Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Ubutaka (NLA), Marie Grace Nishimwe, yavuze ko urupapuro ruhesha ububasha umuntu bwo guhagararira undi mu ihererekanya ry’ubutaka (Procuration) rutemewe mu Rwanda, uretse ku bantu bari hanze y’Igihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Børge Brende, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ihuriro ry’ubukungu ku Isi (World Economic Forum/ WEF).
Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umurage ndangamuco, by’umwihariko uw’inyandiko, amajwi n’amashusho kugira ngo ejo hazaza hatazazimiza isura y’ahahise, Inteko y’Umuco yatangaje ko harimo kugeragezwa urubuga koranabuhanga ruhuza ibigo bya Leta, kugira ngo rubafashe kubika umurage ndangamuco bidasabye ko ubanza kugezwa ku (…)
Ku wa Mbere tariki 27 Ukwakira 2025, abadozi bagera ku 193 baturutse mu gihugu hose, bahawe impamyabushobozi binyuze muri gahunda ya ‘Recognition of Prior Learning (RPL)’, bishimira intambwe bateye mu mwuga wabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari i Riyadh muri Arabie Saoudite, aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ishoramari (Future Investment Initiative/FII9), izahuriza hamwe abayabozi batandukanye ku Isi ndetse n’abashoramari banyuranye.
Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda (PBA) rwashyikirije inzu Mudahinyuka Aloys, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye utuye mu Intara y’Amajyepfo, Akarere ka Nyanza mu Murenge wa Muyira.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 25 Ukwakira, u Rwanda rwashyikirije Afurika y’Epfo imodoka eshanu zari zibwe.
Ukwezi k’Ukwakira buri mwaka kwahariwe kuzirikana Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda. Ni umwanya Abanyarwanda bose bahamagarirwa kwisuzuma, bakaganira ku ntambwe imaze guterwa mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa, inzitizi zikigaragara, n’ingamba zo kuzikemura.
Abahinzi b’umuceri ni bamwe mu bashimirwa kuba baramaze kumva no gusobanukirwa neza akamaro ko gushinganisha ibihingwa byabo mu rwego rwo kwirinda igihombo gishobora guterwa n’ibiza cyangwa ibindi byakwibasira imyaka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye Abasenateri ko bagomba gutinyuka bakabwiza umuntu wese ukuri badaciye ku ruhande, kuko mu isi nta muntu uruta undi ku buryo bakwiye kumutinya.
Buri mwaka, Komisiyo z’Igihugu, inzego zihariye, Inama z’Igihugu n’ibigo bya Leta bishinzwe gufasha gukemura ibibazo bikomereye Igihugu, zigeza raporo na gahunda y’ibikorwa by’umwaka ukurikira ku Nteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi, hagamijwe gufasha gukemura ibibazo byagaragajwe n’izo nzego.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ukwakira 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Abasenateri bane barimo Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, Uwizeyimana Evode, Gasana Alfred na Dr. Uwamariya Valentine.
Abagaba b’Ingabo zirwanira ku Butaka (Land Forces Commanders Symposium), bo mu bihugu 19 ndetse n’abandi basirikare bakuru bahagariye ibihugu byabo, bari mu nama i Kigali, aho bahanahana ubunararibonye ku bijyanye n’umutekano wa Afurika. Ni mu nama mpuzamahanga yatangiye kuri uyu wa Kabiri, ikaba yafunguwe ku mugaragaro na (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ibihugu bya Afurika bidakwiye kugira uwo biharira inshingano zo gukemura ibibazo by’umutekano wabyo, cyane ko ngo nta mbogamizi n’imwe Abanyafurika badafitiye ubushobozi bwo gukemura.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka, yagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu biganiro bagiranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ibirimo gukorwa mu guteza imbere imibereho y’abageze mu zabukuru, no kugira ngo umubare munini (…)
Josephine Murphy Bukuru na Joselyne Alexandre Butoyi ni amazina amaze kumenyerwa cyane mu Rwanda kubera ibikorwa bitandukanye by’ubugiraneza bakora babinyujije mu muryango ‘Shelter Them’.
Urukiko rwa rubanda rw’ i Paris, urugereko rw’ubujurire ruragana ku musozo w’urubanza ubushinjacyaha buburana n’umuganga Sosthene Munyemana uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi byakorewe i Tumba mu Karere ka Huye.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yakiriye Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye wa Sénégal, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda rugamije gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, igikorwa cyabereye muri Village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burashima abafatanyabikorwa mu gukwirakwiza ibikorwa remezo by’amazi ,isuku n’isukura, barimo umushinga Water For People, Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, (WASAC Group), na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), n’abandi batumye ubu amazi meza muri ako Karere agera ku baturage 100%.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko ababyeyi n’abana bo mu Murenge wa Nyarugenge, barishimira ko bahinduriwe ubuzima n’ibikorwa bya BK Foundation n’Umuryango Shelter Them, byabafashije gusobanukirwa no kugira imibereho myiza.
Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu,akaba yakiriwe na Mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, akaba yaritabye Imana ku itariki 15 Ukwakira 2025.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yashyizweho n’urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), asaba ko umuntu uyobora itorero cyangwa umusigiti agomba kuba afite impamyabumenyi ya Kaminuza, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) wagiranye amasezerano y’ubufatanye na Kaminuza ya UTB (University of Tourism, (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, NCHR, yatangaje ko mu 2024/2025 ubucucike mu magororero bwagabanutseho 24.4% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2023/2024.
Mu Karere ka Muhanga, ibirori by’umunsi mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro byaranzwe no gutanga ibihembo ku miryango y’intangarugero mu kubana neza nta makimbirane, kuremera abatishoboye, gutanga ibiryamirwa mu miryango itishoboye, no gufasha amarerero yo mu ngo.
Komite y’Igihugu Ishinzwe Kurwanya Iterabwoba (NCTC) yatangaje ku mugaragaro Urutonde rw’Abanyarwanda bakekwaho iterabwoba n’abarifasha mu buryo bw’amafaranga, rugaragaza abantu 25 bashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba cyangwa mu gufasha no gutera inkunga amatsinda yagiye agaba ibitero ku Rwanda mu myaka ishize.
Airtel Rwanda yishimiye gutangaza ishyirwaho rya Bwana Sujay Chakrabarti nk’Umuyobozi Mukuru mushya wa sosiyete, kuva ku wa 6 Ukwakira, akaba yaratangiye imirimo ye ku itariki ya 13 Ukwakira 2025.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Habimana Dominique, yavuze ko urwego rw’akagari ruzakomeza kongererwa ubushobozi kugira ngo ibibazo birurimo bikemuke, bityo serivisi rutanga ku baturage zinozwe, ndetse na bo boroherezwe mu byo bakora.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu ya Nyungwe barasaba ko yazitirwa kugira ngo barusheho gukora akazi kabo ka buri munsi batekanye.
Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa mu Karere ka Muhanga ryaganiriye ku ngingo zo kwita ku rubyiruko by’Umwihariko, hagamijwe kururinda gukurana umuco w’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ahubwo rugakura rwubaka Ubumwe nk’Inkingi ya mwamba izarugeza ku mibereho irambye.