Mu rwego rwo guha abaturage amazi meza, mu Murenge wa Rwimiyaga hagiye kwifashishwa ibigega bizajya bishyirwamo amazi meza abaturage bakayabonera hafi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Werurwe 2022, yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Umugaba mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt-General Salem Bin Hamad Al-Nabit uri mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Kuva mu Gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Werurwe 2022, hatangijwe igikorwa cyo gushakisha imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside mu 1994, yari yarajugunywe ahahindutse urwibutso rwa Muhoza mu Karere Musanze, kugira ngo itunganywe izashyingurwe mu cyubahiro.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt-General Salem Bin Hamad Al-Nabit, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, nibwo yageze i Kigali aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Bayahunde Esperance utuye mu Kagari ka Murara mu Murenge wa Rubavu, yahawe inzu yo guturamo ifite n’ibikoresho byose, nyuma yo kumara imyaka 15 asembera.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, rwatangaje ko rwahannye Hotel Hilltop and Country Club, kubera gutanga serivisi mbi ku bo yakiriye.
Muri gahunda y’ubufatanye mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana mu Karere ka Burera, abaturage mu mirenge yose igize ako karere bakomeje gufatanya n’ubuyobozi mu ngamba bihaye, zo gukusanya inkunga igenewe kurwanya icyo kibazo, buri wese agatanga akurikije uko yifite.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Werurwe 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, itsinda riyobowe na Minisitiri ushinzwe ubufatanye mu bukungu n’iterambere w’u Budage, Svenja Schulze, uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Abakoresha MTN Mobile Money na Airtel Mobile Money, bagiye gutangira kohererezanya amafaranga buri wese akoresheje sosiyete y’itumanaho yari asanganywe, guhera ku ya 15 Werurwe 2022.
Umukozi mukuru w’Ikigo gishinzwe ingufu (REG) ushinzwe kwishyura ingurane z’ibyangijwe n’ikorwa ry’imiyoboro y’amashanyarazi, Louis Rutazibwa, avuga ko ku baturage barenga 4,000 babaruriwe imitungo yabo kubera ikorwa ry’imiyoboro y’amashanyarazi mu Karere ka Nyagatare, abarenga 70% bamaze kwishyurwa.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yatangarije Kigali Today ko Leta y’u Rwanda irimo gufasha abaturage bayo babaga muri Ukraine guhunga intambara, kandi ababyifuza bakaba bazoroherezwa gutaha mu gihugu cyabo.
Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bari mu basaga 70 baturutse mu bihugu bitandukanye, bitabiriye amasomo agenewe ba Ofisiye ategurwa n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), akaba arimo kubera mu Ishuri ryigisha gushyigikira ibikorwa by’ubutabazi n’amahoro (HPSS) i Nairobi muri Kenya.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, Edouard Bamporiki, arasaba ababyeyi gukora ku buryo abana babo baba aho bagomba kuba, kuko ari byo bizabarinda uburara n’ubwomanzi.
Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, Musenyeri Papias Musengamana, aratangaza ko yishimiye gushyirwa kuri uwo mwanya, n’ubwo byamutunguye kuko atari yiteguye ko yahabwa izo nshingano.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Edouard Bamporiki, avuga ko uwanga gukora ngo atanduza inzâara, iyo inzara imwishe zivamo.
Nyuma y’imyaka ibiri hadutse icyorezo cya COVID-19, abaturage bongeye guhurira n’abayobozi mu muganda rusange usoza ukwezi mu mpera z’icyumweru gishize. Abawitabiriye bagaragaje akanyamuneza, bishimira kongera gutanga imbaraga zabo mu kubaka Igihugu.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Rukundo ya mbere, Akagari ka Gacundezi, Umurenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bamaze imyaka 10 bategereje ingurane z’imitungo yabo yangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi ajya mu Kagari ka Kirebe bakaba barahebye.
Umushumba wa Kiliziya ku Isi, Papa Fransisiko, yashyize Musenyeri Papias Musengamana ku buyobozi bwa Diyosezi ya Byumba, akaba yasimbuye Musenyeri Serviliyani Nzakamwita wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri mu mashuri makuru na Kaminuza, barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG), uratangaza ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko abarokotse Jenoside 35% bafite ikibazo cy’agahinda gakabije.
Guiverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice arasaba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango, gushyira imbaraga mu kwigisha abaturage uko biteza imbere kurusha kubaha ibyo bakeneye ako kanya, kuko iyo imishinga imaze guhagarara abaturage basubira mu bukene bahoranye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abayobozi, abemera Imana n’Abanyarwanda muri rusange kumva neza ko Imana itanga ibya ngombwa idatanga ibintu byose.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri ibiri nta muganda rusange ukorwa, tariki 26 Gashyantare 2022 wongeye gusubukurwa by’umwihariko mu Karere ka Nyagatare ukaba wibanze ku gusanira amazu abahuye n’ibiza ndetse no gusiza no kubumba amatafari yo kubakira imiryango itishoboye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, akaba n’imboni y’Akarere ka Gakenke, yafatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Gakenke gutunganya amaterasi ku butaka buri ku buso bwa Hegitari 4.5, mu Mudugudu wa Kirwa, Akagari ka Birambo mu Murenge wa Busengo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, arasaba urubyiruko rw’u Rwanda gushyira imbere intekerezo n’umuco by’u Rwanda kuko gushyira imbere iby’amahanga ari kimwe mu bice by’ubukoloni.
Perezida Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 yakiriye mu biro bye Village Urugwiro, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola Ambasaderi Téte António.
Abaturage bo hirya no hino mu Gihugu bishimiye kongera kwifatanya mu gikorwa cy’umuganda, wari umaze imyaka ibarirwa muri ibiri warahagaze kubera Covid-19.
Inzego zitandukanye z’ubuyobozi zifite aho zihuriye n’abamotari zafashe umwanzuro wo gusesa koperative zose z’abamotari zari zisanzwe muri Kigali, zivanwa kuri 41 zigirwa 5.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022, Ingabo z’u Rwanda (RDF) zungutse abasirikare bashya, bakaba basoje amasomo y’ibanze ya Gisirikare mu kigo cy’imyitozo cya Nasho.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja yakiriye mugenzi we w’Ubutabera mu Burundi, Domine Banyakimbona n’itsinda ayoboye, bakaba baje gutsura umubano no kuganira ku ngingo zirimo ijyanye no kohererezanya abanyabyaha bashinjwa guhungabanya umutekano w’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ibikorwa by’ubutabazi, Marie Solange Kayisire, arasaba ko abataraziritse ibisenge by’inzu zabo bakwihutira kubikora, kandi bakarinda inkuta z’inzu zabo kwinjirwamo n’amazi, mu rwego rwo gukumira ibiza, kuko hazagwa imvura nyinshi mu itumba ry’uyu mwaka wa 2022.