Amacumbi y’abanyeshuri ba Ecole de Science Byimana yahiye

Ahagana saa mbiri mu gitondo cya tariki 23/04/2013 inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu biga kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu mu kigo Ecole de Science Byimana.

Aya macumbi yatangiye gushya igihe abanyeshuri bayararamo bari bamaze gusohokamo ako kanya bagiye kwinjira mu mashuri ngo bakurikirane amasomo.

Iyi nyubako yatangiye gushya saa mbiri izima saa yine ubwo hari hamaze kugera imodoko za Polisi ishinzwe kuzimya umuriro “kizamyamwoto”.

Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.
Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.

Frere Gahima Alphonse utaramara ukwezi ayobora Ecole des Science de Byimana yavuze ko batazi icyateye iyi nkongi y’umuriro.

Uyu muyobozi asaba inzego zibishinzwe kubaba hafi kugirango hashakishwe uko aba banyeshuri bakomeza amasomo yabo.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, yashimiye inzego n’abantu bose bagaragaye mu gikorwa cyo gutabara bazimya uyu muriro utashoboye gufata izindi nyubako.

Frere Gahima, umuyobozi w'ishuri ES Byimana.
Frere Gahima, umuyobozi w’ishuri ES Byimana.

Uyu muyozi yakomeje avuga ko ubu abanyeshuri bagiye kuba boherejwe iwabo mu gihe cy’icyumweru kugirango bafatanye gushaka ibikoresho by’ishuri kuko ibindi byose byakongokeye muri uyu muriro.

Bamwe mu banyeshuri twaganiriye wabonaga bahungabanye bavuga ko babajwe n’amakaye yabo ndetse n’ibindi bikoresho byose byahiye bibaza uko bazabigenza kugira ngo bongere kubona notes zose z’igihembwe gishize.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, hari hataramenyekana icyateje iyi nkongi y’umuriro ndetse n’agaciro k’ibintu byahiriyemo.

Bimwe mu bikoresho byasohowe uyu muriro ugitangira gufata iyi nyubako.
Bimwe mu bikoresho byasohowe uyu muriro ugitangira gufata iyi nyubako.
Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.
Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.

Eric Muvara

Ibitekerezo   ( 25 )

Ntakundi ni ukwihangana gusa turashima Imana ko ntawagendeye muri iyi nkogi. gusa munkuru hibeshyw igihe amaze ayobora E.SC.BYIMANA. ni hejuru ya 3 mois .

sugira yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

pole sana,
Abahize ni ugutegura Fund Rising bakareba ko bafasha ikigo gihuye n’ikiza gikabije !

K.M yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Ejo yari dépôt ya RBC, hari na famille KICUKIRO yaraye ibuze umwana wa 12 ans azize umuriro none umva na E.S BYIMANA ihuye n’ikibazo cyo gushya, ku bwanjye ndabona ikibazo ari icya EWSA.Ubundi Police ishinzwe kuzimya umuriro ikwiye kugira amashami mu mijyi ikomeye yose kuko ubu iyo baza kuba bari i MUHANGA ndahamya ko bari kurokora byinshi kurusha.Ubuyobozi busabe ahantu hose hari ibigo bihuriramo abantu benshi cyane cyane amashuri afite ama Boarding(Internat)kugira ibikoresho byo kuzimya umuriro n’ibindi bijyanye n’ubutabazi(Smoke detector na alarme hamwe na extincteurs.Pole kubaburiye ibintu byabo muli iyo nkongi.

Lambert yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Nukwihangana ibyago bitera bidateguje Abo Bana rwose bahuye ni bibazo ariko ndizera ko ubuyozi buri bugire icyo bukora kandi na Ewasa igakora iperereza ryimbitse kuko birakabije inkongi z,umuriro zibasira amazu zituruka kumashanyarazi zimaze kubanyinshi

Claude yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Imana ishimwe kuba nta bantu bari bakiyirimo. Imana yabatabaye kuko iyo hashya batarajya mu ishuri byari kuba ari ikibazo gikomeye

Noel yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

mwihangane ba petit freres ishuli ryatureze rirahiye pe!!buriya assurance nikore akazi kayo mukomeze muge mbere nkibsanzwe

norbert yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

EWASA Igopmba kugenzura neza igipimo cy’umuriro yohereza iyo maze akanya ikupye. Kuko iryo kupa rayo ni ryo nyirabayazana y’inkongi y’umuriro iboneka muri iki gihe .

Kaga JMV yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

ewsa problem

claude yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Imana ishimwe kuba nta wahiriyemo yego ibi nabyo byahiriyemo nikibazo ariko nibihangane haguma ubuzima naho ubundi ibintu nibishakwa.

tantine yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

EWASA Igopmba kugenzura neza igipimo cy’umuriro yohereza iyo maze akanya ikupye. Kuko iryo kupa rayo ni ryo nyirabayazana y’inkongi y’umuriro iboneka muri iki gihe .

Kaga JMV yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Imana ishimwe cyane kuba nta mwana wahiriyemo,nibasana iyi nyubako kandi byaba byiza bashatse extincteur zakwitabazwa igihe havutse inkongi zoroheje.

munyaneza yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

polisi ni iyo gushimirwa cyane kuba yabashije gukumira umuriro ntufate izindi nyubako. aba bana bihangane cyane,nibaze ko kiriya kigo cyari gifite ubwishingizi.

shingiro yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka