibazo by’ubutaka, bikajya bafasha abaturage ku buryo bwihuse.
Polisi y’igihugu yazanye impinduka mu buryo serivisi zo mu muhanda zatangwaga, aho buri kintu cyose kigiye kujya gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abaturage baturiye iminara ya sosiyete z’itumanaho Tigo na MTN mu kagari ka Gatoki, umurenge wa Save muri Gisagara baravuga ko urusaku rw’imashini z’iyi minara rubabangamiye.
Inyubako y’imiryango itatu y’ubucuruzi iri mu Karere ka Rubavu, yibasiwe n’inkongi y’umuriro ibicuruzwa byari birimo birakongoka.