Gira Iwawe: Uburyo bwafasha abafite amikoro aciriritse gutunga inzu

Gira Iwawe, ni ubukangurambaga bwatangijwe buje gushyigikira ubwakozwe mbere, bukaba bugamije guhamagarira abantu bafite amikoro make n’abafite aciriritse gufata ayo mahirwe, kugira ngo batunge inzu zo guturamo ku nyungu ntoya.

Uko bimeze, umuntu ugiye kugura inzu yo guturamo ari ku nshuro ya mbere, kandi akaba yinjiza atarenze Miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri (1.200.000Frw) ku kwezi, uwo yemerewe guhabwa inguzanyo muri iyo gahunda, akagurizwa atarenze Miliyoni Mirongo ine 40Frw, akazishyura ku nyungu ya 11%.

Ku bantu bagura inzu zo guturamo ari ubwa mbere, bakaba banjiza ari hagati ya Miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri na Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu (1.200.000-1.500.000Frw), bo bemerewe kuguza atarenze Miliyoni mirongo itandatu 60.000.000Frw, bakazishyura ku nyungu ya 13%.

Inyigo yo mu 2019, yakozwe n’Ikigo cyo mu Bwongereza cyitwa ‘International Growth Centre (IGC)’, yagaragaje ko Umujyi wa Kigali wonyine, uzakenera kubaka inzu nshya zigera ku 310.000 bitarenze umwaka wa 2032, ni ukuvuga inzu nshya zigera ku 26.000 buri mwaka.

Nyuma yo kubona urwego inzu zo guturamo zikeneweho, Guverinoma y’u Rwanda yatangije umushinga wiswe ‘Gira Iwawe’, ufasha abantu kubona inguzanyo zo kubaka inzu zo kubamo ku nguzanyo bashobora kwishyura kugeza ku myaka 20.

Amafaranga menshi yo gushyigikira uwo mushinga yaturutse muri Banki y’Isi, kuko yashyizemo agera kuri Miliyoni 150 y’Amadolari ya America. Banki y’u Rwanda itsura amajyambere (BRD), ikorana bya hafi n’Ikigo cy’Igihugu cy’imyubakire (RHA), mu gukurikirana uwo mushinga binyuze mu mabanki y’ubucuruzi.

Leopord Uwimana wa RHA
Leopord Uwimana wa RHA

Abashaka kugura inzu zo guturamo, bazajya banyura mu nzira zisanzwe zo gusaba inguzanyo muri za Banki z’ubucuruzi n’ibindi bigo by’imari, kugeza ubu mu zemerewe gutanga iyo nguzanyo harimo BPR, Umwalimu SACCO na ZIGAMA CSS.

Abashaka kubona amakuru arambuye kuri iyo gahunda, basura urubuga rwa Gira Iwawe ari rwo ‘www.iwanjye.brd.rw/’.

Abantu cyangwa ibigo byifuza kubaka cyangwa kugurisha inzu ku biciro biciriritse, bavugana na BRD ku rubuga ‘[email protected]’.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 60 )

Mwiriwe neza ,rwose ibi bintu bijyanye ninguzanyo ya gira iwawe bihabwe umurongo ufatika.mu Rwanda abakozi benshi binjiza hagati ya 60000rwf na 200000 abisumbuyeho bari hagati ya 200000 na 300000 net salary.rero niba leta yaratekereje kwaba bantu nibadushyiriremo inyoroshyo nibura duhabwe iyi nguzanyo ku nyungu nto nka5%kuko nubundi iyubaze mu myaka 20 usanga ntaho itaniye nisanzwe Kandi kudukata kimwe cya kabiri cyumushahara ,nubundi byadushyira mu bibazo Kandi dukeneye no gutunga imirya ,Wenda badukata 20% nubundi ya myaka yajya gushira twishyuye ya mafaranga ninyunguzayo.ikindi ,uwafashe iyo nguzanyo bakamwemerera kubaka. Igaherekezwa na authorization de batir. Murakoze.nibura impuzandwngo baha umuntu kugira ngo yubake ntige munsi ya 10,000,000rwf kugira ngo tubashe kubona aho gutura. Murakoze.

Muzigura Theophile yanditse ku itariki ya: 11-11-2023  →  Musubize

Mwiriwe neza ,rwose ibi bintu bijyanye ninguzanyo ya gira iwawe bihabwe umurongo ufatika.mu Rwanda abakozi benshi binjiza hagati ya 60000rwf na 200000 abisumbuyeho bari hagati ya 200000 na 300000 net salary.rero niba leta yaratekereje kwaba bantu nibadushyiriremo inyoroshyo nibura duhabwe iyi nguzanyo ku nyungu nto nka5%kuko nubundi iyubaze mu myaka 20 usanga ntaho itaniye nisanzwe Kandi kudukata kimwe cya kabiri cyumushahara ,nubundi byadushyira mu bibazo Kandi dukeneye no gutunga imirya ,Wenda badukata 20% nubundi ya myaka yajya gushira twishyuye ya mafaranga ninyunguzayo.ikindi ,uwafashe iyo nguzanyo bakamwemerera kubaka. Igaherekezwa na authorization de batir. Murakoze.nibura impuzandwngo baha umuntu kugira ngo yubake ntige munsi ya 10,000,000rwf kugira ngo tubashe kubona aho gutura. Murakoze.

Muzigura Theophile yanditse ku itariki ya: 11-11-2023  →  Musubize

Mwaramutse neza?
Nagirango mbaze, Ese ko hari abantu bakorana nama company ahemba mugihe cyiminsi 15 cg 30 ariko umushahara wabo ukanyuzwa kuri MTN Mobile money abo bakozi bo bakorikikugirango bagire iwabo cg bo iyo nguzanyo
ya Giriwawe ntibareba? Kuko Rwose natwe dukeneye kugerwaho niyo gahunda. Murakoze

Elevanie yanditse ku itariki ya: 5-11-2023  →  Musubize

Ese nkorana na bpr neza ariko sindi mukozi shaka inzu 2000000
Nakora iki ?ndi umujyanama w ubuzima ,ndi agent momo.musubize murakoze

Mbarushimana Jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 5-11-2023  →  Musubize

Ubu c ko ibibazo mubibaza uwanditse inkuru nawe atahagazeho,iyo aza kuba abizi aba arimo gusubiza gusa barabeshya%kuko iyo bavugisha ukuri ntibagasebeje umuntu uhembwa 1m2k cg 1m5k ntasoni ngo inzu ziciriritse za 40m,mujyane amazu yanyu tuzagumana nabanyiri amacumbi dukodesha,mbabazwa nuko nsaziye mugihugu cyanjye nkodesha.

Umwere yanditse ku itariki ya: 5-11-2023  →  Musubize

Gusaba kugurirwa inzu

Nkotanyi Steven yanditse ku itariki ya: 29-10-2023  →  Musubize

Ese uhebwa hagati 100n200 kd yifiye ikibanza yemerewe inguzanyo cg ntabyemerewe murakoze

Muhire vedaste yanditse ku itariki ya: 4-10-2023  →  Musubize

Ku bushobozi bw’uwinjiza 1200.000 Frws ntago rwose yajya mu kugurizwa inzu , kuko mu bakozi ba leta abenshi biganje mu gihembo cya 100k,200k , 300k Kandi ninabo ahanini bakeneye ubushobozi bwo gutura, Kandi turebye ku bakorera muri Kigali no mu nkyengero biragoye kubona aho gutura ha 12M , kuko nubundi bashaka ahagenewe gutura cg se ahatari amanegeka, kubwibyo , hanajyaho gahunda yabafite ibibanza bashobora kuyahabwa bakiyubakira cyane ko hari nababa babyifitiye, Uyu mushinga ni mwiza ahubwo bawusobanure neza , unashyirwe ku gipimo cyabagenerwabikorwa.tel:0788636033.

Twagirayezu Aaron yanditse ku itariki ya: 21-09-2023  →  Musubize

Mubyukuri nk’uko abandi babivuze hari ibintu 2 bigomba gusobanuka:
1Hari uwasabye akemererwa(Approved)kugeza ubu nta yandi makuru y’icyo wakora ngo ubone iyo nguzanyo
2 Ikindi niko bagashyizeho nbr de telephone twabashakiraho ngo baduhe amakuru,thx

Aime yanditse ku itariki ya: 10-09-2023  →  Musubize

Mubyukuri nk’uko abandi babivuze hari ibintu 2 bigomba gusobanuka:
1Hari uwasabye akemererwa(Approved)kugeza ubu nta yandi makuru y’icyo wakora ngo ubone iyo nguzanyo
2 Ikindi niko bagashyizeho nbr de telephone twabashakiraho ngo baduhe amakuru,thx

Aime yanditse ku itariki ya: 10-09-2023  →  Musubize

Nishimiye iyi gahunda mwashyizeho ariko muzadutecyerezeho nkabantu batibona muri kiriyakiciro cya milion 1.2 & 1.5 esentakuntu mwazaza muha umuntu inzu akayijyamo tugahana igihe narangirizakuyishyura
Urugero:nkondesha inzu 2 ahonkorera ni50 burikwezi
Ahomba ni 150 burikwezi yosehamweni 200 kumwakani milion
1.4 mudufashe tuvemubukode buraturambiye iyonzunubundiyaba aringwateyanyu murakoze cyarigitecyerezo cyanjye nikivuzo

Ushizimpumu damascene yanditse ku itariki ya: 9-09-2023  →  Musubize

Mwaramutse

Ese iyo RHA imaze ku kwemerera ni iyihe process ikurikraho ngo ahabwe inguzanyo Murakoze

Seleverien Sibomana yanditse ku itariki ya: 5-09-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka