Perezida Paul Kagame ngo asanga Afurika yakwihaza mu ngufu z’amashanyarazi ariko ibyo byagerwaho ari uko habaye imikoranire hagati ya za leta n’abikorera.
Perezida Paul Kagame asanga igihugu cya Etiyopiya ari urugero rukomeye rugaragaza ko Afurika ishobora kwikemurira ibibazo idategereje ak’imuhana.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugarura Amahoro mu Burasirazuba bwa Kongo, Monusco, Martin Kobler, yongeye kwibutsa abayobozi b’ingabo za Kongo n’imitwe yitwaza intwaro ko abana bakwiye kujyanwa aho kubashora ku rugamba.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Amajyepfo (UNMISS) zashyikirije ubuyobozi inyubako ikigo cy’ishuri rya amashuri abanza ya Kapuri, rigizwe n’ibyumba umunani, ibiro bibiri by’abayobozi n’ibikorwaremezo by’isuku rihereye muri leta ya Equatorial yo hagati.
Mu kiganiro n’abanyamakuru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Umuyobozi wa Monusco yeruye avuga ko Umuryango w’Abibumbye utazakorana n’ingabo za Kongo mu kurwanya FDLR mu gihe ibikorwa bya gisirikare bizaba biyobowe na Br Gen Mandevu hamwe na Br Gen Sikabwe.
Abashakashatsi bo mu gihugu cy’Ubusuwisi bafatanyije n’abanyeshuri ba ISP Bukavu baravuga ko basanze ntawe ukwiye kugira impungenge kuri gazi methane iri mu Kiyaga cya Kivu kuko imiterere y’icyo kiyaga n’imyuka ishyushye ikirimo ntacyo byahungabanya kuri gaz methane ikirimo.
Ubuyobozi bw’umutwe wa FDLR bwasabye guhabwa iminsi 30 kugira ngo bube bwashyize intwaro hasi mu gihe leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yatangaje ko ibikorwa byo kuyirwanya bitangiye.
Umugaba w’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Gen. Didier Etumba, tariki ya 28/01/2015 yageze mu mujyi wa Beni aho yarategerejweho gutangiza ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR warengeje tariki ya 2/1/2015 wahawe cyo gushyira intwaro hasi ku bushake.
Umwe mu barwanyi ba FDLR wari mu ngabo za Kongo avuga ko ingabo za Kongo zirimo gufasha FDLR kuva mu birindiro ikavangwa n’abasirikare ba Kongo kandi ari zo zigomba kubagabaho ibitero.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Lambert Mende, kuwa gatanu tariki 09/01/2015 yatangaje ko Leta ya Kongo-Kinshasa izambura intwaro umutwe wa FDLR igihe kiyinogeye itazabikora ku gitutu cy’umuryango mpuzamahanga.
Icyumweru kirashize umutwe w’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi mu Burundi ugabye igitero mu Ntara ya Cibitoke ihana imbibi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Leta y’u Burundi iremeza ko inyeshyamba 95 zishwe.
Leta ya Kongo yagaragaje itangazo rivuga ku gikorwa cya FDLR cyo gushyira intwaro hasi ku bushacye, igikorwa inenga uburyo cyagenze.
FDLR yatangaje ko nyuma ya taliki 2/1/2015 abagize akana k’umuryango w’abibumbye (UN) aribo bazi ikizaba, kuko uyu mutwe wo ukomeje gutsimbarara ko uzataha mu rwanda binyuze mu biganiro wifuza na leta y’u Rwanda.
Mbere y’iminsi ine kugira ngo itariki ntarengwa FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi, uyu mutwe uratangaza ko ko witeguye kuba washyizw intwaro hasi ku bushake.
Mu gihe hasigaye iminsi 10 ngo igihe ntarengwa cy’amezi atandatu FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi ku bushake kirangire, abarwanyi 163 gusa nibo bamaze gushyira itwaro hasi akaba aribyo igihugu cya Angola giheraho gishyigikira ko igihe FDLR yahawe nikirangira izaraswa.
Imbunda 603 n’amasasu yazo agera ku bihumbi 10 zatanzwe n’abarwanyi ba FDLR hamwe n’abandi ba rwanyi b’abanyekongo bari mu mitwe yitwaza intwaro zangijwe na Monusco taliki ya 28/11/2014, mu rwego rwo gushishikariza n’abandi bafite intwaro kuzitanga zikangizwa, aho kuztunga bakaba bazikoresha mu guhungabanya umutekano no (…)
Abarwanyi ba FDLR 28 n’abagize imiryango yabo 62 bagomba kujya Kisangani tariki ya 26/11/2014 bagejejwe Kanyarucinya hafi y’umujyi wa Goma hasanzwe ikigo cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yizwa intwaro, DDR (Désarmement, Démobilisation et Réinsertion).
Abasirikare 10 ba Monusco bakomoka mu gihugu cya Ukraine hamwe n’umunyekongo umwe ubasemurira bafatiwe ku kibuga cy’indege cya Goma bafite imyenda y’abasirikare barinda perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014.
Mu gitondo tariki ya 20/10/2014, indege nto itagira umupilote (drone) y’ingabo ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (Monusco) yakoze impanuka mu gace ka Nyiragongo irashwanyagurika.
Abayobozi b’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka hamwe n’abashinzwe Gasutamo mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu biyaga bigari (CEPGL) bongeye kumvikana ko nta gihugu kigomba kwaka amafaranga ya Visa abaturage bava mu gihugu bajya mu kindi gihugu kiri mu muryango wa CEPGL.
Abayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka hamwe n’abashinzwe imisoro ku mipaka mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu biyaga bigari (CEPGL) barasuzuma amasezerano yumvikanyweho kugira ngo harebwe ibibangamira abaturage mu rujya n’uruza muri uyu muryango.
Imiryango mpuzamahanga ikorera i Khartoum muri Sudani ndetse n’Abanya Sudani barimo na bamwe mu bayobozi bakuru b’icyo gihugu, bifatanyije n’Abanyarwanda baba muri Sudan mu kwizihiza imyaka 20 u Rwanda rumaze rubohowe.
Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe ishinzwe uburenganzira bwa muntu, hamwe n’Urukiko rwa Afurika ruca imanza zirebana n’uburenganzira bwa muntu; byavuze ko bihangayikishijwe n’uko umubare w’ibihugu byemeje amasezerano yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu no kuregwa iyo bibaye ngombwa, bikiri bike cyane.
Ubunyamabanga bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) butangaza ko ikibazo cy’amaviza yakwa Abanyarwanda bajya mu gihugu cya Kongo kandi bari muri CEPGL kizaganirwaho n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize CEPGL mu nama iri gutegurwa.
Abayobozi b’imijyi ihuza ibihugu bivuga Igifaransa mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bashyizeho ihuriro rizabafasha gukemura ibibazo biboneka ku mipaka ihuza ibihugu bimwe na bimwe muri uyu muryango.
Umunyasudanikazi umaze iminsi asiragizwa mu nzego z’umutekano kubera ko yarangowe n’umugabo w’umukristu kandi we akomoka mu bayisilamu, yongeye kurekurwa kuri uyu wa gatanu 26 Kamena 2014 nyuma yo gutabwa muri yombi ashinjwa gukoresha ibyangombwa by’ibihimbano.
Umugore wo muri Sudani wari warakatiwe igihano cyo kwicwa anyonzwe kubera icyaha yashinjwaga cyo gutatira idini ya Islam, yarekuwe nk’uko ushinzwe ku muburanira yabitangarije BBC kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani (Rwanbatt 41) bakoze umuganda wo kurengera ibidukikije no gusukura umujyi wa El Fasher mu majyaruguru y’Intara ya Darfur kuwa kane tariki 5/6/2014.
Mary Robinson intumwa w’Umunyamabanga uhoraho w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga bigari yongeye gushimangira ko mu byo bashyize imbere mu minsi iri imbere ari uguhashya umutwe wa FDLR.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ihangayikishijwe n’uko Abanyarwanda batamenya amakuru ahagije ku mitangire n’imikorere y’inguzanyo mu Kigo FAGACE (Fonds Africain de Garantie et de Coopération Économique) u Rwanda rubereye umunyamuryango kuva cyashingirwa i Kigali mu myaka 37 ishize.