Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco irasaba abahawe impamyabushobozi muri ArtRwanda Ubuhanzi, gukomeza indangagaciro ziranga Abanyarwanda, bibanda cyane ku bihangano byerekano umuco wabo, kugira ngo bigaragazwe mu ruhando mpuzamahanga.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, bahamya ko imbuto nshya y’ibishyimbo bikungahaye ku butare (fer) bakunze kwita Mwirasi, bakomeje guhinga ku buso bwagutse, byatangiye kubaremamo icyizere cyo kugabanya ibipimo by’imirire mibi mu bana.
Guverinoma ya Suwede yatanze uburenganzira bwo kohereza mu Rwanda Jean-Paul Micomyiza, ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu batuye Akarere ka Rulindo, bavuga ko badafite ibyangombwa by’ubutaka bwabo, bakanenga abakora muri serivisi zibishinzwe mu Karere no mu mirenge inyuranye, ko batabafasha uko bikwiye, gusa ubuyobozi bw’ako karere bwafashe ingamba zihamwe zo gukemura icyo kibazo.
Abayisilamu bo mu Rwanda ndetse n’abatuye isi muri rusange, batangiye igisibo cy’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Mata 2022.
Ibiro by’Akarere ka Musanze byaburaga igihe gito ngo bitangire kubakwa, bigiye gukorerwa indi nyigo nshya, nyuma y’uko izabanje mu bihe bitandukanye bishize, byagiye bigaragara ko zakozwe mu buryo butizweho neza.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Mata 2022, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’u Bufaransa cy’Iterambere (Groupe AFD) azibanda mu guteza imbere serivisi z’ubuzima.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Mata 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Rémy Rioux, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’u Bufaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga (Groupe AFD).
Ku bufatanye n’Inteko y’Umuco, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangaje ishusho y’ibikorwa by’ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka muri ako karere.
Abaturage bakoranye n’umushinga Hinga Weze, bavuga ko yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana, kuzamura umusaruro w’ubuhinzi, kwizigamira no kurandura amakimbirane mu miryango.
Abangavu babyaye bo mu Mirenge ya Muganza, Gishubi na Kibirizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko kubura abo basigira abana ngo bajye kwiga ndetse no gusiragizwa igihe bagiye kurega ababateye inda, biri mu bibabangamira.
Abadepite bamaze iminsi bakorera ingendo mu Ntara y’Amajyaruguru, baremeza ko mu mibereho myiza y’abaturage babonye ibintu byinshi bikwiye gukosorwa, birimo abagifite umwanda, amakimbirane n’ibindi.
Abakuru b’Imidugudu 10 yo mu Tugari twa Ngiryi na Nyabivumu two mu Murenge wa Gasaka, Akarere ka Nyamagabe, bahembwe amagare babikesha kuba imidugudu bayobora yaresheje umuhigo wa mituweli 100% mbere y’iyindi.
Icyizere amahanga agirira u Rwanda, cyatumye ibihugu binyuranye bisuzumisha dosiye zisaga 50 z’ibimenyetso bya gihanga, muri Laboratwari y’Igihugu y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga, RFL (Rwanda Forensic Laboratory), bikoreshwa mu butabera ndetse n’ahandi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda (GMO), ruratangaza ko ikibazo cy’abana bata imiryango yabo bakajya gushaka akazi mu mijyi bagatererwayo inda gihangayikishije.
Umwarimu witwa Gakwerere Cassien wigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Rubagabaga mu Murenge wa Karangazi, arakekwaho gukomeretsa umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu y’amavuko, amuziza gusenya ibikenyeri mu murima we.
Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR), gifatanyije n’Umuryango nyafurika ukora ubushakashatsi ku miyoborere (PASGR), byatangiye ubushakashatsi buzamara imyaka itatu, bwiga ku bibazo urubyiruko rufite hamwe n’uburyo bikwiye gukemurwa.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022, yitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigo kigamije kwihutisha iterambere rigera kuri bose, hifashishijwe ikoranabuhanga mu nganda (Centre for the Fourth Industrial Revolution).
Ikigo BK Group gihuza Banki ya Kigali (BK Plc), Ubwishingizi (BK Insurance) hamwe n’Ikoranabuhanga (BK TECHOUSE), cyagaragaje inyungu ingana n’Amafaranga y’u Rwanda miliyari 51 na miliyoni 900, cyungutse mu mwaka wa 2021.
Akarere ka Rusizi ni kamwe mu turere tubonekamo abafite ubumuga bibumbiye mu matsinda yo kwizigamira. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri ako Karere avuga ko abagize ayo matsinda abafasha kwikemurira ibibazo bitandukanye badaegereje ko Leta ari yo ibibakemurira. Kimwe mu byo ayo matsinda (…)
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko Impuzamiryango Pro-femmes Twese Hamwe yabagobotse, kuko yabasubije igishoro bari bariye mu bihe bya Covid-19 ubwo batakoraga, bakaba bishimiye iyo nkunga igiye kubafasha kongera gukora nka mbere.
Ihuriro ry’imiryango n’impuzamiryango y’abagore bo mu karere k’Ibiyaga bigari (COCAFEM GL), yagaragaje raporo y’ubushashatsi bwakozwe, bwerekana aho u Rwanda rugeze rushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga yo gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umuryango Givedirectly ugiye gukorera mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Kageyo, aho uteganya guha buri rugo amafaranga atishyurwa ibihumbi 820, kandi akazatangwa nibura ku kigero cya 99% ku batuye uwo murenge, abazayahabwa bakemeza ko imishinga yari yarabananiye bagiye kuyibyutsa bakiteza imbere.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj. Gen. Albert Murasira, asanga ibibazo bikibangamiye iterambere n’imibereho myiza y’abaturage b’Akarere ka Musanze, bitazakemukira mu guhugira mu biro kw’abayobozi n’abakozi b’akarere, cyangwa inama za hato na hato bahoramo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwasohoye itangazo rihamagarira abantu baburiye ababo mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuza kureba niba mu mibiri yahabonetse hari abo bamenyamo.
Ambasaderi Claver Gatete, ku wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), António Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uwo muryango.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’urubyiruko Vision Jeunesse Nouvelle gikorera mu Karere ka Rubavu, bwatangiye gutanga ibiganiro byo kwigisha urubyiruko amahoro hakoreshejwe impano zirwo.
Nyuma y’uko Banki ya Kigali (BK) ihawe igihembo nka kimwe mu bigo byabaye indashyikirwa mu kubahiriza ihame ry’uburinganire, Kigali Today yaganiriye na Jackie Nkwihoreze, umukozi w’iyo Banki ushinzwe ubugenzuzi, akaba anakuriye komite ikurikirana iby’uburinganire muri icyo kigo, asobanura ibanga bakoresheje ngo babigereho.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ifatanyije n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi mu mwaka wa 2020 mu turere twose tw’ u Rwanda bwerekanye ko ingo zikoresha inkwi gusa mu guteka mu Rwanda zigera kuri 80.37% mu gihe abagikoresha amashyiga y’amabuye atatu bagera kuri 69.4%.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 28 Werurwe 2022, ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda giherereye mu Murenge wa Kacyiru, mu Karere ka Gasabo, Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP Marie Chantal Ujeneza, ari kumwe n’abandi bayozi batandukanye muri Polisi y’u Rwanda, yakiriye itsinda rivuye (…)