Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rurahamagarira abanyeshuri n’urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke muri rusange, kudahishira abasambanya abana no kwitandukanya n’ababashora mu biyobyabwenge.
Abajyanama b’Akarere ka Nyagatare barasaba abagabo kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bafasha abore babo imirimo yo mu rugo, cyane cyane iyo kurera abana aho kubiharira abagore gusa.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, imbogo yatorotse Pariki y’Ibirunga, ubwo yarimo yirukanka mu mirima y’abaturage iri hafi yaho, ikubitana n’umuhungu w’imyaka 14 iramukomeretsa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi noteri witwa Uwitonze Nasira.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, yifatanyije mu isabukuru yimyaka 40 y’ubufatanye bw’u Rwanda n’Intara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, ari nabwo yagaragaje ko nyuma y’imyaka 28 Abanyarwanda bafite imitekerereze yagutse.
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Kicukiro kuva ku mugududu kugera ku Karere, zahagurukiye gukaza imyiteguro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Commonwealth, izatangira mu cyumweru kizatangira tariki 20 Kamena 2022 ikabera i Kigali.
Umupasiteri w’Umudage, Gerhard Reuther, avuga ko yageze mu Rwanda n’umugore we mu 2007, bakishimira uko u Rwanda rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yiyemeza gutanga ubufasha mu burezi, cyane cyane kwishyurira amashuri abana bo mu miryango itishoboye.
Itsinda ry’abasirikare 42 barimo aba Ofisiye bakuru n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu Rwanda mu rugendoshuri ku va tariki 8 kugeza 15 Gicurasi 2022.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasiho, Bangankira Jean Bosco, gaherereye mu Murenge wa Minazi, Akarere ka Gakenke, ari mu maboko ya Police Sitasiyo ya Ruli, aho akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 16.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya (RIB), rutangaza ko mu gihe cy’imyaka itanu ishize rwakoze dosiye 865 ku byaha by’ivangura no gukurura amacakubiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu butangaza ko umuhanda wa Mukamira-Ngororero wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo kuwukuramo ibitaka byari byamanutse kubera inkangu.
Ababyeyi barerera ku ishuri ry’urwunge rw’amashuri ya Nanga, riherereye mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko mu gihe nta gikozwe vuba, muri iki gihe imvura ikomeje kugwa ari nyinshi, bazisanga abana babo batembanywe n’umuvu w’amazi, akunze kuzura, akarengera ikiraro, abana bambukiraho, bigaragara ko ari (…)
Umuntu umwe yahitanwe n’impanuka y’ikirombe cy’amabuye y’agaciro mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba, akagari ka Kamasiga, ubwo abakozi ba Kompanyi yitwa (Ruli Mining Trade) bari mu kazi k’ubucukuzi ku wa 07 Gicurasi 2022.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu Rwanda (MIFOTRA) yatangije gahunda yo kwita ku buzima bwiza bw’umukozi igomba kurangwa umutekano w’umukozi ku kazi, ikaba ishishikariza abakozi n’abakoresha kongera umutekano w’umukozi harimo no kurinda ubuzima bwe kuko iyo umukozi afite ubuzma bwiza umusaruro wiyongera.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera mu Karere ka Kayonza rwafashe abayobozi b’ibigo by’amashuri 11 bakurikiranyweho kunyereza hafi Miliyoni 28 z’amafaranga y’u Rwanda (27.970.419Frw).
U Rwanda rwatorewe kuyobora mu gihe cy’umwaka Ihuriro rishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu 18 bya Afurika bihuriye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Ikigo gitanga serivisi z’Ubwishingizi cya Sanlam hamwe n’icyitwa Allianz kizobereye mu bijyanye n’ubwishingizi hamwe no gucunga imitungo y’ibindi bigo, byahuje imikorere n’imikoranire mu rwego rwo kunoza serivisi z’ubwishingizi ku batuye Afurika.
Abajyana b’ubuzima bo mu Murenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero, baravuga ko bagiye guhangana n’ibibazo bitera igwingira ry’abana, birimo amakimbirane mu miryango n’ubusinzi hagati y’abashakanye.
Ababyeyi bo mu Karere ka Musanze baremera ko bafite uruhare mu bibazo abana babo bagize by’igwingira riterwa n’imirire mibi, nyuma y’uko bagiye bagurisha amata n’ifu ya Shishakibondo.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), iratangaza ko umuti urambye wo guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ugomba guturuka ku burere ababyeyi baha abana b’abakobwa n’abahungu bakivuka.
Ubuyobozi bw’ikigo cya ICPAR gishinzwe guteza imbere ubunyamwuga mu bacungamari, butangaza ko u Rwanda rufite icyuho mu bakora icungamari b’umwuga, kuko abahari batagera kuri 10% by’abakenewe.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 5 Gicurasi 2022, nibwo hasohotse itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahagaritse ku mirimo uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umuyobozi Mukuru wa KCB Group, Andrew Wambai Kairu n’itsinda ayoboye, aho baje i Kigali mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro BPR Bank, nyuma y’aho Banki y’Abaturage y’u Rwanda yihurije na KCB Rwanda.
Mu kurushaho kwimakaza isuku no gukebura abatarayigira umuco, abaturage bo midugudu itandukanye igize Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bamaze igihe barishyiriyeho gahunda yo kujya bazenguruka mu ngo bagenzura isuku, aho urugo basanzemo umwanda bafatanya gukebura nyirarwo, bakanamukorera isuku, barangiza bakamuca (…)
Padiri Jean Paul Ndikuryayo uyobora College Saint-Ignace, ishuri riherereye mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi akekwaho guhanisha umwana kumukubita bikabije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu butangaza ko umuhanda Mukamira-Ngororero-Muhanga utari nyabagendwa kubera inkangu yawufunze ku mugoroba wa tariki 4 Gicurasi 2022.
Uruganda rwa SteelRwa rukora ibyuma bikoreshwa mu bwubatsi ruherereye mu Karere ka Rwamagana, tariki 04 Gicurasi 2022 rwageneye ako karere inkunga y’amabati 700 azafasha mu gusakara inzu z’abatishoboye.
Impuguke mu gusesengura ibijyanye n’Itangazamakuru mu Rwanda zivuga ko uyu mwuga waba urimo gutakaza abawufitemo uburambe, kuko ngo bawureka bakajya gushinga imbuga nkoranyambaga zidakora kinyamwuga.
Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, yitabiriye inama y’ubukungu yahuje ibihugu byibumbiye mu muryango w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (ECCAS), iyi nama ikaba yarabereye mu murwa mukuru Kinshasa, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Mu bantu 41 bagejeje ibibazo byo kutabona ibyangombwa by’ubutaka ku Nama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, barindwi ntibazabihabwa kuko ngo ari ubutaka bashaka gutwara Leta.