Abatuye Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru basoje itorero ryo ku mudugudu baravuga ko ryabafashije kumva ko gahunda za Leta zibafitiye akamaro.
N’ubwo imyaka y’ubukure ari 18, abana bo guhera ku myaka 14 bakoze amakosa akomeye nko kunywa ibiyobyabwenge cyangwa kubicuruza barabihanirwa.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) ivuga ko hari “ntayegayezwa” y’ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda imitwe ya Politiki idakwiriye gukoraho muri ibi bihe by’amatora.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), yakiriye kandidatire ya Diane Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga, mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Kanama 2017.
Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Udahemuka Aimable, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye ku mirimo ye.
Ku isi hose miliyoni zisaga 60 z’abantu bahunze ibihugu byabo by’amavuko kubera impamvu zitandukanye za politiki, ubukene cyangwa imihindagurikire y’ibihe.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) iramagana abiyitirira kuba abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ababamamaza kandi nta n’umwe kandidature ye iremerwa.
Umushinga wa Kivu Watt watangiye gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 2 Werurwe 2009. Gaz Methane ikurwamo izi ngufu yavumbuwe mu Kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 1936.
Perezida Paul Kagame yamaze ku gera i Lusaka muri Zambia mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, aho yahise yakirwa na mugenzi we Perezida Edgar Lungu.
Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi mu mujyi wa Kigali rwatangaje ko Perezida Kagame n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batazabura ababasimbura ruhari.
Kuri uyu wa Gatanu abakozi b’umuryango wa JHPIEGO baremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mudugudu wa Twinya, Akagali ka Murambi, Umurenge wa Gikomero ho mu karere ka Gasabo, inka zifite agaciro ka Milioni 1, 200 Frws
Mu Rwanda hashinzwe Ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge rihuriwemo n’abari m’ubuyobozi n’abacyuye igihe,rije kunganira Komisiyio y’ubumwe n’ubwiyunge na Unity Club-Intwararumuri mu kwimakaza amahoro,ubumwe n’ubwiyunge.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahamagarira Polisi y’u Rwanda kurangwa n’imico myiza no gukora akazi neza kugira ngo abaturage barusheho kuyibonamo.
Abanyeshuri biga mu kigo cya Karangazi Secodary School bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byababereye imfashanyigisho mu kumenya amateka.
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umuryango wa Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana ku cyumweru tariki 11 Kamena azize uburwayi.
Abaturage 252 bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo barashinja itorero CEPEA kunyereza miliyoni 16.7RWf zabo, ryabatse ribizeza gushyira abana babo mu mushinga wa “Compassion International”.
Abapolisi bakuru ba bimwe mu bihugu by’Afurika baganirijwe ku micungire y’umutekano n’imiyoborere, kugira ngo ibihugu byabo bigere ku iterambere rirambye.
U Rwanda rwagizwe umunyamuryango mu kanama gashinzwe umurimo ku isi, mu matora yabaye kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2017.
Bamwe mu bahagarariye amadini bemeye ko bagiye kuzajya bigisha abayoboke babo mu nsengero ibijyanye no gutanga imisoro.
Abatuye Akagari ka Shara mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko babuze amazi,hashize amezi atandatu bavoma amazi mabi y’ikiyaga cya Kivu.
Perezida Kagame Yagaragaje ko muri Afurika ahantu hakenewe gushora imari kurusha ahandi ari mu mihanda, ibiraro, ibyambu, inzira za gari ya moshi ndetse no kubaka ingomero z’amashanyarazi.
Semana Jean Marie Vianney wari warabuze uko yiga nyuma yo gutsinda ikizamini cya Leta cy’amashuri abanza,nyuma akajya gukora akazi ko mu rugo, ashimimira Imbuto Foundation yakamukuyeho none ubu akaba yigisha muri Kaminuza.
Abayobora inzego z’ibanze bamwe bafata ruswa, kuko ngo bibananira kwihanganira inshingano ziremereye zo kuba bakenerwa n’inzego nkuru z’igihugu hafi ya zose.
Kuri uyu wa 13 Kamena 2017, Dr Frank Habineza, ukuriye ishyaka Green Party, ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Repuburika, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri kanama 2017.
Urubuga rwa internet www.reputationpoll.com rwashyize Perezida Paul Kagame mu bantu ijana barimo kwigaragaza mu kubaka izina ku isi muri 2017.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yatangaje ko Depite Mukayisenga Françoise, umwe mu badepite bari bayigize yamaze kwitaba Imana azize indwara.
Rwanda Day 2017 yaberaga mu gihugu cy’u Bubiligi, yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byiganjemo kugaragaza aho u Rwanda rugeze rwiteza imbere, no kwibutsa Abanyarwanda baba hanze uruhare rwabo mu kubaka urwababyaye.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gushyiraho gahunda inoze yo gukorana n’ababa mu gihugu buzuzanya, kuko biri muri gahunda zagura u Rwanda rukarenga imipaka.
Perezida kagame yavuze ko ibipimo mpuzamahanga byifashishwa ku isi mu gupima uburyo ibihugu bihagaze mu mibereho no mu iterambere mu nzego zitandukanye, bigaragaza ko u Rwanda ruza mu bihugu 10 bya mbere ku isi bihagaze neza.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko abikorera mu Rwanda ari bo bateye inkunga amatora ya Perezida ya 2017, bakanarenza ingengo y’imari yari iteganyijwe.