Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (Centrafrique), zagaragaye zirinze umutekano w’abakuru b’ibihugu bya Santarafurika n’Ubufaransa.
Mu nama ya 13 y’Ishyirwa mu bikorwa ry’Imishinga y’Umuhora wa Ruguru yateraniye i Kampala muri Uganda, kuri uyu wa 23 Mata 2016, abakuru b’ibihugu bigize uyu muhora biyemeje kwihutisha imishinga yawo.
U Burundi buri gushyira amananiza ku muryango wa Jacques Bihozagara uherutse gupfira muri Gereza ya Mpimba yo muri iki gihugu, buyisaba kubanza kubaha inyandiko ibuhanaguraho icyaha.
Komisiyo ishinzwe impunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse ibikorwa byo kubarura impunzi z’Abanyarwanda igejeje ku 10.332 muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema.
Ingabo za Congo FARDC zahagaritse ibitero kuri FDLR zijya mu kiruhuko cy’amezi atatu, kuko ngo ubu zigenzura uduce FDLR yahozemo.
Afurika ifite umutungo kamere uhagije ndetse n’imbaraga z’abayituye byakagombye kubyazwa umusaruro ku buryo itahora itegereje inkunga iva hanze.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yasabye inama mpuzamahanga ibera i Kigali (Transform Africa2015) kuva tariki 19-21, gushaka ahaboneka miliyari 300 y’amadolari bitarenze 2020.
Perezida w’Uburundi Pierre Nkurunziza uherutse gutsinda amatora kuri uyu wa tariki 20 Kanama 2015 yarahiye.
Batanu mu basirikare umunani b’Ingabo z’u Rwanda bakomeretse barashwe na mugenzi wabo ubwo bari mu butumwa bw’Amahoro muri Centrafrica (MINUSCA), bajyanywe muri Uganda kugira ngo barusheho kwitabwaho n’abaganga.
Gen Adolphe Nshimirimana wahoze ayobora urwego rw’ubutasi mu Burundi, mu gitondo cy’uyu munsi tariki 2 Kamena 2015 yiciwe mu Kamenge atewe igisasu cyo mu bwoko bwa rocket ubwo yari avuye iwe mu rugo ari mu mudoka.
Kimwe mu byo abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bo mu Mirenge ya Kinazi, Ruhashya na Rwaniro bishimira Perezida Paul Kagame yabagejejeho, ni gahunda y’uburezi bw’ibanze by’imaka 12 na bo bakaboneraho kubona akazi.
Abaturage bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi bazaniye abadepite ibiseke, inzoga n’inkangara nk’ikimenyetso cyo gusaba Inteko Ishinga Amategeko kubemerera Perezida Kagame agakomeza kubayobora.
Umugenzuzi w’amashuri abanza muri Darfur, Muhammad Ahmad Manga arashima ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani [UNAMID] ku bw’igikorwa zirimo cyo gusana ishuri ribanza rya Jugujugu.
Impunzi zisaga 2000 zari zarahungiye mu gihugu cya Namibia ntizigaragara mu nkambi zari zaracumbikiwemo, hakaba hari impungenge ko zaba zaratorotse.
Uhagarariye Umunyamabanga wa Loni mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) Ellen Margret Loej, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa i Juba azishimira ikinyabupfura n’ubunyamwuga buziranga mu kazi ko kubungabunga amahoro.
Impuguke zihuriweho n’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ku wa 23 Mata 2015 zahuriye mu Mujyi wa Goma kugira ngo harebwe uburyo igikorwa cyo gusubizaho imbago zashyizweho n’abakoloni bategetse ibihugu by’u Rwanda na RDC mu w’1911 cyakwihutishwa.
Nyuma yo gusurwa na Ministre w’ Ingabo Wungirije muri RDC ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare, Rene Sibu Mutabuka, akabakangurira gutaha, 13 mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bari bayobowe na Runiga bamaze kuzinga utwabo bagiye gutaha.
Ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda (RTDA) kivuga ko imihanda yo mu Karere ka Rubavu yari yaradindijwe na rwiyemezamirimo Seburikoko igihe guhabwa NPD-COTRACO kugira ngo ishobore kurangira mu gihe cy’amezi atandatu.
Abahoze ari abarwanyi ba M23 ku ruhande rwa Runiga JMV, bahungiye mu Rwanda bagacumbikirwa i Ngoma batangarije Itsinda rya Congo (Delegation) ko batazasubira iwabo ku bushake igihe cyose batazubahiriza amasezerano y’ i Nairobi arimo no kwambura intwaro FDLR.
Mu rwego rwo korohereza abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) watashye isoko rihuriweho n’imipaka y’ibihugu by’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ryubatse ku mupaka wa Kavimvira muri zone ya Kivu y’Amajyepfo muri RDC, aba (…)
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Kenya, Joseph Nkaissery, ku wa 23 Werurwe 2015 yatangarije itangazamakuru n’amahanga yose ko igihugu cye cyafashe icyemezo ndakuka cyo kubaka urukuta ku mupaka ukigabanya na Somalia mu kwirinda ibitero cyagabwaho n’inyeshyamba za Al Shaabab.
Komisiyo y’Afurika Yunze Ubumwe yashimiye u Rwanda kubera uruhare rukomeje kugira mu ishyirwaho ry’Ingabo z’Afurika y’Uburasirazuba, ziteguye gutabara igihugu cyakwadukamo imvururu n’intambara(EASF), ndetse n’umusanzu w’Ingabo, abapolisi n’abasivile rutanga mu kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye.
Abanyarwanda batahuka bavuye mu Burasirazuba bwa Congo bavuga ko n’ubwo bumva amasasu avugira muri pariki y’i Birunga ahavugwa ko harwanywa umutwe wa FDLR, batarabona abarwanyi ba FDLR barashwe kandi basanzwe baba ku mihanda no mu miryango yabo.
Kuri uyu wa 01 Werurwe 2015, Umuvugizi wa Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Lambert Mende Omalanga, n’abasirikare bakuru muri Kivu y’Amajyaruguru, bagaragaje abarwanyi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC, FARDC harimo abamajoro babiri ngo batashye ariko bo ngo babagaragaza nk’abafatiwe ku rugamba.
Ibikorwa by’ingabo za Congo byo guhashya umutwe wa FDLR muri Kivu y’Amajyaruguru byatangiriye mu bice bitandukanye bya Rutshuru ahasanzwe hazwi nk’ibirindiro bya FDLR, kuri uyu wa gatanu tariki 28/2/2015.
Ingabo za Congo (FARDC) ziratangaza ko zatangiye urugamba rwo kugaba ibitero ku birindiro by’inyeshamba za FDLR, biherereye muri Kivu y’Amajyepfo mu gace ka Uvira n’ahandi hitwa Reyo, ariko abaturage bo bakavuga ko hari kuraswa undi mutwe wa FNL.
Minisitiri w’Intebe wungirije unashinzwe ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’Ububiligi, Didier Reynders ku wa kabiri tariki ya 24/02/2015 yageze mu Mujyi wa Goma agiye gusaba ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), FARDC gufatanya n’ingabo z’umuryango w’abibumbye, MONUSCO kwambura intwaro umutwe wa FDLR.
Bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR baravuga ko ingabo za Congo (FARDC) zihatira Abanyarwanda bari mu mutwe wa FDLR bashaka gutahuka mu Rwanda kujya mu nkambi ya Kisangani, aho kugira ngo zikomeze ibikorwa ziyemeje byo guhangana n’uyu mutwe.
Komite Nyobozi y’Inama y’Abaguverineri ba Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD, imaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abantu umunani bazatorwamo uzasimbura Umunyarwanda Donald Kaberuka, wari umaze imyaka 10 ayiyobora.