Gasirabo Phenias w’imyaka 45 utuye mu karere ka Nyanza avuga ko aremerewe umutwaro no kubona ibyo atungisha abana 10 yabyaye.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, J. Philbert Nsengimana, ahamagarira urubyiruko guharanira amahoro ku giti cya bo kugira ngo bashobore kuyageza ku bandi.
Urubyiruko rutunga agatoki bamwe mu babyeyi bagira baganira neza mu ruhame ariko bakagira ibindi birangwa n’amacakubiri babwira abana mu ngo.
Abagera kuri 19 baguye mu mpanuka yabereye Rwamagana naho bandi bagera kuri 2 barakomereka aho bahise bajyanwa kwa muganga.
Abakozi b’bitaro bya Kabutare bageze tariki 21/9/2015 batarabona umushahara w’ukwezi kwa munani kubera imyenda mituweri ibarimo isaga miriyoni 300.
Abagera kuri 19 baguye mu mpanuka yabereye Rwamagana naho bandi bagera kuri 2 barakomereka aho bahise bajyanwa kwa muganga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro butangaza ko irushanwa ry’imiyoborere myiza(Rutsiro Leadership cup) ribafasha kongera kwibutsa abaturage gahunda za Leta.
Umufasha wa Sebanani André, wabaye umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa tariki 21 Nzari 2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buratangaza ko hari abaturage batarasobanukirwa neza n’itegeko rishya rigenga ubutaka.
urubyiruko rwashoje furumu ya CEPGL mu karere ka Rubavu rwasabye ibihugu kuroherezwa ku mipaka bikaborohereza guhahirana no kwihangira imirimo.
Abasore bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko gushaka umugore muri ikigihe bitaborohera bitewe n’uko basabwa inkwano irenze amikoro yabo
Abayobozi mu nzego za Leta zitandukanye baributswa ko inyubako za yo nazo zigomba kugira ibyangombwa nk’ibisabwa izindi zose.
Ministeri y’imari n’igenamigambi yashimiye uruganda AZAM kubera umusanzu wa miliyoni 25 z’amanyarwanda rwatanze ngo afashe mu iterambere, ubukungu n’imibereho myiza.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi mu gisirikare cya FDLR Foca G1, akungiriza Gen Mudacumura kuyobora uyu mutwe, yatashye mu Rwanda n’umuryango we.
Abasore batatu, mu karere ka Ruhango, bari mu maboko ya polisi kubera gukekwaho icyaha cyo kwiba ibikoresho bitandukanye byiganjemo iby’ikoranabuhanga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr. Mukabaramba Alvera arasaba abahinzi kudacika intege banga guhinga kuko imvura izagwa vuba.
Ihuriro ry’imitwe ya politiki mu Rwanda rifitiye ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) ibirarane by’imisoro igera kuri miliyoni 25.
Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politike ryatoye umuvugizi waryo mushya ndetse n’umwungirije mu rwego rwo gusimbura ubuyobozi bucyuye igihe.
Minisitiri Sama Lukonde Kyenge wari witabiriye gusoza ihuriro ry’urubyiruko rwa CEPGL ryaberaga i Rubavu, yatashye bitarangiye ahamagawe na leta ye.
Ubu ni ubuhamya bwa Nyirahabimana Donathile w’imyaka 50 mu karere ka Karongi akimara guhabwa inyemezabumenyi yo gusoma no kwandika.
Umunyamakuru Edmund Kagire yashimiye abamufashije barimo Ange Kagame watanze amafaranaga arenga miliyoni y’u Rwanda yo kumufasha kujya kwivuza kanseri.
Matyazo: Abanyamuryango ba koperative y’abahinzi yitwa KOHAMA bavuga ko baciye indwara z’imirire mibi binyujijwe mu buhinzi bw’urutoki, imboga n’imbuto.
Akarere ka Rubavu katangiye kubakira imiryango 28 yari imaze imyaka itanu muri burende kuva yakurwa ku musozi wa Rubavu.
Kyalondawa Ngerele umukongomani wari umaze imyaka 20 atuye mu karere ka Nyanza yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, tariki 16 Nzeri 2015.
Kiliziya Gatolika iratangira igikorwa cyo kwemeza ubutagatifu bw’umuhanzi nyakwigendera Rugamba Cyprien n’umugore we Daphrose Rugamba kubera ibikorwa byaranze ubuzima bwabo.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda imitwe yombi, yashyikirije inyandiko zinyuranye komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga kugira ngo itangire imirimo yayo.
Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi witeguye kubahiriza no kwakira amahitamo Abanyarwanda bazafata ku ngingo y’itegeko nshinga yemerera Perezida Kagame gukomeza kuyobora.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, iratangaza ko yahagurukiye kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina riri kwiyongera mu Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize akarere ka Gakenke barasabwa kurushaho gutanga umusaruro mu tugari bahinduriwemo kugira ngo gahunda zirusheho kugenda neza.
Abatuye umurenge wa Nkombo, akarere ka Rusizi baramagana amafaranga ibihumbi 20 bakwa kugira ngo bakunde bahabwe inka muri Girinka.