Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaburiye abatuye Akarere ka Rutsiro bishora mu byaha byo kwangiza ibidukikije, ko hari amategeko abihanira, basabwa kwirinda kugwa muri ayo makosa, cyane ko bazi ko ibidukikije bibafitiye akamaro.
Mu buryo bw’ikoranabuhanga, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Komisiyo ishinzwe guhangana n’ihindagurika ry’ikirere mu bihugu bituriye ikibaya cya Congo, abisaba ubufatanye mu gukomeza kukibungabunga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (RWB), cyatangaje ko urugomero rwo kuringaniza amazi y’umugezi wa Sebeya rwamaze kuzura. Ni urugomero rwitezweho kugabanya umwuzure waterwaga n’uyu mugezi, cyane cyane ku batuye mu isantere ya Mahoko.
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga ibidukikije (REMA), kibinyujije mu mushinga Green Amayaga wo gutera amashyamba no gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima mu gice cy’Amayaga, cyatangije amarushanwa y’umupira w’amaguru arimo gukorerwamo ubukangurambaga bugamije gushishikariza abagenerwabikorwa b’umushinga, gufata neza ibikorwa (…)
Ikiyaga cya Victoria kiri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubwo rutagikoraho, gusa iyo cyanduye cyangwa cyahumanyijwe n’imyanda ituruka mu bihugu bitandukanye, bigira ingaruka ku Rwanda, cyane ko hari n’imyanda iruturukamo ikaruhukira muri icyo kiyaga, nk’uko impuguke zibisobanura.
Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amashyamba ya Leta, Minisiteri y’Ibidukikije iratangaza ko yizeye ko muri 2024 izaba imaze kwegurira abikorera 80% by’amashyamba ya Leta, nk’uko biteganyijwe muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere, NST1, izarangirana n’umwaka utaha wa 2024.
Abafatanyabikorwa mu mishinga yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu Karere ka Ruhango, barasaba abaturage gufata neza ibiti batererwa by’amashyamba n’iby’imbuto ziribwa, kugira ngo bagire uruhare mu kurwanya ingaruka ziterwa no kwangiza ibidukikije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali buratangaza ko ikiraro cyo mu kirere gihuza Umurenge wa Kagarama n’uwa Gahanga cyatashywe cyitezweho gukemura ibibazo by’ubuhahirane muri iyo mirenge ndetse n’ingendo zagoraga abanyeshuri bajya kwiga cyane cyane mu gihe cy’imvura.
Ikinyabutabire cya Mercure kiba mu bikoresho bitandukanye abantu bakenera mu buzima bwa buri munsi, impugucye zikemeza ko kigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, kuko iyo agihumetse cyihutira kujya mu bwonko, byaba inshuro nyinshi kikamutera uburwayi butandukanye buganisha no ku rupfu, ari yo mpamvu abantu bakangurirwa (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abaturage bagituye muri metero 400 uvuye ku kimoteri cya Nduba bagiye guhabwa ingurane y’ibyabo, mu gihe hagitekerezwa uko imyanda yabyazwa umusaruro bitabangamiye ibidukikije.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe kurengera ibidukikije, ku wa Mbere tariki 05 Kamena 2023, hahise hatangizwa gahunda ivuguruye yo guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije.
Gukoresha pulasitiki biri mu biteza ingaruka ku bidukikije ndetse no ku buzima bwa muntu muri rusange, ikaba ariyo mpamvu Minisiteri y’Ibidukikije isaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa rimwe bikajugunywa, hagakoreshwa ibindi bitangiza ibidukikije.
Siporo rusange (Car Free Day) yo kuri iki Cyumweru tariki 4 Kamena 2023, yitabiriwe n’abantu benshi ikaba iri no mu rwego rw’ubukangurambaga mu kurwanya ihumana rikomoka ku bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa rimwe bikajugunywa.
Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), yatangaje ko mu Rwanda hatangiye icyumweru cy’Ibidukikije, cyatangiye ku itariki ya 27 Gicurasi kikazarangira ku itariki 5 Kamena 2023, ari wo munsi Isi yose izaba yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo gishinzwe Ibidukikije (REMA), Kaminuza y’u Rwanda hamwe n’imiryango mpuzamahanga, batangije imishinga y’Ikigo Nyafurika cy’Icyitegererezo (Africa Center of Exellence for Sustainable Cooling and Cold Chain/ACES), ijyanye no gukonjesha ibiribwa byangirika vuba, imiti n’inkingo.
Depite Frank Habineza, umuyobozi w’ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Partyof Rwanda), avuga ko hakwiye kujyaho ikigo cya Leta gishinzwe ibiza nk’uburyo bwo gukumira ibiza byabaye mu Majyaruguru n’Iburengerazuba, bigahitana abantu batari bakeya.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango basimbuje inzuri zabo amashyamba, barahamya ko mu minsi mike batangira kuyabyaza umusaruro, bakayagira ingwate muri banki bakiteza imbere, mu gihe izo nzuri zari zimaze kuba agasi zabatezaga imyuzure mu mibande bahingamo bakicwa n’inzara.
U Rwanda rwakiriye Inama y’abahagarariye ibihugu 28 bya Afurika bikoresha ururimi rw’Icyongereza, bakaba barimo gusuzuma uburyo bakumira kwinjira muri buri gihugu kw’ibyuma bikonjesha (frigo), byohereza mu kirere imyuka yangiza akayunguruzo k’Izuba.
U Rwanda rurashimirwa n’abagize Ihuriro ry’ibihugu bya Afurika rigamije kubungabunga ibidukikije no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima (AfriMAB), n’iryo kwiga uburyo umuntu yahuzwa n’urusobe rw’ibinyabuzima (MAB), nyuma y’iminsi itanu bamaze mu Rwanda mu nama Nyafurika ya karindwi y’iryo huriro.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashyamba (RFA) kirateganya ko 80% by’ahari ubutaka hose mu Gihugu, hangana na hegitare miliyoni ebyiri(2,000,000 ha), hazaba hatewe ibiti bitarenze umwaka wa 2030.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), António Guterres, yagaragaje ko Kigali ari umwe mu mijyi iyoboye indi mu micungire y’imyanda, mu Nteko Rusange ya ONU, yaganiriye ku ruhare rwo kurangiza ikibazo cy’imyanda ikabyazwamo ibindi bikoresho, muri gahunda yo kugera ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, akangurira Abanyarwanda n’abaturarwanda kubungabunga amashyamba aho ari hose, kuko ari nk’ibihaha by’umuntu, bityo ko ari ubuzima, akanabasaba kuyongera aho bishoboka hose.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatille, yibukije abaturage batunze ibikoresho by’ikoranabuhanga bitagikoreshwa, kutabivanga n’indi myanda ahubwo babibika ahantu hiherereye, ubuyobozi bukabihakura bubijyana ahabugenewe.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bahamya ko ingamba zashyizwe mu bikorwa bigamije kugabanya ubukana bw’amazi ava mu birunga, zigenda zitanga umusaruro, icyizere kikaba ari cyose ko mu gihe zakomeza gushyirwamo imbaraga, igihe kizagera ayo mazi akunze kubasenyera akanatwara ubuzima bw’ababo, bizaba (…)
Abasaga 500 biganjemo urubyiruko, kuri uyu wa 11 Werurwe 2023, bakoze umuganda wo gutera ibiti mu ishyamba rikikije ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, rizwi ku izina rya Arboretum, mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’Ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Ihuriro ry’ibigo bishinzwe kurengera ibidukike muri Afurika (EPA) hamwe n’abayobozi muri urwo rwego, batoreye u Rwanda kuyobora ibikorwa by’iryo huriro muri Afurika.
Mu mujyi wa Kigali ahaherereye Ingoro Ndangamateka yitiriwe Richard Kandt uretse kuba ibumbatiye amateka y’u Rwanda rwo hambere, mbere ndetse no mu gihe cy’Abakoloni by’umwihariko Abadage ba mbere baje mu Rwanda, hari igice cy’iyi ngoro gisigasiye ibinyabuzima by’ibikururanda birimo inzoka n’ingona.
Ubuyobozi bwa Pariki ya Nyungwe bwashyiraho itsinda ry’abantu 92 biganjemo urubyiruko, bashinzwe gushakisha ahari imitego yica inyamaswa ba rushimusi bagenda batega muri Pariki, cyane cyane ku nkengero zayo bakayitegura, mu rwego rwo kurengera ibyo binyabuzima.
Ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) ryubatse inzu yubatse mu buryo irengera ibidukikije, ikazajya inigishirizwamo ibijyanye no kurengera ibidukikije. Icya mbere umuntu abona agitunguka kuri iyo nzu ni ibikoresho by’ikoranabuhanga bizwi nka ‘Panneaux’ bifata imirasire y’izuba biri ku rukuta rwose rw’uruhande rumwe. (…)
Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Kristalina Georgieva mu kiganiro yagiranye na ba rwiyemezamirimo tariki ya 25 Mutarama 2023, muri ECO-Park ya Nyandungu, yashimye u Rwanda mu bikorwa byo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, n’uburyo rubungabunga ibidukikije.