Nyuma y’uko Nyabarongo yuzuye ikarenga umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza mu Majyepfo, abantu batari bake bazinduka bajya gukorera no kwiga i Kigali bacitse intege.
Abatuye Umurenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara bari bafite imitungo ahanyujijwe umuyoboro w’amashanyarazi, barasaba ingurane z’ibikorwa byangijwe, bakaba bamaze imyaka ibiri batarishyurwa.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Gakenke, yateje inkangu zahitanye abantu 34 ndetse zisenya inzu zisaga 400 mu ijoro rishyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.
Abarezi bo mu Karere ka Gisagara baravuga ko biyemeje gusakaza umuco w’amahoro mu Banyarwanda bahereye mu banyeshuri bigisha.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Gakenke, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2016, yateje ugutenguka kw’inkangu zagushije amazu, abagera kuri 23 bakaba bamaze gupfa kandi hari impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Nyagisozi mu Murenge wa Nyagisozi muri Nyaruguru barishimira ko babonye amazi meza, nyuma y’imyaka 22 bavoma ibiziba.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabitekeri barasaba amazi meza kuko inganda zitunganya kawa zigabije amavomo yabo, zikayayobora mu ikawa batunganya.
Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro amahirwe u Rwanda rufite yo kuba mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe gahunda ya “Girinka “ mu Karere ka Kirehe, abituye b’abituwe barashimira Perezida Kagame wabateje imbere binyuze muri “Girinka Munyarwanda”.
Abikorera bo mu Karere ka Rusizi biyemeje gutanga miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda mu Kigega Agaciro Development Fund.
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gafunzo mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, baratabariza umubyeyi witwa Nyirabahire Venancie, kuko ubuzima bwe buri mu kaga.
Abaturage batuye mu midudgudu ya Ninzi na Rugabano mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke barasaba guhabwa ingurane nyuma yo kwangirizwa ibyabo hakorwa imihanda.
Kigali Today Ltd yongeye guhugura abanyamakuru n’abandi bifuza kuba abanyamwuga mu gufata amafoto, amahugurwa iteguye ku nshuro ya gatatu.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Brig Gen Mujyambere Leopord uzwi nka Ashile yafatiwe Goma n’inzego z’umutekano ajyanwa Kinshasa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashimiye abaturage b’Umurenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza ku bufatanye bagaragaje bwatumye umuntu washakaga guhungabanya umutekano akoresheje imbunda ahasiga ubuzima.
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR - Inkotanyi mu Karere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yijeje abanyamuryango ko agomba guhangana n’ibibazo byugarije akarere birimo gusubiza abana mu ishuri no kurwanya ikibazo cy’imirire mibi.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi ku isi rigiye gukora ivugabutumwa mu turere 30 tw’u Rwanda rigamije gukangurira abaturage kugarukira Imana, bumvira amategeko yayo n’ay’igihugu.
Abatuye mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bamaze imyaka ine bishyuza akarere ibyabo byangijwe ahanyujijwe ibikorwa remezo.
Rwabuhihi Pascal, Uumunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza ni we wahize abandi mu bakozi basaga 250 b’Akarere ka Kirehe ahabwa ishimwe.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko gukora igenamigambi abo rireba bose batabigizemo uruhare bigorana kurishyira mu bikorwa.
Mu muganda abayobozi b’akarere bahuriyemo n’abaturage b’Akagari ka Ruyenzi tariki 30 Mata 2016, bagejejweho ikibazo cy’imihanda yo mu Murenge wa Runda ikeneye gukorwa.
Umuyobozi w’Ishuri Ryisumbuye rya Ruhanga mu karere Ka Gasabo, Rubaduka Eugène, avuga ko ibikorwa abana bagizemo uruhare barushaho kubirinda icyabyangiza.
Abatuye mu Karere ka Kayonza batangaza ko bishimiye gukorana umuganda na Perezida Kagame, kuko byabagaragarije ko aba abitayeho.
Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.