Amacumbi y’abanyeshuri ba Ecole de Science Byimana yahiye

Ahagana saa mbiri mu gitondo cya tariki 23/04/2013 inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu biga kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu mu kigo Ecole de Science Byimana.

Aya macumbi yatangiye gushya igihe abanyeshuri bayararamo bari bamaze gusohokamo ako kanya bagiye kwinjira mu mashuri ngo bakurikirane amasomo.

Iyi nyubako yatangiye gushya saa mbiri izima saa yine ubwo hari hamaze kugera imodoko za Polisi ishinzwe kuzimya umuriro “kizamyamwoto”.

Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.
Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.

Frere Gahima Alphonse utaramara ukwezi ayobora Ecole des Science de Byimana yavuze ko batazi icyateye iyi nkongi y’umuriro.

Uyu muyobozi asaba inzego zibishinzwe kubaba hafi kugirango hashakishwe uko aba banyeshuri bakomeza amasomo yabo.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, yashimiye inzego n’abantu bose bagaragaye mu gikorwa cyo gutabara bazimya uyu muriro utashoboye gufata izindi nyubako.

Frere Gahima, umuyobozi w'ishuri ES Byimana.
Frere Gahima, umuyobozi w’ishuri ES Byimana.

Uyu muyozi yakomeje avuga ko ubu abanyeshuri bagiye kuba boherejwe iwabo mu gihe cy’icyumweru kugirango bafatanye gushaka ibikoresho by’ishuri kuko ibindi byose byakongokeye muri uyu muriro.

Bamwe mu banyeshuri twaganiriye wabonaga bahungabanye bavuga ko babajwe n’amakaye yabo ndetse n’ibindi bikoresho byose byahiye bibaza uko bazabigenza kugira ngo bongere kubona notes zose z’igihembwe gishize.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, hari hataramenyekana icyateje iyi nkongi y’umuriro ndetse n’agaciro k’ibintu byahiriyemo.

Bimwe mu bikoresho byasohowe uyu muriro ugitangira gufata iyi nyubako.
Bimwe mu bikoresho byasohowe uyu muriro ugitangira gufata iyi nyubako.
Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.
Polisi ishinzwe kuzimya umuriro yatabaye.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 25 )

Imana yari ifite icyo ishaka kubereka

basoma b. aloysie yanditse ku itariki ya: 22-05-2015  →  Musubize

pole pole kabisa bibaho mu buzima kandi ntibibace intege mukomeze mwige cyane.

dukuze celine yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

Mukuri nugusha rugira yabarinze gusa EWSA yisubireho kuko ibyayo ntabwo bisobanutse

zabron yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

rwese icyo navuga dushimire Imana yatabaye nabo banyeshuri pee ariko murirusange birababaje pee rwose abanyeyi babo banyeshuri bihangane ibyago ntago biteguza.

Ballos nizeye yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

nibihangane,kandi ntibacike intege,bakomeze umurego mu myigire.

Gakuba Aloys yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

ndabanza kwihanganisha abo bana nanashima imana yatumye hashya batarimo ariko ingaruka zabyo zagakwiye kwirengeerwa n,ikigo kuko ubwabyo ni amakosa kutagira ubwishingizi.

emmanuel niyibizi yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

police yagize neza gutabara ikindi nugushima Imana kuba nta mwana wahiriyemo .so, abobana ni bihangane.

love yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

EWSA issue & respinsibility.

Dido yanditse ku itariki ya: 24-04-2013  →  Musubize

Ni uguteganya vuba uburyoibigobyamashuli byarindwa inkongi yumuriro cyane cyaneibishaje, bicumbikira abanyeshuli.

GAFUKU yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Mwihangane tubafashe mu mugongo nkabahize twese. jyewe nahavuye 2010 gusa turacyari kumwe.Twiteguye kubafasha gusa mutumenyeshe twabikora gute nizere ko umuriro uttazahungabanya uko twatsinaga. Sorry frere bana bawe turi hafi aho nimutangira gusiza muzatubwire tuze.thanks

Jean claude aka free-one yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

yoo, ndababaye cyane. nkumunyeshuli wize muri ecole des sciences de byimana byumwihariko nkaba muri iriya nyubako igihe kinini. gusa Imana ishimwe ko ntawahasize ubuzima.

Nyandwi sylvain yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Twihanganishije iki kigo cyahuye n’impanuka y’inkongi y’umuriro by’umwihariko abanyeshuri baburiyemo ibintu byabo bihangane cyane.

shyirambere jean Claude yanditse ku itariki ya: 23-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka