Agakiriro k’akarere ka Ruhango, kagiye kumara amezi ane gatangiye gukorerwamo n’abanyabukorikori, ubuyobozi bukavuga kazabafasha guhanga imirimo myinshi isaga ibihumbi birindwi.
Inzego zitandukanye zikorera mu gihugu zigomba kugira uruhare mu guhanga imirimo mishya mu rwego rwo guhangana n’ubushomeri mu rubyiruko.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen. Paul Malong Awan, atangaza ko igihugu cye kizigira ku iterambere n’ubumwe Abanyarwanda bamaze kugeraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe buratangaza ko abayobozi bo muri aka karere bakwiye gufasha abaturage guharanira kugera ku iterambere.
Dr Nishishikare Fabrice wakoraga mu bitaro bya Kirehe yaguye mu bitaro by’umwami Faycal kuwa 09/9/2015 nyuma yo kuva mu nama y’akazi arangije izamu.
Muhindo watashye mu Rwanda tariki 8/9/2015 avuga ko igihe yamaze muri FDLR nta nyungu yayibonyemo, agarutse iwabo mu buzima bushya.
Donald Kaberuka wayoboraga banki Nyafurika itsura Amajyambere agiye kwigisha muri Kaminuza ya Harvard nyuma y’imyaka 10 ku buyobozi bw’iyi banki.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yasabye abari mu inkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe gushyira hamwe.
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko hadutse uburyo bushya bwo kwaka no gutanga ruswa mbere y’igihe, ku buryo uyisaba ayaka mbere y’igihe.
Mu rwego rw’ubushakashatsi ku mazi yo munsi y’ubutaka, Leta y’Ubushinwa yatunganyije amariba 58 imiryango 7784 ibona amazi meza.
Abarwanashyaka b’ishyaka riharanira ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), baratangaza ko nta cyababuza gushyigikira Perezida Kagame kubera iterambere amaze kugeza ku Banyarwanda.
Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bataremewe kuba abakene kuko nta cyiza babusanzemo ahubwo bakwiye gukora ngo babuvemo byaba ngombwa bigakorwa kungufu.
Imiryango itegamiye kuri leta [NGOs] ikorera mu karere ka Kayonza irasabwa kunyura mu buyobozi mbere y’uko itangira ibikorwa byayo.
Umuryango wa ba kanyamigezi mu Rwanda COFORWA, wiyemeje kwagura no kunoza ibikorwa by’isuku n’isukura mu gihugu kugira ngo abaturage barusheho kubona amazi meza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abaturage batutiye pariki y’Ibirunga gukomeza kugira uruhare mu kuyibungabunga kugira ngo umutungo uyivamo wiyongere.
Abaturage b’akarere ka Kirehe barataka ikibazo cy’izamuka ritunguranye ry’igiciro cy’ibirayi ko bavuga ko ribatera igihombo mu bucuruzi no mu mirire.
Kuri uyu wa gatanu tariki 04/9/2015, Ministeri y’ibikorwaremezo(MININFRA) n’abubatsi, bemeje ubufatanye mu kunoza umwuga w’ubwubatsi mu Rwanda.
Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko Rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryiyemeje kugeza ijwi ryaryo kure mu guhangana na yo.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kujya banengera mu ruhame abaturage bafite umwanda kugira ngo bikosore.
Bamwe mu bagana akarere ka Nyamagabe, baranenga imitangire ya serivisi itaranoga kuko batazibonera igihe kandi ntibakirwe neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe burasaba abahagarariye amadini n’amatorero kwirinda inyigisho z’ibinyoma zihungabanya umutekano w’abo bayoboye.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuri uyu wa 03 Nzeli 2015 yasambuye amazu 75 umwe arapfa akubiswe n’inkuba abandi batatu barakomereka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza bufatanyije na polisi, batwitse bimwe mu bikoresho bivugwa ko byifashishwaga mu kuroga.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyubakiye isomero rya miliyoni 43 abaturiye Pariki y’Ibirunga mu rwego rwo kubasangiza inyungu iva mu bukerarugendo.
Ubuyobozi bw’ishuri VTC/BUMBA riherereye mu murenge wa Mushubati, akarere ka Rutsiro, burasaba ababyeyi barirereramo kwishyura umwenda wa miliyoni ishanu baribereyemo.
Urubyiruko rwiga imyuga ku kigo cy’urubyiruko cya Kamonyi, rutangaza ko niruragiza rutazagira ikibazo cyo kubona imirimo kuko rushobora no kuyihangira.
Ikigo cy’iteganyagihe(Meteo Rwanda) cyatangaje, kuri uyu wa gatatu tariki 02/09/2015, ko hashobora kugwa imvura nyinshi idasanzwe muri iki gihe cy’umuhindo.
Abacamanza bakorera mu nkiko zitandukanye z’igihugu, kuri uyu wa 2 Nzeli 2015, batangiye umwiherero i Gabiro mu karere ka Gatsibo.
Umuntu umwe yahitanywe n’impanuka y’ikamyo yagonze igipangu cy’ibitaro bya Rubavu inakomeretsa abandi 8.
Umuryango w’umwana w’umukobwa watemye mwarimu, watangiye gusaba iperereza ryimbitse kuko utizera ko amanota ahagije kugira ngo umwana wabo akore icyaha.