Polisi y’u Rwanda iratangaza ko kubera impamvu z’imirimo yo kwamubutsa umuyoboro munini w’amazi, umuhanda KG 11 Ave Kimironko-Zindiro ugiye gufungwa mu gihe cy’iminsi hafi ibiri.
Umushinga w’itegeko ryemerera abagororwa kujya biga bakageza ku rwego rwa Kaminuza, uramutse wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, mu gihe kizaza batangira kujya biga amasomo yo kuri urwo rwego mu gihe bari muri za gereza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Ukwakira 2021, yakiriye mu biro bye (Village Urugwiro) Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Butaliyani, General Teo Luzi n’intumwa bari kumwe.
Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 10 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Huye yafashe uwitwa Umurerwa Mushimiyimana Agnes w’imyaka 36, yafatanywe umupira wo kwambara wa Polisi y’u Rwanda (T-Shirt) n’ikirango cy’ipeti (Pips) ya ofisiye wo ku rwego rwa Assistant Inspector of Police (AIP).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko burimo gukora ibishoboka ngo akarere kongere gusubira mu turere tw’Imijyi, kugira ngo ibikorwa by’iterambere byako bidasubira inyuma.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki ya 10 Ukwakira Polisi ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba kubufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu, bafashe amabalo y’imyenda arenga 40.
Mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko ruri mu biruhuko kwirinda ibirwangiriza ubuzima, Akarere ka Nyamagabe kateguye amarushanwa y’indirimbo, imbyino, imivugo n’ubugeni, ku nsanganyamatsiko ivuga ngo “Winyicira ubuzima ejo hanjye ni heza.”
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Ukwakira 2021, mu masaha y’amanywa, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda 20 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda.
Abangavu bahohotewe bamwe bikabaviramo guhungabana, abandi bakabyara nyamara na bo bari bagikeneye kurerwa, bavuga ko abagabo bahohotera abana bakwiye kwisubiraho kuko bahemukira igihugu.
Akarere ka Gasabo binyuze mu Nteko rusange z’abaturage, batangije ukwezi ko gukunda igihugu ndetse n’ubukangurambaga bugamije kurandura icyorezo cya Covid-19.
Miliyari ebyiri na miliyoni 700 ni yo mafaranga yagenewe ikigo cy’igihugu cy’igororamuco mu umwaka wa 2021, azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye mu kugorora abazahajwe n’ibiyobyabwe.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ko ibikorwa byo gusana umuhanda wa Huye -Nyamagabe – Nyamasheke - Rusizi wari wangiritse tariki ya 6 Ukwakira 2021 kubera imvura irimo kugwa byatangiye kandi imodoka ntoya zemerewe kuwunyuramo.
Akenshi abafite uburwayi bwo mu mutwe, muri sosiyete bafatwa nkaho ntacyo bamaze ndetse ko na bo ubwabo ntacyo bakwimarira aho usanga uworohewe yirukanwa mu kazi akabuzwa uburenganzira bumwe na bumwe akwiye, bakifuza ko bajya bafatwa nk’abandi bantu.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP) ryatoranyije abanyeshuri bane bazahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika y’imyuga n’ubumenyingiro azabera muri Namibia mu mwaka utaha wa 2022.
Igihugu cy’u Bwongereza cyakuye u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu ababiturukamo batemerewe gukorera ingendo muri icyo gihugu, kubera kubahiriza ingamba cyafashe zo gukumira icyorezo cya Covid-19.
Nyuma yo kubaka umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze, Umudugudu watashywe ku ya 4 Nyakanga 2021 ubwo hizihizwaga ku nshuro ya 27 isabukuru yo kwibohora, hagiye kubakwa undi mudugudu wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, mu ntanzi z’ikiyaga cya Kivu.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Rusizi yafashe uwitwa Kwizera Fabrice w’imyaka 22 na Irakoze Justin w’imyaka 16, bafashwe barimo gukora impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, gategori B, bakaba barafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Bugarama, Akagari ka Pera, (…)
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), ruratangaza ko rwiteze kungukira byinshi rushobora kubyaza umusaruro mu nama yahuje abayobozi bahagarariye urwego rw’infungwa n’abagororwa mu bihugu bya Africa y’Iburasirazuba (EAC), inama yabaye guhera tariki 04-06 Nzeri 2021.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Karere ka Nyaruguru ruvuga ko n’ubwo rukora nta gihembo bagenzi babo bakabaseka, batazigera babireka kuko ngo n’ababohoye u Rwanda bakoreraga ubushake badategereje igihembo.
Ku munsi mukuru wahariwe abarimu, wizihijwe tariki 05 Ukwakira 2021, hirya no hino mu gihugu habaye ibirori byo kwizihiza uwo munsi, abarimu babaye indashyikirwa barashimira bamwe baragabirwa.
Musenyeri Edouard Sinayobye, Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, yakiriwe na Papa Fransisiko i Vatikani ku wa Gatatu tariki 06 Ukwakira 2021, mu gikorwa cyo kwakira abakiristu cyabereye muri Salle yitiriwe Paul VI.
Uburenganzira bwa muntu n’ubwemerewe ikiremwa muntu cyose kubera ko gusa ari ikiremwa muntu. Harimo ibirebana n’uburenganzira muri politiki no mu bukungu hagamijwe icyubahiro mu mitekerereze n’imiterere umuntu akwiye.
Abaturage bo mu Mirenge imwe n’imwe igize igice cy’umujyi wa Musanze mu Akarere ka Musanze, ngo bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bwo mu ngo bugenda bufata indi ntera, bakifuza ko mu gihe hagize umuntu ubufatirwamo, yajya ahanwa by’intangarugero kugira ngo abere n’abandi urugero.
Sendika y’abarimu bo mu bigo by’amashuri yigenga (Syneduc), barasaba ko abarimu bakoroherezwa kwishyura inguzanyo bahawe na Umwalimu SACCO, kuko ari ikibazo cyababereye umuzigo uremereye.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yafunguye uburobyi mu kiyaga cya Kivu tariki ya 5 Ukwakira 2021, ariko isaba abarobyi kuba baciye imitego ifite ijisho rya gatanu mu mezi ane.
Umwana w’umukobwa witwa Tumukunde Françoise wo mu Karere ka Nyamasheke, wahize abandi ku rwego rw’igihugu mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, akomeje gusabirwa ishimwe ku mbuga nkoranyambaga kubera uburyo yitwaye neza mu bizamini bisoza icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye.
Abayobora amashyirahamwe y’inzego z’ibanze mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), barimo gusuzuma uko urujya n’uruza rw’abaturage rwakongera kubaho nyuma yo guhagarikwa n’icyorezo cya Covid-19.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), kiratangaza ko guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukwakira 2021, site yo gupima Covid-19 ya Gikondo ifunga burundu.
Polisi ku bufatanye n’izindi nzego bafashe Habimana Emmanuel w’imyaka 23, yafatanywe insinga z’umuyoboro w’itumanaho wa murandasi (Fibre Optique) zifite uburebure bwa metero 8, akaba yafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Kamembe, Akagari ka Cyangugu, Umudugudu wa Karambo, ku ya4 Ukwakira 2021.
Abana bagera ku 3,353 bakuwe mu bigo by’imfubyi kuva mu 2013 bamaze kumenyera imiryango bashyizwemo, ubu abitabwaho n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukurikirana imikurire no kurengera umwana (NCDA), ari abafite umwihariko w’uburwayi budakira cyangwa se ubumuga.