Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukorera i La Haye rwashyizeho impapuro zita muri yombi Sylvestre Mudacumura uyobora umutwe wa FDLR-FOCA, ufatwa n’umutwe w’iterabwobwa n’umuryango mpuzamahanga.
Minisitiri w’Intebe, Habumuremyi Pierre Damien, kuri uyu wa kabili tariki 15 Gicurasi aratangira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Iburengerazuba.
Akanama k’Inteko Ishinga Amategeko gashinzwe gukurikirana uburenganzira bwa muntu n’ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC) kongeye gutumiza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kamubaza ku kibazo cy’itinda ry’umushinga w’urugemero rw’amashanyarazi rwa Rukarara.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye, tariki 12/05/2012, basuye bimwe mu bishanga byo mu karere ka Bugesera byibasiwe n’imyuzure ikomoka ku migezi ya Nyabugogo, Nyabarongo n’Akagera.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 21 zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 13/05/2012 zajyanwe mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Mu muhango wo kwankira impamyabumenyi y’ikirenga yashyikirijwe na kaminuza ya William Penn University wabaye mu ijoro rya tariki 12/05/2012, Perezida Kagame yatangaje ko imiyoborere myiza igaragara mu Rwanda atari iy’umuntu umwe ahubwo ari umusaruro w’uruhare abantu bose babigiramo.
Abahagarariye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani bakomeje kwishimira ibikorwa byazo n’uburyo zihagararira neza u Rwanda muri ubwo butumwa.
Imodoka ya FUSO ifite puraki RAA 554S yaguye mu mukingo ahagana mu masaa kumi n’ebyeri z’igitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 13/5/2012, maze umushoferi wayo ahita ahunga.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira zigiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano wazo.
Minisitiri ushinzwe ubumenyi n’ikoranabuhanga mu gihugu cya Nigeria, Okon Bassey Ewa, yakiriye Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu , Joseph Habineza, tariki 10/05/2012, amutangariza ko ashaka ko igihugu cye gishaka kubaka umubano n’u Rwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Alexandre Luba Tambo, basinye amasezerano y’ubufatanye mu kugarura umutekano muri Kongo.
Uyu munsi tariki 13/05/2012, Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, ashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga yagenewe na kaminuza ya William Penn yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Umuhanda uhuza umurenge wa Mwogo n’uwa Nyamata kubera ko igishanga unyuramo cyarengewe n’umwuzure, mu rwego rwo gukumira impanuka z’amazi zatwara ubuzima bw’abaturage bambukira muri uwo muhanda.
Minisitiri w’Umutungo Kamere (MINIRENA), Stanislas Kamanzi, aratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bukigaragaramo akajagari mu mikorere yabwo, aho hari abakitwikira ijoro bikabaviramo no kuhasiga ubuzima.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira ziratangaza ko zishimiye uko zakiriwe na Leta y’u Rwanda, ariko zigasaba Leta y’u Rwanda gukomeza kuzikemurira ibibazo byinshi zifite.
Ubuyobozi bwa Polisi iri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Darfur (UNAMIS) burashima ibikorwa by’abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani, bukanasaba ko bishobotse umubare wabo wakongerwa.
Abagabo bakoraga akazi k’ubwubatsi ku nzu y’ubucuruzi mu gasanteri ka Nkambi mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bagwiriwe n’iyo nzu bubakaga, ku gicamunsi cya tariki 10/5/2012, umwe witwa Hagenimana Gaspard ahita yitaba Imana.
Ikamyo yo muri Uganda ifite purake UAG 320T yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rubaya hafi y’ahubatse ibiro by’akarere ka Nyabihu mu masaha ya saa yine z’ijoro tariki 10/05/2012 ariko nta muntu yahitanye.
Abantu 5 barimo abana 3 n’abagore 2 bamaze guhitanwa n’inkangu zabagwiriye ndetse amazu agera ku 100 amaze gusenyuka kubera imvura nyinshi yaguye mu karere ka Nyabihu mu ijoro rishyira tariki 10/05/2012.
Ishami rya Polisi rifasha abagore n’abana bahuye n’ikibazo cyo gufatwa ku ngufu “Isange One Stop Center” ryahesheje u Rwanda igihembo cy’Umuryango w’Abibumbye cy’umwaka wa 2012 cyitwa United Nations Public Award kubera intambwe u Rwanda rwateye mu guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Geradine Mukakabego yongeye kubonana n’abana be babiri yari amaze amezi agera kuri atatu yarasize mu gihugu cya Zambia. Ubwo yazaga kureba uko mu Rwanda hameze, yafashe icyemezo cyo kudasubirayo ahubwo asaba ko bazamuzanira abo bana yari yarasizeyo.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, biteganyijwe ko azasura ingomero z’amashanyarazi zo mu turere twa Gakenke na Musanze kuwa gatanu tariki 11/05/2012.
Mu rubyiruko ruba rufite imico itari myiza rujyanwa Iwawa kugororwa no kwigishwa imyunga, 95% bagaruka mu murongo; nk’uko byemezwa n’umuhuzabikorwa w’ikigo cya Iwawa, Niyongabo Nicolas.
Mukagatare Dative w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyabihanga, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amaze umwaka n’igice acumbikiwe n’umuturanyi we Evelyn Mukakabaga nyuma yaho inzu ye imusenyukiyeho mu kwezi kwa 02/2011.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, asanga abayobozi b’ibihugu bya Afurika bakwiye gufasha abaturage bayobora kwiyungura mu bumenyi, kuko aribo mutungo wa mbere uyu mugabane ufite.
Rumwe mu rubyiruko rwahawe amahugurwa ku kurinda amakimbirane no kwiteza imbere binyuze mu mushinga USAID/IREX Youth for Change, rwemeza ko muri rusange ruhangayikishwa n’icyo gukora kurusha ibibatanya.
Minisitiri ushinzwe impunzi, Gatsinzi Marcel, arasaba abakurikiranira hafi impunzi z’Abanyekongo zo mu nkambi ya Kiziba guhaguruka bagahashya bivuye inyuma ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuvugwa muri iyo nkambi.
Abanyeshuli 10 b’abakobwa biga mu ishuli ryisumbuye rya Kamasha riri mu murenge wa Kageyo mu karere ka Ngorororero barimo kuvurirwa mu bitaro bya Muhororo kuva tariki 06/05/2012 kubera ihungabana batewe no gukubitwa k’umwe muri bo.
Nsengumukiza Theogene w’imyaka 25 y’amavuko, kuwa kabiri tariki 08/05/2012, yahawe ku mugaragaro miliyoni ye y’amafaranga y’u Rwanda yatsindiye muri tombola.
Abagize inteko ishinga amategeko n’abaganga baturutse mu gihugu cya Haiti bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, bashimye imikorere ya Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV).