Inyubako igezweho y’imikino yari imenyerewe ku izina rya Kigali Arena, yamaze guhindurirwa izina yitwa ‘BK Arena’.
Umuryango uharanira kurwanya ubukene n’akarengane byibasira abagore n’abakobwa, ActionAid Rwanda, uratangaza ko ugiye guhugura abasaga 1,500 ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bityo ribe ryacogora kuko ridatuma imiryango itera imbere.
Umunyeshuri wigaga mu ishuri rya Nyanza TVET School (ETO Gitarama) riri mu Kagari ka Butansinda, mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yitabye Imana arimo gukora siporo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturiye imihanda imwe n’imwe yo mu turere tuwugize, kwitabira ibarura ry’imitungo yabo ryatangiye ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, kugira ngo bazimurwe ku bw’inyungu rusange aho iyo mihanda igomba kwagukira.
Muri iki gihe imvura ikomeje kugwa ari nyinshi mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu, imihanga ikomeje kwangirika cyane cyane muri Gakenke, nk’akarere k’imisozi miremire kugeza ubu imihahiranire hagati yako, Muhanga na Nyabihu idashoboka kubera ibiza.
Abatunda, abanywa n’abacuruza ibiyobyabwenge bakomeje gushakisha amayeri yo kubikwirakwiza mu bantu, aho byamaze kugaragara ko hari ababishyira muri bombo no mu bisuguti.
Umuyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, Philippe Habinshuti, avuga ko guhuriza hamwe Abanyarwanda baturiye inkambi n’impunzi mu bikorwa by’iterambere, bifasha mu mibanire myiza na gahunda za Leta zikarushaho kugenda neza.
Gakenke ni kamwe mu turere twahagurukiye gukemura ikibazo cy’igwingira ry’abana, aho mu myaka ishize ako karere kataburaga mu turere dutatu tuza imbere mu kugira abana benshi bagwingiye, ariko kugeza ubu kakaba katakigaragara no mu turere dufite umubare munini w’abahuye n’icyo kibazo.
Ku mugezi wa Nyabarongo hagati y’Uturere twa Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo na Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, tariki 21 Gicurasi 2022 hatangijwe ku mugaragaro umushinga wo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwahawe izina rya Nyabarongo ya Kabiri (Nyabarongo II).
Ihuriro ry’imiryango nyarwanda itari iya Leta iharanira inyungu z’abaturage (Rwanda Civil Society Platform - RCSP) ku bufatanye n’umuryango nyarwanda utari uwa Leta ukora ibikorwa by’iterambere witwa ‘Rwanda Development Organisation – RDO’ ndetse na bamwe mu bakora mu nzego za Leta, tariki 20 Gicurasi 2022 bahuriye mu (…)
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda(NIRDA), hamwe n’abafatanyabikorwa barimo umuryango mpuzamahanga uteza imbere umutungo kamere (World Resource Institute - WRI), batangiye umushinga w’imyaka itatu uzagabanya iyangirika ry’ibiribwa mu Rwanda.
Banki ya Kigali (BK) yaguye urutonde rwa serivisi n’ibintu umukiriya wayo ashobora kugura cyangwa kwishyura akoresheje Internet Banking, atiriwe yirushya ajya gutonda umurongo muri banki.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uri uyu wa Gatanu tariki 20 Gicurasi 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo n’itsinda ayoboye, mu ruzinduko rw’akazi barimo mu Rwanda.
Umuturage wo mu mudugudu wa Rugarama II mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, arangije gukora umuhanda wa kaburimbo ureshya na metero 500 (1/2 cya kilometero imwe), akavuga ko yari agamije kunganira Leta mu ngengo y’Imari ikoresha mu gukora imihanda, bituma n’abaturanyi bamureberaho biyemeza gukomerezaho.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko igeze kure imyiteguro yo kwakira abimukira bazaba bagize icyiciro cya mbere bazaturuka mu gihugu cy’u Bwongereza mu mpera z’uku kwezi nk’uko bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono n’ibihugu byombi.
Ku wa Kane tariki ya 19 Gicurasi 2022, Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Felix Namuhoranye, yabwiye abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Santrafurika, kutirebaho kandi bagakora kinyamwuga mu gihe cy’umwaka bagiye kumara muri aka kazi.
Mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwakire Inama ihuza Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, CHOGM, Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko kugeza ubu nta bwoba abantu bakwiye kugira kuko imyiteguro igeze ahashimishije.
Perezida Paul Kagame, ku wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, mu bihe bitandukanye muri Village Urugwiro, yakiriye Komiseri muri Afurika Yunze Ubumwe, Amb. Bankole Adeoye n’intumwa idasanzwe mu Bwami bwa Arabiya Sawudite, Ahmed A. A. Kattan.
Abajyanama b’Akarere ka Musanze, bagaragarije abaturage bo mu Murenge wa Kinigi, zimwe mu nyungu ziri mu kubungabunga urukuta rutandukanya iyo Pariki n’abayituriye, harimo no kuba byagabanya ibyago byo konerwa na zimwe mu nyamaswa.
Abakozi 246 ba Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) basoje Itorero ry’Igihugu mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, basabwe kurangwa n’ukuri birinda ikinyoma, baba urumuri rumurikira rubanda aho bakorera kandi barangwa n’indangagaciro, batera ishema Igihugu cyabo n’ababibarutse.
N’ubwo telefone ifasha mu itumanaho no mu bindi bikorwa bitandukanye mu buzima bwa buri munsi, ishobora no guteza ibibazo ndetse bikomeye igihe idakoreshejwe neza hagati y’abashakanye.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagaragaje ingamba zafashwe kugira ngo ibiciro ku masoko bidakomeza kuzamuka mu buryo buremerera Abanyarwanda.
Imibare yashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuva mu mwaka wa 2019-2021, iragaragaza ko ibyaha byo gusambanya abana bikomeje kuzamuka, aho muri iyo myaka itatu byagaragaye ko abana 13646 basambanyijwe.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente, arahamagarira Abanyarwanda kumva ko agapfukamunwa katavuyeho, ahubwo ko katakiri itegeko nk’uko byari bimeze mu minsi yashize.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangije ku mugaragaro iyigishwa ry’ururimi rw’Igifaransa ku Ngabo z’u Rwanda, zirimo kwitegura kujya mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, aratangaza ko mu minsi mike u Rwanda na Uganda bizafungura urujya n’uruza mu rwego rw’ubucuruzi, kubera ko nyuma yo gufungura imipaka habayeho kuganira ku bicuruzwa bizinjira n’ibyo bigomba kuba byujuje.
Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), iragaragaza ko Intara y’Iburasirazuba ariyo ifite umubare munini w’abana basambanyijwe mu myaka itatu ishize, mu gihe Intara y’Amajyaruguru ariyo ifite umubare muke.
Abakecuru b’Intwaza bo mu Karere ka Kamonyi bari bamaze imyaka irenga itatu bimuriwe mu Mpinganzima mu Karere ka Bugesera, batangaza ko gusura imiryango yabo bari bakumbuye bibafasha gukomeza ubuzima.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko isuku ikwiye kuba umuco uhoraho, abaturage bagatana no kubana n’ibihuru n’ibishingwe ku mbuga z’aho batuye cyangwa bacururiza.
Ikigega mpuzamahanga cy’Iterambere (OPEC), cyahaye u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 18 z’Amadolari ya Amerika (ahwanye na miliyari 18 z’Amanyarwanda), azifashishwa mu gukora umuhanda Nyacyonga-Mukoto.