Dmitry Medvedev wahoze ari Perezida w’u Burusiya akanaba umuntu wa hafi kuri Perezida Vladimir Putin, yihanangirije NATO ko gutsindwa k’u Burusiya muri Ukraine, byakurura akaga gakomeye kuko bwakoresha ibisasu kirimbuzi birimo uburozi bwa nuclear.
Mu Bwongereza, umukobwa w’imyaka 28 witwa Michelle Felton, aherutse gutegekwa n’urukiko kutazongera kuvugisha umusore bakundanaga witwa Ryan Harley, mu nzira iyo ari yo yose mu mezi 18, ikindi ahanishwa gukora imirimo ifitiye abaturage akamaro mu mezi 18 nyuma y’uko bigaragaye ko yahozaga uwo musore ku nkeke, aho ngo (…)
Itangazo ryaturutse muri Perezidansi ya Gambia, rivuga ko Visi Perezida w’icyo gihugu, Alieu Badara Joof, yitabye Imana aguye mu Buhinde aho yari amaze igihe gito avurirwa, hakaba hashyizweho icyunamo cy’iminsi 7 mu gihugu hose.
Abacuruzi mu masoko amwe n’amwe y’i Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), bagaragaje uburakari nyuma yo gusenyerwa aho bacururizaga mu kwitegura uruzinduko rwa Papa Francis, azagirira muri iki gihugu mu mpera z’uku kwezi.
Ibihumbi by’abigaragambya muri Peru, ku wa Kabiri berekeje mu Murwa mukuru w’icyo gihugu, Lima, aho bagiye guhurira n’abandi benshi kugira ngo bashobore kumvikanisha ijwi ryabo nk’uko babivuga, basaba ko Perezida uriho, Dina Boluarte yegura.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ngo uzakomeza gushyigikira Ukraine mu ntamabara irimo “igihe cyose byazafata”, nk’uko byatangajwe na Komiseri Mukuru w’uwo Muryango.
Minisitiri w’Ingabo muri Somalia, Abdulkadir Mohamed Nur, yavuze ko Ingabo za Leta zashoboye kwirukana abarwanyi ba Al-Shabab mu Mujyi uri ku cyambu cyo ku Nyanja y’u Buhinde. Iyo akaba ari imwe mu ntsinzi zikomeye za Leta ya Somalia, uhereye umwaka ushize ubwo yatangiraga ibitero bikomeye byo guhashya umutwe wa Al-Shabab.
Ku wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023, Urukiko rukuru muri Afurika y’Epfo rwahagaritse ibijyanye no kuburanisha urubanza ruregwamo Perezida w’iki gihugu, Cyril Ramaphosa.
Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), watangaje ko ugiye kwiga uburyo hashyirwaho Banki Nkuru yawo.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Macky Sall wa Senegal, kuri uyu wa Mbere yanditse agira ati "Nanone impanuka yishe abantu ku mihanda yacu, mu marembo ya ‘Ngeun Sarr’, ubuzima bw’abantu 19 burahatakarira, abandi 24 barakomereka. Ibyo bivuze ko hagomba gukazwa ingamba zijyanye n’umutekano wo mu muhanda. (…)
Indege y’Ikigo Yeti Airlines gikorera muri Nepal, ku Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, yakoze impanuka ubwo yavaga mu murwa mukuru Kathmandu, yerekeza mu mujyi wo muri iki gihugu witwa Pokhara, abantu 68 bahasiga ubuzima.
Ku wa 14 Mutarama 2023, Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi n’inshuti z’uwo Muryango batuye muri Senegal, bizihije isabukuru y’imyaka 35 Umuryango umaze utangijwe, ibirori byabereye kuri Place du Souvenir Africain mu Mujyi wa Dakar.
Abasaza bo muri sosiyete y’Abamasayi ba Arusha muri Tanzania, ngo bajya batanga ibihano byo gukubitwa inkoni ku bantu bafite ibyo bakoze binyuranyije n’umuco wabo ndetse n’uburere.
I Paris mu Bufaransa, umwana w’umukobwa w’imyaka itatu yasanzwe mu mashini imesa yapfuye, bikaba bikekwa ko yabuze umwuka kuko ngo imashini yari ifunze, umwuka utabona aho unyura.
Mu biganiro Abayobozi ba M23 bagiranye n’umuhuza mu bibazo by’umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Uhuru Kenyatta, wahoze ari Perezida wa Kenya, bemeye ko nta mananiza yo gushyira intwaro hasi bafite igihe Leta ya RDC yabaha umutekano.
Padiri Marlon Mucio wo mu gihugu cya Brezil, urembeye mu bitaro aho arwaye indwara idasanzwe, akomeje gutura igitambo cya Misa mu gihe ari mu byuma bimufasha guhumeka.
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), zatanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku barwayi 54.
Umubyeyi wo muri Kenya witwa Margaret Wanjobi, ubu ufite abana babiri, atanga ubuhamya bw’ibibazo yanyuzemo n’umubabaro, byamuteye ndetse n’ibikomere kubera nyirabukwe wamubwiraga amagambo mabi akomeretsa umutima.
Umusore w’imyaka 17 uzwi ku mazina ya Noble Uzuchi wo muri Nigeria, akurikiranyweho kuba yarateye inda abagore bagera ku icumi (10), ubu akaba ari mu maboko y’inzego z’umutekano, aho yafatanywe n’undi uvugwaho ubufatanyacyaha witwa Chigozie Ogbonna, w’imyaka 29 y’amavuko.
Mu bikorwa byo guhashya abarwanyi b’imitwe y’inyeshyamba ishamikiye kuri al-Qaeda na ISIL (ISIS), igisirikare cya Mali cyatangaje ko cyishe abagera kuri 31.
Rose Christiane Ossouka Raponda, ni we mugore wa mbere wabaye Visi Perezida muri Gabon, mu gihe uwitwa Alain-Claude Bilie By Nze we yagizwe Minisitiri w’Intebe.
Indege yo mu Burusiya yo mu bwoko bwa ‘Antonov AN-26’ ya Kompanyi yitwa ‘IrAero’ yahagurtse ku kibuga cy’indege cya Irkoutsk muri Yakoutie, igana ahitwa Magadan, itwaye abagenzi 25 n’abapilote n’abandi bakora mu ndege.
Ana Montes wari Intasi muri Amerika yarekuwe nyuma y’imyaka 20, afungiye kumena amabanga y’akazi ayatanga muri Cuba.
Cardinal George Pell wahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina ku bana b’abahungu, yapfuye afite imyaka 81.
Umwe mu banyabugeni bakomeye babayeho ku Isi, Leonardo Da Vinci, yakoze ibihangano by’ibishushanyo bitandukanye harimo nka ‘The Vitruvian Man’ yakoze mu 1485, ‘Annunciation’ yakoze mu 1476, ‘Lady with an Emirne’ yakoze mu 1491 ndetse nibindi.
Uwahoze ari Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Benedict wa XVI, ubusanzwe amazina ababyeyi bamwise ni Joseph Ratzinger. Yavukiye muri diyoseze ya Passau (mu Budage), ku itariki 16 Mata 1927 (ku wa Gatandatu Mutagatifu), ari nawo munsi yabatirijweho.
Abantu bitwaje intwaro bashimuse abagenzi 32 bari bategereje ‘gari ya moshi’, mu Majyepfo ya Nigeria, muri Leta ya Edo nk’uko byatangajwe na Guverineri w’iyo Leta.
Mu gace ka Lichtenburg gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Afurika y’Epfo, umugabo w’imyaka 60 y’amavuko yishwe n’imbwa ze eshatu, ubwo yari ari iwe mu rugo.
Ku wa 07 Mutarama 2023, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bo muri Senegal bagejejweho ijambo rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame risoza umwaka wa 2022, mu gitaramo cyo kwifurizanya gutangira neza uwa 2023; banagezwaho uko imihigo y’umwaka ushize yeshejwe kimwe n’iteganyijwe muri uyu mwaka wa 2023. Icyo (…)
Guverinoma ya Tanzania yohereje itsinda ry’inzobere mu buzima mu turere twa Songwe, Mbeya na Ruvuma mu rwego rwo gukumira icyorezo cya kolera ngo kitinjira mu gihugu, icyo cyemezo kikaba cyafashwe nyuma y’uko muri Malawi ihana imbibi n’utwo turere, icyo cyorezo kimaze kwica abagera kuri 661.