Umuryango utabara imbabare (Croix Rwanda) ufite intego yo kwigira kugirango ushobore gukomeza kugoboka abatishoboye.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abakozi b’Akarere ka Rutsiro COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion cooperative) ngo bagiye gusezera bitewe n’imicungire yayo mibi.
Umubyeyi utaramenyekana yataye uruhinja rw’umukobwa ruri mu kigero cy’amezi abiri mu gihuru, rutoragurwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ari na ho byabereye.
Abatuye i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi muri Huye bishimira ko begerejwe amazi meza, ariko noneho ngo uwabaha n’amashanyarazi.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bafite impungenge ko imvura iramutse yongeye kugwa umuhanda Kigali- Rubavu wakwongera gufunga.
Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi.
Abayobora FDLR ngo bohereza abana ba bo kwiga mu gihe abavuka ku barwanyi bato birirwa batikirira mu mashyamba ya Congo.
Umuyobozi w’ikigo cy’abana bafite ubumuga (HRD) mu Karere ka Muhanga, Mukamwezi Léoncie, arasaba ubufasha bwo kurera abana 37 bafite ubumuga bari muri icyo kigo.
Abanditsi ba filime Nyarwanda bagera kuri 15, bari guhugurwa ku myandikire inoze kandi ya kinyamwuga muri filime.
Impuguke za Congo Brazaville ziri mu Rwanda kuganira ku myanzuro yashyizweho mu guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi
Imiryango yahoze ikennye cyane mu Karere ka Nyanza, ariko ikaba yarorojwe binyuze muri “Girinka”, iremeza ko iyi gahunda yabakijije ubworo bakaba abatunzi.
Abanyarwandakazi ba rwiyemezamirimo bavuga ko kwishyira hamwe na bagenzi babo b’Abanyakenya bizamura imyumvire y’ibyo bakora kandi bikabongerera umusaruro.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2016, ku Biro by’Umurenge wa Ngoma hagejejwe “ibiryabarezi” byinshi bibikwa muri kimwe mu byumba by’umurenge.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi bwongeye kwizeza umukecuru Mukabagema Anastasie utagira inzu yo kubamo kumwubakira mu gihe kitarenze ukwezi.
Abanyamuryango ba koperative COTMIN Intiganda y’abamotari barasaba ubuyobozi bwabo kwegura kuko bwananiwe kubashakira uruhushya rubemerera gukora (authorization).
I Nyabihu ngo bigiye byinshi ku mihigo batabashije kwesa uko bari bariyemeje irimo uwa "Gira inka" n’uwa Biogaz.
Nyuma yo kubarura bagasanga mu Karere ka Karongi konyine hari “ibiryabarezi” 70, ubuyobozi bw’ako karere bwaburiye ababyeyi bafite abana bari mu biruhuko.
Abaturage bafite ibyuma bishya i Nyarupfubire muri Nyagatare baravuga ko REG yabapfunyikiye “Transformer” idakora kubera kwikanga urundinduko rwa Perezida Kagame.
Uyubobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko hari imihigo igera kuri ine yadindijwe n’abafatanyabikorwa bigatuma ijya munsi ya 90%.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu butangaza ko mu ngengo y’imari ya 2016/2017, buzita ku mihanda ikunze gushegeshwa n’imvura.
Inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru itangaza ko kudakora neza kw’umugoroba w’ababyeyi ari intandaro yo kudacyemuka kw’ibibazo byugarije imiryango.
Crooix-Rouge y’u Rwanda itangaza ko mu bufasha yatanze kuva mu 2012, harimo inzu ibihumbi bibiri zubakiwe abari mu kaga.
Polisi y’igihugu ivuga ko kuba u Rwanda rugaragaramo ibyaha bike bikoreshejwe imbunda muri EAC rutagomba kwirara kuko mu karere zigihari.
Abakomoka mu Murenge wa Kaniga muri Gicumbi baba hanze yawo, albahatuye n’abahakorera bakusanyije miliyoni 2Frw zo gusana ibikorwa remezo.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) ruravuga ko rwahaye amahirwe n’umwanya munini ibigo by’Abanyarwanda mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 mu Rwanda, kugira ngo rubafashe guteza imbere ibihakorerwa.
Ubudehe bw’Umudugudu wa Kinyove mu Kagari ka Rurindo mu Murenge wa Musenyi mu Bugesera, bwafashije abaturage kwigurira ubwato bune bubafasha guhahirana n’ab’ahandi.
Abakobwa babyariye iwabo b’i Kinazi mu Karere ka Huye, bashinja ababyeyi kubatererana, ndetse ngo bigatuma bamwe muri bo bakomeza kubyarira iwabo n’izindi mbyaro.
Itsinda rigenzura imihigo y’uturere ryatangiye ibikorwa byo kugenzura imihigo y’Akarere ka Rubavu, ariko basaba abakozi b’akarere kutabafata nk’abagenzacyaha.
Ntibanyendera Ladislas bita Mashenda wigize Pasiteri mu Itorero “Revelation”, afunzwe akekwaho kwangisha abaturage ubuyobozi, ubwambuzi bushukana no gucuruza abana yasambanyije.