Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo kuri uyu wa 3 Ukwakira 2015 yagaragarijwe ibyavuye mu isuzumwa ry’mihigo ya 2014-2015 n’ibigomba kongerwamo ingufu.
Abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Ngoma batanze icyifuzo cyo koroherezwa ingendo bahabwa amagari yabafasha kugera ku baturage.
Abaminisitiri bashinzwe impunzi mu bihugu Abanyarwanda bahungiyemo, bemeje ko kubarura impunzi z’Abanyarwanda ziri muri ibyo bihugu byarangirana na Mutarama 2016.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko mu myaka itanu iri imbere ikibazo cy’imirire mibi kigomba kuba kitacyumvikana muri aka Karere.
Abakoresha umuhanda Muhanga -Ngororero -Rubavu bavuga ko impanuka bahura nazo ziterwa no kuvugira kuri telefoni no kwiruka cyane.
Abakirisitu b’itorero rya ADEPR mu karere ka Kirehe bakoze urugendo rwo kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ikwirakwizwa ry’agakoko ka SIDA n’icuruzwa ry’abana.
Abatuye umujyi wa Nyamata mu Bugesera baravuga ko babangamiwe no kuba amatara yo ku mihanda atacyaka n’iyo umuriro uhari.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko buri muturage agomba kubona amazi igihe ayashakiye buri munsi.
Kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke inkuba yahitanye umwana w’imyaka 17 avuye ku ishuri.
Abakozi b’Akarere ka Gatsibo barebwa n’ubuzima n’abakorerabushake ba ADRA Rwanda, kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 barebeye hamwe ibipimo byafasha kondora abana bagwingiye.
Mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda haracukurwa umuyoboro w’amazi w’ibirometero 12, abaturage bakaba bishimira ko batazongera kuvoma ibinamba.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas, yasabye abaturage ba Nyamasheke, kutaririmba ko bigeze gutwara igikombe cy’imihigo kandi bagiheruka muri 2010.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kabutare Dr. Saleh Niyonzima, ari mu maboko ya Polisi, naho ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ibi bitaro we yaburiwe irengero.
Abaturiye umuhanda ukorwa mu mirenge ya Muganza na Nyabimata muri Nyaruguru baravuga ko bangirijwe imitungo myinshi kandi barahawe amafaranga make.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Steven, avuga ko gukunda igihugu atari ugukunda imisozi ikigize gusa ahubwo ko ari ugukunda Abanyarwanda n’abaturarwanda.
Ikigo cy’Igihugu Imyuga n’Ubumenyingiro, WDA, kuri uyu wa 1 Ukwakira, cyasinyanye amasezerano yiinkunga n’ibigo 38 byasabye inkunga yo kwigisha urubyiruko imyuga.
Abakora umwuga wo gucuruza amafaranga mu karere ka Rusizi barasaba urugaga rw’abikorera kubashyirahamwe n’abandi bikorera kuko PSF ivuga ko itabazi.
Abaturage bo mu murenge wa Kageyo wo mu karere ka Gicumbi nyuma yo guhabwa kandagira ukarabe na SOS bagiye gusezerera umwanda.
Inkongi y’umuriro yibasiye Agaseke Bank, ishami rya Remera, aho abakozi n’abagenzi bagiye kubona bakabona umwotsi mwinshi uri gusohoka munzu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwemeje ibyiciro by’ubudehe; buvuga ko bigeye kubafasha gukora igenamigambi ry’akarere rihamye.
Akarere ka Ngoma kemeje ku mugaragaro ibyiciro by’ubudehe, nyuma yo gukosora amakosa yagaragaye mu byicirio byari byatangajwe mbere.
Nkurunziza Venuste wo mu murenge wa Kigina arwariye mu Bitaro bya Kirehe nyuma yo gutemagurwa n’umuturanyi we akeka ko amurongorera umugore.
Abageze mu za bukuru bo muri Karere ka Kamonyi bahamya ko VUP yabahinduriye imibereho, kuko inkunga bahabwa zibafasha kubona ibyo bakenera.
Hari ababona ko amafaranga akunze gutangwa ku banyamakuru mu bikorwa bitandukanye asanzwe amenyerewe nka “Giti” ashobora kuba ahishe ruswa.
Imwe mu miryango itishoboye yo karere ka Kicukiro yashyikirijwe amazu 20 yujuje ibyangombwa byo guturwa, biyifasha gusezerera ubukodi.
Umusore w’imyaka 26 w’Umunyarwanda amaze iminsi itatu mu maboko ya Polisi y’u Burundi imukekaho ko ari maneko w’u Rwanda.
Nzajyibwami Simeon utuye Umurenge wa Mubuga, Akarere ka Karongi, afite ubumuga bw’amaguru, asanga kugira ubumuga bitavuze gutungwa no gusabiriza.
Umuryango w’abafite ubumuga mu Rwanda urasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro kongera ibikorwa remezo bifasha abafite ubumuga kugama ishuri nk’abandi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire buravuga ko hamaze gufatwa ingamba z’uko umwaka wa 2016 uzarangira isakaro rya Asbestos ritakigaragara mu Rwanda.
Perezida wa Reppubulika y’u Rwanda Paul Kagame asanga hatabayeho ubufatanye mpuzamahanga intego isi yihaye zidashobora kugerwaho.