Umuryango wa Birabura Jean Marie Vianney ugizwe n’abantu 10, wari utuye ahitwa ku Kinamba mu kagari k’Amahoro mu murenge wa Muhima, ubu nta hantu ufite ucumbika nyuma yo kugwirwa n’inzu bitewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 30/10/2012.
Habonetse imirambo y’abantu batatu bishwe n’imvura yaguye mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 30/10/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe bamaze umwaka bari mu kizima nyuma y’uko urugomero bari barikoreye bafatanyije n’ishuri ryisumbuye rya Musange rwangiritse.
Ubwato Perezida Kagame yahaye abo ku Nkombo bumaze kujya mu myenda isaga miliyoni z’amafaranga y’u Rwanda kubera imicungire mibi.
Niyihaba Thomas wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugabano ubu ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi.
Amashyirahamwe abiri yita ku burenganzira bwa muntu akorera muri Afurika y’Epfo ariyo Southern Africa Litigation Centre (SALC) na Consortium for Refugees and Migrants Rights South Africa (CoRMSA) arasaba Leta y’icyo gihugu gusubira ku cyemezo yafashe cyo guha ubuhunzi Kayumba Nyamwasa.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 31/10/2012 yahitanye abantu 13 ndetse inangiza ibintu byinshi mu turere twa Rubavu na Rusizi two mu ntara y’Uburengerazuba.
Ubwo yatangizaga inama yiga ku bukungu bw’Afurika iri kubera i Kigali kuva tariki 30/10/2012, Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko Abanyafurika aribo bagomba kugena iterambere n’imibereho yabo kurusha uko bayitegereza ku bihugu byateye imbere.
Abakuriye amasosiyete acukura akanacuruza amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMIF), baremeza ko rufite amabuye y’agaciro menshi kandi meza, bitandukanye n’abavuga ko rucuruza amabuye ava hanze yarwo.
Umurenge wa Bwishyura wo mu karere ka Karongi wafashe icymezo cyo gutema ibiti bishaje byabaga ku muhanda no kubiteza cyamunara, kugira ngo birinde impanuka zashoboraga kubiturukaho muri iki gihe imvura igwa ari nyinshi.
Itorero rya ADEPR ryo mu karere ka Rusizi ryanze gusezeranya abageni, rivuga ko rikeka ko umukobwa yaba atwite. Igikorwa iri torero rivuga ko kibujijwe gushyingira abameze batyo mu myemerere yaryo.
Mu ma saa mbiri za mu gitondo cyo ku itariki 29/10/2012, umugabo witwa Munyandamutsa Vincent w’imyaka 65 y’amavuko yituye hasi ahita apfa, ubwo yari mu murima we ahinga.
Thacien Mpungirehe uzwi ku izina rya “Ninja”, arashinjwa n’abandi babana n’ubumuga bo mu Karere, ko yabasabye imisanzu igera kuri miliyoni ebyiri anagurisha ibikoresho byo mu biro bahawe na MINALOC n’imashini zidoda 35 zatanzwe n’Intara ya Rhénanie Palatina.
Itsinda ritegura igihembo cy’umuyobozi waharaniye amahoro muri Afurika (African Peace Personality Award 2012), ryashyikirije iki gihembo Perezida Paul Kagame, wacyegukanye binyuze mu matora yabereye ku mbuga za internet.
Umuryango w’Abibumbye watangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri, agenewe abapolisi mpuzamahanga baturutse hirya no hino ku isi, ku ubungabunga amahoro no gukumira amakimbirane ku rwego rwo hejuru.
Abagabo babiri, John Bosco Habarukundo na Pierre Uwagirimana, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kwiba inka ihaka bakayibaga bashaka kuyigurisha abaturage.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama mpuzamahanga y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), Prof. Ntumba Luaba Alphonse, yijeje ko ibirango by’amabuye y’agaciro ava mu Rwanda bigomba kwemerwa ku masoko mpuzamahanga ayo mabuye agurirwamo.
Henshi mu habagirwa amatungo mu karere ka Ngororero, haracyagaragara ukutubahiriza amabwiriza ajyanye no kubaga no gutwara inyama, mu gihe gito abakora ubucuruzi bw’inyama z’inka babonye ibagiro risukuye n’ubwo ritaruzuza ibyangombwa bisabwa mu mabagiro.
Abaturage bo mu murenge wa Boneza bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro n’inshuti z’imiryango yagize ibyago, ku cyumweru tariki ya 28/10/2012, bashyinguye imirambo y’abantu batatu bitabye Imana bakubiswe n’inkuba.
Abacuruzi barakangurirwa kudafungiza utwuma dufata impapuro mu gihe bari gufunga ambalaje zirimo ibiribwa, kuko bishobora guteza impanuka bikaba byanahitana ubuzima bw’abantu.
Abitabiriye inama y’ihuriro AMANI, riharanira amahoro mu turere tw’ibiyaga bigari, banenze uburyo igihugu cya Congo gikomeje kwitwara mu gushakira umuti ikibazo cy’umutekano urangwa m’Uburasirazuba bwa Congo.
Imvura idasanze irimo umuyaga mwinshi n’urubura byasenye amazu 44,insengero eshatu, yangiza hegitari zigera kuri 300 z’imyaka hanakomerekera n’abanyeshuri babiri bo mu ishuri rikuru rya Kibungo (INATEK).
Abapolisi 15 bayobora abandi mu ntara y’Amajyepfo basoje amahugurwa ku miyoborere ikwiye kandi ijyanye n’igihe. Abayahawe bishimiye ubumenyi bakuyeko, bavugak ko bari basanzwe babikenera mu kazi kabo ka buri munsi.
Mu gikorwa cyo guteza imbere ikoranabuhanga mu mashuri, MTN yahaye mudasobwa 36 ishuri ryisumbuye rya APAPEB ryo mu karere ka Gicumbi zifite agaciro ka miliyoni 25 na internet y’ubuntu izamara umwaka.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yifatanyije n’abaturage b’i Gicumbi, bacukura imirwanyasuri ku musozi wa Murehe, mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 27/10/2012
Umugabo witwa Siime w’imyaka 48 y’amavuko uvuga ko akomoka i Kabale, wabaga mu karere ka Nyanza azunguruka nta cyangombwa na kimwe kimuranga, yoherejwe mu gihugu cye cy’amavuko cya Uganda kuri uyu wa Gatandatu tariki 27/10/2012.
Abaturage barakangurirwa gutanga amakuru ajyanye no mu bigo bigaragaramo ruswa ishingiye ku gitsina, nyuma y’uko ubushakashatsi bwerekaniye ko mu bigo bwakorewemo ubwo bushakashatsi byagaragayeko iri hejuru ya 50%.
Abagabo batatu bakekwaho kuba bamwe muri ba rushimusi bo muri Pariki y’igihugu y’Akagera batawe muri yombi, mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza, aho bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Mukarange, nk’uko polisi ibitangaza.
Abitabiriye imyitozo ya gisirikare yaberaga mu kigo cya Gisirikare cya Gako, baratangaza ko isigiye byinshi ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) muri rusange. Babitangaje ubwo yasozwaga ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 26/10/2012.
Abakora uburaya bazwi ku izina ry’Idaya, bakorera mu ka karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, batangaza ko kuba bagikora uwo mwuga ari ikibazo cy’amikoro kandi ko bibagoye mu gihe batayabona.