Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, avuga ko iterambere ryihuse ritagerwaho abo ryubakirwa batariho kubera kutitabwaho n’ababyeyi bitwaje ko babashakira imibereho myiza.
Gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango yatangijwe n’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, isoje imiryango itanu yabaga hanze yubakiwe inzu ku nkunga y’abo bagore bishyize hamwe bakusanya amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 28.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2019, bifatanyije n’abandi banyarwanda mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza Ugushyingo muri uyu mwaka wa 2019.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame asaba ko imihanda yose mu mujyi wa Kigali igomba kuba isukuye nk’iyegereye amahoteli manini.
Ntibisigwa Célestin, umuzamu ku nzu zubakiwe abatishoboye igihe cy’urugerero ruciye ingando, amaze igihe kirekire yishyuza Akarere ka Nyagatare umushahara yakoreye, dore ko habura ukwezi kumwe ngo umwaka wuzure.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko Kiliziya irenze amoko n’ivangura iryo ari ryo ryose kuko ahubwo ibereyeho kunga abantu.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rusaba abakora ingendo mu modoka rusange mu mujyi wa Kigali, gutanga amakuru igihe cyose babonye imyitwarire itari iya kinyamwuga ku bashoferi.
Lt. Gen. Frank Mushyo Kamanzi yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Rwamucyo Ernest aba Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, naho Madamu Mukangira Jacqueline agirwa Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde.
Inzego zifite aho zihurira no kwita ku burenganzira bw’umwana n’imibereho ye mu Karere ka Musanze ziraburira ababyeyi n’abakoresha b’ibigo bitandukanye ko hatangiye gukazwa ingamba no kubahiriza amategeko arengera umwana ugaragaye akoreshwa imirimo ivunanye.
Mu mwaka wa 2015 nibwo abasore batatu ari bo Simbi Aimé Jules, Ndahimana Tharcisse na Nshimiyimana Eric batangije umushinga wo kongerera agaciro amakoro bayakoramo intebe, ameza n’amavazi byo mu busitani.
Umuvunyi mukuru aragaya Akarere ka Nyamagabe n’aka Nyaruguru nyuma y’uko inama ngishwanama mu kurwanya ruswa zaho zagaragaje imbaraga nkeya mu mikorere.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere imiturire (Rwanda Housing Authority-RHA) kiravuga ko igishushanyo mbonera cy’imijyi itandatu yunganira Kigali kitazimura abaturage.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Nyiricyubahiro Musenyeri Hakizimana yari amaze imyaka itatu abaye Padiri akaba yari ashinzwe amashuri muri Arikidiyosezi ya Kigali.
Urubyiruko rufite kuva ku myaka 6 kugeza kuri 30 y’amavuko ruri mu biruhuko rwatangiye kwitabira gahunda y’itorero mu biruhuko.
Abahanzi, abakinnyi ba filimi n’abanyabugeni, bamazwe impungenge ku mutekano w’ibihangano byabo ndetse banerekwa uko babibyaza inyungu ku giti cyabo bikanagira uruhare mu kuzamura iterambere ry’igihugu.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itatu bivuzwe ko amaduka yo mu Cyarabu yasenywe agiye gusimbuzwa inzu z’amagorofa, ubu noneho ngo imishyikirano yo kuyubaka igeze ahashimishije.
Kuva tariki 25 kugera kuya 27 Ugushyingo2019, mu Rwanda hari kubera inama mpuzamahanga yiswe ‘Global Gender Summit 2019’, yiga ku iterambere ry’umugore, uburinganire n’ubwuzuzanye.
Inyubako ya Kigali Convention Center (KCC), mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki 26 Ugushyingo 2019, yagaragaye mu ibara ry’Iroza, mu gihe ubusanzwe ikunda kugaragara iri mu mabara y’ibendera ry’u Rwanda.
Madame Jeannette Kagame kuva kera yizera ko icyo umugabo yakora n’umugore yagikora, akanavuga ko n’ubu igitekerezo cye akigihagazeho.
Perezida Kagame avuga ko abagore hari intambwe igaragara mu iterambere bagezeho, ariko ko hakiri byinshi byo gukora.
Icyiciro cya gatatu gigiuzwe n’impunzi 117 zivuye muri Libiya cyaraye kigeze mu Rwanda ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2019.
Umwalimu wigisha ku ishuri ribanza rya Akayange, mu kagari ka Ndama umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyagatare, nyuma yo gufatwa aryamanye n’umunyeshuri yigisha.
Ababyeyi bo mu murenge wa Kirehe mukarere ka Kirehe barasabwa guha abana babo uburere budahutaza birinda kubakubita no kubaha ibindi bihano bikomeye, kuko bibagiraho ingaruka mubuzima bwabo.
Bimaze kuba nk’akamenyero ko Abanyarwanda bamaze kugira ubushobozi bw’amafaranga, mu bitekerezo byabo hahita hazamo no kubaka inzu zo guturamo.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Habineza Jean Baptiste, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza, akurikiranyweho ibyaha byo kuzimanganya ibimenyetso no gutanga ubuhamya bw’ibinyoma mu rubanza rwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Gatesi Jeanne (izina ryahinduwe) avuga ko guterwa inda na musaza we byamuhugije igitsina gabo kugera kuri se umubyara.
Umuryango urwanya ihohoterwa rikorerwa mu muryango abagabo babigizemo uruhare (RWAMREC) uratangaza ko abagabo basambanya abana, badakwiye kwitiranwa n’abandi bagabo biyubaha, ko ahubwo abo bakwiye guhabwa izina ry’’ibirura’.
Abana bitabiriye igikorwa cyo gutegura inama nkuru y’igihugu ya 13 y’abana, baratangaza ko biteguye kugeza ku babyeyi ndetse na Leta, ibibazo basanga bisubijwe byahindura ubuzima bwabo bagakura neza.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice, arasaba abaturage n’abayobozi kwirinda ruswa kuko idindiza serivisi ubundi zikwiye kuba zitangwa nta kiguzi.
Hafi y’ahitwa ku kibuye cya Shari giherereye mu karere ka Nyaruguru, ikamyo ya Bralirwa yacitse umuryango kuri uyu wa 18/11/2019, inzoga zirameneka, abaturage barazinywa izindi barazihisha.