Katende Abraham Semwogerere, ukomoka muri Uganda, amaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda mu muhango wabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kayonza kuri uyu wa Gatanu, tariki 8 Nyakanga 2016.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Bugarama baravuga ko babangamiwe n’indaya zibatwara abagabo bagasigara bahangayikishwa no kurera abana babyaranye.
Kuba hari imiryango yasezeranye mu Karere ka Gakenke ariko ikaba itanditse mu gitabo cy’irangamimerere bituma hari ababyitwaza bagahohotera abo bashakanye.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba abagoronome guhagurukira ikibazo cy’abana bagwingira kigacika burundu.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze bashimira ubuyobozi bwabavanye muri nyakatsi, bagatura ahantu heza mu gihe batumvaga ko byashoboka.
Abagize komite za Girinka mu nzego z’ibanze i Nyabihu barasabwa ubunyangamugayo mu nshingano bahawe hirindwa ko haba ibibazo muri Girinka.
Abaturiye ruhurura ya Kivugiza mu murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bariruhutsa nyuma yo gutunganywa kuko itazongera kubangiririza.
Umuyobozi wa Islam mu Karere ka Kayonza, Sheikh Nshimiyimana Mubarak, avuga ko uwashaka gushora aba-Islam mu iterabwoba atabona aho amenera.
Minisitiri w’Intebe wa Islael na Perezida Paul Kagame baratangaza ko ibihugu byombi bizakomeza gufatanya mu kuzamura iterambere ry’abaturage.
Ubuyobozi bw Hotel CIVITAS buratangaza ko imirimo yo kwakira abayigana ikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe.
Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatangaje ko amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari kimwe mu bimenyetso by’amateka mabi ya muntu ku isi.
Abayisilamu mu Karere ka Nyagatare bashimiye leta y’ubumwe ko yabahaye uburenganzira batahoranye mbere bita gushyirwa ku ibere.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Mu gusoza igisibo cy’ukwezi abasilamu bamazemo igihe, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye kwitabira gahunda za Leta no gufasha abatishoboye.
Inyubako y’ubucuruzi ikoreramo Hotel CIVITAS, farumasi, ndetse na SAHANI Supermarket iherereye ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 6 Nyakanga 2016.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Karere ka Bugesera barasaba Leta ko yabasonera ubukode bw’ubutaka kuko amafaranga basabwa badashobora kuyabona.
Abaturage bamwe amateka agaragaza ko bari barasigajwe inyuma bo mu Karere ka Muhanga, barashimira Leta y’Ubumwe yababohoye ingoyi yo kunenwa kandi na bo ari Abanyarwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi yataye muri yombi abakobwa batatu bakora mu nzu y’icumbi (Lodge) bakekwaho kwiba amafaranga y’Umunyekongo wari waharaye.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yihanije abagoronome n’abaveterineri barya ruswa bakavangavanga gahunda Leta iba yageneye abaturage.
Nyuma y’imyaka 22 u Rwanda rwibohoye imiyoborere mibi, abatuye Akarere ka Gisagara baravuga ko bagenda bibohora ubukene n’imibereho yo kutagira ibikorwa remezo.
Abaturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko batakijya guca inshuro y’amateke mu Burundi nk’uko byahoze.
Bamwe mu batuye i Kirehe bavuga ko kuba hari abitanze bakabohora igihugu bibabera urugero rwiza rwo gutoza abana gukunda igihugu no kubaha umurage w’ubutwari.
Kuremera abakomerekeye ku rugamba ngo si uko ari abatindi ahubwo ni urwibutso rw’ibikorwa by’ubutwari bagaragaje babohora igihugu.
Ku munsi wo kwibohora, inzego z’ibanze mu Mujyi wa Kigali zavuze ko imiturire y’akajagari ibangamiye kwibohora ubukene n’imibereho mibi.
Kwibohora bikwiye guherecyezwa no gukunda Igihugu, ni bumwe mu butumwa Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yahaye urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko kwizihiza umunsi wo kwibohora ari kwishimira no gusigasira ibyagezweho no kubyongera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasanga intambwe zo kwibohora zigomba kujyana n’ibikorwa bizima bisubiza ibyifuzo Abanyarwanda bafite.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yahaye Komite Nyobozi y’akarere umukoro wo kukageza ku mwanya wa mbere mu mihigo.
Bamwe mu baturage bahangayikishijwe n’uko umwaka wa Mituweri utangiye baribuze ku rutonde rw’ibyiciro by’ubudehe, abandi bakaba barashyizwe mu byo bavuga ko badakwiye.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, arasaba urubyiruko rw’u Rwanda gukunda igihugu kandi bagakorera ku ntego kuko ngo ni cyo cyatumye Ingabo zahoze ari iza APR zitsinda urugamba rwo kubohora igihugu.